Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakwiye gutinyuka gutwika imirambo: Inama zitangwa nyuma yuko bigaragaye ko amarimbi azaba ikibazo

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda bakwiye gutinyuka gutwika imirambo: Inama zitangwa nyuma yuko bigaragaye ko amarimbi azaba ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko irimbi rya Nyamirambo rifunzwe kuko ryuzuye, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko hari gushakwa umuti w’ikibazo cy’ubutaka bwo gushyinguramo bukomeza gushira, hagatekerezwa uburyo abantu batangira gutwika imirambo y’abantu, ndetse no kuba hakubakwa inzu nini zo gushyinguramo nk’uko bikorwa ahandi.

Mu ntangiro z’iki cyumweru, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamirambo bwandikiye ibaruwa Kompanyi ya RIP Company Ltd ikurikirana ibikorwa byo gushyingura mu Irimbi rya Nyamirambo buyimenyesha ko ibikorwa byo kurishyinguramo bigomba guhagarara, kuko bigaragara ko risa n’iryuzuye.

Ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo, Uwera Claudine yavugaga ko iki cyemezo “gishingira ku bugenzuzi bwakozwe n’itsinda ry’Umurenge aho bagaragaza ko musigaye mushyingura mu mbago z’umuhanda kandi mukaba mwarihanangiriwe kenshi ndetse mukanagirwa inama ariko ntimuzubahirize.”

Iyi baruwa y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo yandikiye RIP Company Ltd, yakomezaga igira iti “Mbandikiye mbamenyesha ibi bikunikira: Gubagarika gushyingura mu irimbi rya Nyamirambo uhereye igihe uboneye iyi baruwa, Gutegura icyapa kigaragaza ko irimbi rifunze kagira ngo ababagana bamenye ayo makuru.”

Imibare igaragaza ko iri rimbi rya nyamirambo ryatangiye gukoreshwa kuva muri 2018, rikaba riruhukiyemo abantu barenga 1 600.

Ni mu gihe hakunze kugaragazwa ikibazo cy’ubutaka bwo gushyinguramo bukomeje gushira, aho bamwe bavuga ko hakwiye gutekerezwa ubundi buryo bwakwifashishwa.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ubutaka bwo gushyinguraho bigaragara ko bukomeje kuba ikibazo, nyamara n’abantu na bo bakomeza gukenera aho gutura, icyakora aboneraho kugira inama abantu.

Yagize ati “Umujyi urakura, kandi tugomba kubyumva ko umuntu adashyingura mu rugo, turareba n’uburyo bwo gutoza Abanyarwanda ubundi buryo bwo gushyinguramo, nko gutwika imibiri hakaboneka ivu, hakaba n’ibyo kubaka amazu Manini yo gushyinguramo. Ibyo byose ni byo turi gutekereza mu gihe kirambye.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko muri uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda, habarurwa amarimbi arenga 30.

Muri Mata uyu mwaka ubwo Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yagezaga ku Nteko Rusange raporo ku ikurikiranwa ry’ibibazo biri mu gushyira mu bikorwa itegeko rigena imitunganyirizwe n’imikoresherezwe y’amarimbi mu Rwanda, Abadepite bagarutse ku kibazo cy’amarimbi akomeje kuzura, nyamara hashize imyaka 10 hemejwe itegeko ryo gutwika imirambo.

Icyo gihe Hon. Ruku Rwabyoma, yavuze ko ahateganyirijwe kuzashyingurwa abantu, hagakwiye kuba habyazwa undi musaruro.

Yagize ati “Hakwiye kuba hahinze ibigori, habyara umusaruro ngo hazigamiwe aba bantu. Dukwiye kuva muri iyo myumvire ntabwo waba ugiye ngo unahende. Mureke dutinyuke nk’ahandi ntabwo ari iby’abantu bamwe baturutse ahantu runaka, twigira no ku bandi. Imico hari ukuntu yagiye ihura, niba ubonye ibintu byiza dukwiye na byo kubyakira.”

Bivugwa ko n’imashini zo kwifashishwa mu gutwika imirambo zitaraboneka mu Rwanda, mu gihe n’ubundi imyumvire n’umucyo by’Abanyarwanda bitarabyakira ko ababo bitabye Imana, babatwika, bagashyingura ivu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Somalia: Uwarokotse igitero cy’umwiyahuzi witurikirijeho igisasu muri resitora yarimo abasirikare yavuze ibyakibanjirije

Next Post

Rwanda Facing Criticism on the Treatment of Its Prisoners: A Response Based on Facts

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda Facing Criticism on the Treatment of Its Prisoners: A Response Based on Facts

Rwanda Facing Criticism on the Treatment of Its Prisoners: A Response Based on Facts

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.