Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakwiye gutinyuka gutwika imirambo: Inama zitangwa nyuma yuko bigaragaye ko amarimbi azaba ikibazo

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda bakwiye gutinyuka gutwika imirambo: Inama zitangwa nyuma yuko bigaragaye ko amarimbi azaba ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko irimbi rya Nyamirambo rifunzwe kuko ryuzuye, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko hari gushakwa umuti w’ikibazo cy’ubutaka bwo gushyinguramo bukomeza gushira, hagatekerezwa uburyo abantu batangira gutwika imirambo y’abantu, ndetse no kuba hakubakwa inzu nini zo gushyinguramo nk’uko bikorwa ahandi.

Mu ntangiro z’iki cyumweru, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamirambo bwandikiye ibaruwa Kompanyi ya RIP Company Ltd ikurikirana ibikorwa byo gushyingura mu Irimbi rya Nyamirambo buyimenyesha ko ibikorwa byo kurishyinguramo bigomba guhagarara, kuko bigaragara ko risa n’iryuzuye.

Ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo, Uwera Claudine yavugaga ko iki cyemezo “gishingira ku bugenzuzi bwakozwe n’itsinda ry’Umurenge aho bagaragaza ko musigaye mushyingura mu mbago z’umuhanda kandi mukaba mwarihanangiriwe kenshi ndetse mukanagirwa inama ariko ntimuzubahirize.”

Iyi baruwa y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo yandikiye RIP Company Ltd, yakomezaga igira iti “Mbandikiye mbamenyesha ibi bikunikira: Gubagarika gushyingura mu irimbi rya Nyamirambo uhereye igihe uboneye iyi baruwa, Gutegura icyapa kigaragaza ko irimbi rifunze kagira ngo ababagana bamenye ayo makuru.”

Imibare igaragaza ko iri rimbi rya nyamirambo ryatangiye gukoreshwa kuva muri 2018, rikaba riruhukiyemo abantu barenga 1 600.

Ni mu gihe hakunze kugaragazwa ikibazo cy’ubutaka bwo gushyinguramo bukomeje gushira, aho bamwe bavuga ko hakwiye gutekerezwa ubundi buryo bwakwifashishwa.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ubutaka bwo gushyinguraho bigaragara ko bukomeje kuba ikibazo, nyamara n’abantu na bo bakomeza gukenera aho gutura, icyakora aboneraho kugira inama abantu.

Yagize ati “Umujyi urakura, kandi tugomba kubyumva ko umuntu adashyingura mu rugo, turareba n’uburyo bwo gutoza Abanyarwanda ubundi buryo bwo gushyinguramo, nko gutwika imibiri hakaboneka ivu, hakaba n’ibyo kubaka amazu Manini yo gushyinguramo. Ibyo byose ni byo turi gutekereza mu gihe kirambye.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko muri uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda, habarurwa amarimbi arenga 30.

Muri Mata uyu mwaka ubwo Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yagezaga ku Nteko Rusange raporo ku ikurikiranwa ry’ibibazo biri mu gushyira mu bikorwa itegeko rigena imitunganyirizwe n’imikoresherezwe y’amarimbi mu Rwanda, Abadepite bagarutse ku kibazo cy’amarimbi akomeje kuzura, nyamara hashize imyaka 10 hemejwe itegeko ryo gutwika imirambo.

Icyo gihe Hon. Ruku Rwabyoma, yavuze ko ahateganyirijwe kuzashyingurwa abantu, hagakwiye kuba habyazwa undi musaruro.

Yagize ati “Hakwiye kuba hahinze ibigori, habyara umusaruro ngo hazigamiwe aba bantu. Dukwiye kuva muri iyo myumvire ntabwo waba ugiye ngo unahende. Mureke dutinyuke nk’ahandi ntabwo ari iby’abantu bamwe baturutse ahantu runaka, twigira no ku bandi. Imico hari ukuntu yagiye ihura, niba ubonye ibintu byiza dukwiye na byo kubyakira.”

Bivugwa ko n’imashini zo kwifashishwa mu gutwika imirambo zitaraboneka mu Rwanda, mu gihe n’ubundi imyumvire n’umucyo by’Abanyarwanda bitarabyakira ko ababo bitabye Imana, babatwika, bagashyingura ivu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Somalia: Uwarokotse igitero cy’umwiyahuzi witurikirijeho igisasu muri resitora yarimo abasirikare yavuze ibyakibanjirije

Next Post

Rwanda Facing Criticism on the Treatment of Its Prisoners: A Response Based on Facts

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo
IBYAMAMARE

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda Facing Criticism on the Treatment of Its Prisoners: A Response Based on Facts

Rwanda Facing Criticism on the Treatment of Its Prisoners: A Response Based on Facts

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.