Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri batinze kujya ku ishuri bagaragaje icyabibateye

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri batinze kujya ku ishuri bagaragaje icyabibateye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, batinze kuhagera, bavuga ko batabitewe n’agasuzuguro cyangwa kutabiha agaciro, ahubwo ko bamwe babitewe n’ubushobozi bucye bw’imiryango yabo, bwatumye batabonera ibikoresho ku gihe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiye muri gare ya Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, ahari abanyeshuri benshi bagiye gufata imodoka ziberecyeza ku Bigo by’amashuri.

Ni mu gihe ingengabihe yo gusubira ku mashuri yagombaga kurangira mu mpera z’icyumweru gishize, ariko kugeza kuri uyu wa Kabiri abanyeshuri bari bakiri mu nzira.

Bamwe mu banyeshuri batari bagera ku bigo by’amashuri bigaho, babwiye RADIOTV10 babitewe n’amikoro macye y’imiryango yabo yatumye batabonera ku gihe ibikoresho n’amafaranga y’ishuri.

Umwe yagize ati “Impamvu nakerewe ni uko ibikoresho ari bwo byari bibonetse kandi ntabwo najya ku ishuri ntabifite byuzuye, ntabwo banyakira.”

Ni ikibazo gihuriweho kandi n’abandi banyeshuri baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko ababyeyi babo bakomeje kubashakishiriza ubushobozi bubafasha gusubira ku mashuri bafite ibikoresho, ariko ko bamwe banagiye bitaraboneka bihagije.

Kuba bamwe mu banyeshuri baratinze gusubira ku mashuri, ndetse na gahunda yabarebaga ikarangira, byatumye imodoka zibura, binatuma bamwe mu bagenzi babura uko berecyeza mu bice baganagamo.

Ikigo gishinzwe Ubugenzuzi bw’Amashuri n’Ibizamini NESA, kivuga ko kiri gukorana n’izindi nzego kugira ngo abanyeshuri bakomeze koroherezwa kujya ku mashuri.

Kavutse Vianney Augustin ukuriye ishami rishinzwe Ireme ry’Uburezi muri NESA, yagize ati “Hari itsinda ririmo RURA na Polisi abanyeshuri barakomeza koroherezwa. Abakozi bo muri gare na bo barabizi ahubwo uwagira ikibazo yabegera bakamufasha.”

NESA kandi ivuga ko abanyeshuri bagiye bahura n’ibibazo byo kutabonera ku gihe imodoka zagombaga kuberecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, bajyendaga bafashwa kubona aho bacumbika, ndetse n’ibyo bafungura, ubundi bagafashwa kwerecyezayo ku munsi ukurikiye

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

Next Post

DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.