Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri batinze kujya ku ishuri bagaragaje icyabibateye

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri batinze kujya ku ishuri bagaragaje icyabibateye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, batinze kuhagera, bavuga ko batabitewe n’agasuzuguro cyangwa kutabiha agaciro, ahubwo ko bamwe babitewe n’ubushobozi bucye bw’imiryango yabo, bwatumye batabonera ibikoresho ku gihe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiye muri gare ya Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, ahari abanyeshuri benshi bagiye gufata imodoka ziberecyeza ku Bigo by’amashuri.

Ni mu gihe ingengabihe yo gusubira ku mashuri yagombaga kurangira mu mpera z’icyumweru gishize, ariko kugeza kuri uyu wa Kabiri abanyeshuri bari bakiri mu nzira.

Bamwe mu banyeshuri batari bagera ku bigo by’amashuri bigaho, babwiye RADIOTV10 babitewe n’amikoro macye y’imiryango yabo yatumye batabonera ku gihe ibikoresho n’amafaranga y’ishuri.

Umwe yagize ati “Impamvu nakerewe ni uko ibikoresho ari bwo byari bibonetse kandi ntabwo najya ku ishuri ntabifite byuzuye, ntabwo banyakira.”

Ni ikibazo gihuriweho kandi n’abandi banyeshuri baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko ababyeyi babo bakomeje kubashakishiriza ubushobozi bubafasha gusubira ku mashuri bafite ibikoresho, ariko ko bamwe banagiye bitaraboneka bihagije.

Kuba bamwe mu banyeshuri baratinze gusubira ku mashuri, ndetse na gahunda yabarebaga ikarangira, byatumye imodoka zibura, binatuma bamwe mu bagenzi babura uko berecyeza mu bice baganagamo.

Ikigo gishinzwe Ubugenzuzi bw’Amashuri n’Ibizamini NESA, kivuga ko kiri gukorana n’izindi nzego kugira ngo abanyeshuri bakomeze koroherezwa kujya ku mashuri.

Kavutse Vianney Augustin ukuriye ishami rishinzwe Ireme ry’Uburezi muri NESA, yagize ati “Hari itsinda ririmo RURA na Polisi abanyeshuri barakomeza koroherezwa. Abakozi bo muri gare na bo barabizi ahubwo uwagira ikibazo yabegera bakamufasha.”

NESA kandi ivuga ko abanyeshuri bagiye bahura n’ibibazo byo kutabonera ku gihe imodoka zagombaga kuberecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, bajyendaga bafashwa kubona aho bacumbika, ndetse n’ibyo bafungura, ubundi bagafashwa kwerecyezayo ku munsi ukurikiye

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

Next Post

DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

Related Posts

Things to leave behind with the end of the week

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Every new week is a quiet reset, a chance to step forward without dragging the emotional and mental clutter of...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.