Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri batinze kujya ku ishuri bagaragaje icyabibateye

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri batinze kujya ku ishuri bagaragaje icyabibateye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, batinze kuhagera, bavuga ko batabitewe n’agasuzuguro cyangwa kutabiha agaciro, ahubwo ko bamwe babitewe n’ubushobozi bucye bw’imiryango yabo, bwatumye batabonera ibikoresho ku gihe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiye muri gare ya Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, ahari abanyeshuri benshi bagiye gufata imodoka ziberecyeza ku Bigo by’amashuri.

Ni mu gihe ingengabihe yo gusubira ku mashuri yagombaga kurangira mu mpera z’icyumweru gishize, ariko kugeza kuri uyu wa Kabiri abanyeshuri bari bakiri mu nzira.

Bamwe mu banyeshuri batari bagera ku bigo by’amashuri bigaho, babwiye RADIOTV10 babitewe n’amikoro macye y’imiryango yabo yatumye batabonera ku gihe ibikoresho n’amafaranga y’ishuri.

Umwe yagize ati “Impamvu nakerewe ni uko ibikoresho ari bwo byari bibonetse kandi ntabwo najya ku ishuri ntabifite byuzuye, ntabwo banyakira.”

Ni ikibazo gihuriweho kandi n’abandi banyeshuri baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko ababyeyi babo bakomeje kubashakishiriza ubushobozi bubafasha gusubira ku mashuri bafite ibikoresho, ariko ko bamwe banagiye bitaraboneka bihagije.

Kuba bamwe mu banyeshuri baratinze gusubira ku mashuri, ndetse na gahunda yabarebaga ikarangira, byatumye imodoka zibura, binatuma bamwe mu bagenzi babura uko berecyeza mu bice baganagamo.

Ikigo gishinzwe Ubugenzuzi bw’Amashuri n’Ibizamini NESA, kivuga ko kiri gukorana n’izindi nzego kugira ngo abanyeshuri bakomeze koroherezwa kujya ku mashuri.

Kavutse Vianney Augustin ukuriye ishami rishinzwe Ireme ry’Uburezi muri NESA, yagize ati “Hari itsinda ririmo RURA na Polisi abanyeshuri barakomeza koroherezwa. Abakozi bo muri gare na bo barabizi ahubwo uwagira ikibazo yabegera bakamufasha.”

NESA kandi ivuga ko abanyeshuri bagiye bahura n’ibibazo byo kutabonera ku gihe imodoka zagombaga kuberecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, bajyendaga bafashwa kubona aho bacumbika, ndetse n’ibyo bafungura, ubundi bagafashwa kwerecyezayo ku munsi ukurikiye

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

Next Post

DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.