• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abapolisi b’u Rwanda basimbuwe muri Sudani y’Epfo bavuze uko ubutumwa bwagenze

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abapolisi b’u Rwanda basimbuwe muri Sudani y’Epfo bavuze uko ubutumwa bwagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Abapolisi b’u Rwanda berecyeje muri Sudani y’Epfo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, basimbura bagenzi babo bagiye gukorera mu ngata bari bamazeyo umwaka, na bo bageze mu Rwanda bavuga ko bakoze byinshi birimo n’ibyo basize batoje abaturage.

Aba Bapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU-I  bakoze izi ngenzo ziberecyeza n’izibavana muri Sudani y’Epfo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kamena 2024, aho aberecyejeyo bagiye mu gitondo, mu gihe ababasimbuye, bageze mu Rwanda ku mugoroba.

Bagiye mu butumwa bw’amahoro mu gace ka Malakal ko mu Ntara ya Upper Nile State, aho bagenzi babo basimbuye bari bamaze umwaka bakorera.

CP Wilson Kayitare wakiriye ku kibuga cy’indege, aba Bapolisi bavuye mu butumwa, yabashimiye akazi keza bakoze mu gihe cy’umwaka bamazeyo haba mu myitwarire isanzwe ndetse n’imikorere mu kazi.

Yagize ati “Tubashimira uko mwitwaye mugahesha ishema Igihugu ndetse na Polisi y’u Rwanda by’umwihariko kuko ibikorwa mwakoze byaba ibyo kurinda abaturage mwari mushinzwe, n’ibindi bijyanye no guteza imbere imibereho myiza yabo, ubwabyo birivugira kandi n’amahanga arabishima.”

SP Cassim Mbabazi, Umuyobozi Wungirije wari uyoboye iri tsinda rivuye mu butumwa bw’amahoro, yavuze ko muri uyu mwaka bamazeyo, bakoze byinshi yaba ibyo bakoze ubwabo ndetse n’ibyo bafatanyije n’abandi.

Yagize ati “Inshingano ya mbere twari dufite kwari ugucungira umutekano abaturage bari mu nkambi ariko twakoze n’ibindi bikorwa dufatanya n’abaturage baho ndetse n’izindi nzego zihakorera zishinzwe kubungabunga amahoro cyane cyane ibijyanye n’isuku, iterambere n’ibindi.”

Yavuze ko hakozwe ibikorwa bisigasira imibereho myiza y’abaturage, nk’ibimenyerewe mu Rwanda, nko gutera ibiti, kubaka uturima tw’igikoni, ndetse banakora umuganda banasiga bawigishije abaturage.

Aberecyeje muri Sudani y’Epfo bagiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Congo: Tshisekedi yategetse ikigomba gukorwa nyuma y’impanuka ikanganye y’ubwato bwarimo abagenzi 270

Next Post

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hatangajwe igikekwa ku munyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.