Monday, August 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in MU RWANDA
0
Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva urukingo rwa COVID-19 rwatangira gutangwa mu Rwanda, ikigo cy’igihugu kita ku buzima (RBC) kigaragaza ko Abanyarwanda barenga miliyoni ebyiri bamaze kugerwaho n’iyi gahunda mu gihe miliyoni imwe n’igice muri aba bafashe inking ebyiri.

Nk’uko bigaragara muri raporo ya RBC, kugeza ubu 21% muri miliyoni 7,8 ziteganyijwe gukingirwa mu Rwanda (60% by’abanyarwanda), nibo bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19 ku  buryo bwuzuye. Ni ukuvuga ko hamaze gukingirwa 12.6% muri miliyoni 13 z’abaturage bose.

Minisitiri w’ubuzima, Dr.Daniel Ngamije agaragaza ko hari intambwe ishimishije imaze guterwa mu gikorwa cyo gukingira abaturage COVID-19.

“Kuba tumaze gukingira abantu barenga miliyoni ebyiri ni intambwe ikomeye tumaze gutera ariko urugendo rurakomeje”

Dr.Daniel Ngamije yakomeje agira ati “Leta y’u Rwanda irakora ibishoboka byose kugira ngo ibone inkingo zikenewe kandi irashimira abafatanyabikorwa bose badutera ingabo mu bitugu kugira ngo inkingo zikenewe kandi zigere ku baturage bacu. Turateganya ko mu mpera z’uyu mwaka tugomba kuba tumaze gukingira abantu bagera kuri 30% by ‘abagomba gukingirwa”

How Cross Border Trade Between Rwanda, DRC Escalated COVID-19 Infections –  KT PRESS

Minisitiri w’ubuzima, Dr.Daniel Ngamije avuga ko urugendo rugikomeje

Kugeza ubu u Rwanda rumaze kwakira inkingo za COVID-19 zigera kuri 3,658,310 zabonetse muri gahunda ya COVAX yo gusaranganya inkingo kimwe na gahunda ya AVAT, gahunda yashyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’abibumbye kugira ngo hashakwe inkingo za COVID-19 zo kunganira izindi gahunda muri urwo rwego.

Rwanda: Abanyamakuru n'abarimu ba kaminuza bakingiwe Covid - BBC News Gahuza

Abanyarwanda barenga  miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Izindi nkingo zabonetse mu rwego rw’ubutwereranye u Rwanda rufitanye n’ibindi bihugu ndetse hari n’izaguzwe na leta y’u Rwanda ku bufatanye na Banki y’isi.

Imbaraga Leta y’u Rwanda yashyize mu gukingira abaturage COVID-19 zatumye umubare w’abandura icyo cyorezo uva ku 10% muri Nyakanga na Kanama 2021 ubu ukaba ugeze kuri 3% muri Nzeri 2021. Ibi byatumye hari ibikorwa byongeye gufungurwa mu rwego rwo guteza imbere ubukungu ari nako dukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa byo kwirinda iki cyorezo.

 

 

 

 

 

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + four =

Previous Post

Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango

Next Post

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.