Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in MU RWANDA
0
Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva urukingo rwa COVID-19 rwatangira gutangwa mu Rwanda, ikigo cy’igihugu kita ku buzima (RBC) kigaragaza ko Abanyarwanda barenga miliyoni ebyiri bamaze kugerwaho n’iyi gahunda mu gihe miliyoni imwe n’igice muri aba bafashe inking ebyiri.

Nk’uko bigaragara muri raporo ya RBC, kugeza ubu 21% muri miliyoni 7,8 ziteganyijwe gukingirwa mu Rwanda (60% by’abanyarwanda), nibo bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19 ku  buryo bwuzuye. Ni ukuvuga ko hamaze gukingirwa 12.6% muri miliyoni 13 z’abaturage bose.

Minisitiri w’ubuzima, Dr.Daniel Ngamije agaragaza ko hari intambwe ishimishije imaze guterwa mu gikorwa cyo gukingira abaturage COVID-19.

“Kuba tumaze gukingira abantu barenga miliyoni ebyiri ni intambwe ikomeye tumaze gutera ariko urugendo rurakomeje”

Dr.Daniel Ngamije yakomeje agira ati “Leta y’u Rwanda irakora ibishoboka byose kugira ngo ibone inkingo zikenewe kandi irashimira abafatanyabikorwa bose badutera ingabo mu bitugu kugira ngo inkingo zikenewe kandi zigere ku baturage bacu. Turateganya ko mu mpera z’uyu mwaka tugomba kuba tumaze gukingira abantu bagera kuri 30% by ‘abagomba gukingirwa”

How Cross Border Trade Between Rwanda, DRC Escalated COVID-19 Infections –  KT PRESS

Minisitiri w’ubuzima, Dr.Daniel Ngamije avuga ko urugendo rugikomeje

Kugeza ubu u Rwanda rumaze kwakira inkingo za COVID-19 zigera kuri 3,658,310 zabonetse muri gahunda ya COVAX yo gusaranganya inkingo kimwe na gahunda ya AVAT, gahunda yashyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’abibumbye kugira ngo hashakwe inkingo za COVID-19 zo kunganira izindi gahunda muri urwo rwego.

Rwanda: Abanyamakuru n'abarimu ba kaminuza bakingiwe Covid - BBC News Gahuza

Abanyarwanda barenga  miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Izindi nkingo zabonetse mu rwego rw’ubutwereranye u Rwanda rufitanye n’ibindi bihugu ndetse hari n’izaguzwe na leta y’u Rwanda ku bufatanye na Banki y’isi.

Imbaraga Leta y’u Rwanda yashyize mu gukingira abaturage COVID-19 zatumye umubare w’abandura icyo cyorezo uva ku 10% muri Nyakanga na Kanama 2021 ubu ukaba ugeze kuri 3% muri Nzeri 2021. Ibi byatumye hari ibikorwa byongeye gufungurwa mu rwego rwo guteza imbere ubukungu ari nako dukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa byo kwirinda iki cyorezo.

 

 

 

 

 

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + thirteen =

Previous Post

Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango

Next Post

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.