Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

radiotv10by radiotv10
25/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Polisi ya Kenya yategetse ko itsinda rishinzwe umutekano wa Perezida William Ruto rihindurwa vuba na bwangu nyuma yuko hari umuturage ubaciye mu rihumye akamugeraho ubwo yatangaga imbwirwaruhame kuri iki Cyumweru.

Mu mashusho yasakaye cyane kuri interineti, umugabo ufite igisa na Bibiliya yuriye aho Perezida Ruto yari ari mu gikorwa cyo gushimira Imana kuri iki Cyumweru, ashyira ukuboko kwe kw’ibumoso kuri Ruto.

Hakurikiyeho impagarara zihuse, abashinzwe kurinda basunika uwo mugabo hasi.

Nta muntu wakomeretse ariko Umuyobozi Mukuru wa Polisi, Douglas Kanja yavuze ko igikorwa cyose nka kiriya cy’umutekano gikorerwa Perezida “kitemewe” kandi avuga ko ari ikibazo “gihangayikishije cyane igihugu.”

Umuyobozi mushya w’ishami rishinzwe abarinzi ba Perezida yashyizweho, mu gihe abandi bakozi bakuru bakuweho, abandi bashyirwa mu kiruhuko.

Kanja yavuze kandi ko umuntu wese uri mu birori rusange birimo Perezida cyangwa abandi bayobozi Bakuru b’Igihugu agomba gukurikiza inzira z’umutekano, yongeraho ko “igerageza ryose ryo guhungabanya umutekano rizakorwa ritazihanganirwa.”

Ruto yagaragaye ko atunguwe n’ibyabaye ahita avuga ati “Mureke uwo musore. Uwo musore ntakibazo afite.” Kugeza ubu ntiharatangazwa amazina y’uyu mugabo, ndetse nta n’andi y’ibyakurikiyeho arajya hanze, niba yarafashwe.

Polisi yashyizeho itsinda ryihariye ryo gukora iperereza ku buryo uwo mugabo yashoboye kurenga inzego nyinshi z’umutekano, akagera kuri Perezida.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 3 =

Previous Post

Amakuru mashya: Uganda yemeje abandi barwayi bashya b’icyorezo cya Ebola batumye umubare wiyongera

Related Posts

Amakuru mashya: Uganda yemeje abandi barwayi bashya b’icyorezo cya Ebola batumye umubare wiyongera

Amakuru mashya: Uganda yemeje abandi barwayi bashya b’icyorezo cya Ebola batumye umubare wiyongera

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisiteri y'Ubuzima muri Uganda yatangaje ko hari abandi bantu babiri bemejwe ko banduye Ebola, bitumye umubare w'abanduye bose bamenyekanye muri...

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

by radiotv10
25/05/2026
0

Igitero cy’indege zitagira abapilote cyageragejwe ku Kibuga cy’Indege cya Bangboka i Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

by radiotv10
25/05/2026
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwaye abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro muri Uganda, yakoreye impanuka mu muhanda...

IZIHERUKA

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo
AMAHANGA

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

by radiotv10
25/05/2026
0

Amakuru mashya: Uganda yemeje abandi barwayi bashya b’icyorezo cya Ebola batumye umubare wiyongera

Amakuru mashya: Uganda yemeje abandi barwayi bashya b’icyorezo cya Ebola batumye umubare wiyongera

25/05/2026
Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Amakuru mashya: Uganda yemeje abandi barwayi bashya b’icyorezo cya Ebola batumye umubare wiyongera

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.