Urwego rw’Umuvunyi rugaragaza ko bimwe mu bibazo abaturage bakunze guhura na byo bikomeje kudakemuka, ahanini bitewe n’uko bamwe bahitamo inzira y’inkiko, rimwe na rimwe bakanga imyanzuro itangwa n’inzego z’ibanze cyangwa ubutabera bwunga, bikarangira batakaje umutungo n’ubushobozi.
Ibi byagarutsweho mu ruzinduko rw’icyumweru Umuvunyi yagiriye mu Ntara y’Amajyepfo, aho yasuye imirenge igize Akarere ka Gisagara.
Yagaragaje ko ibyinshi mu bibazo yakiriye byari byarananiwe gukemuka kuko bamwe mu baburanyi bahisemo kujya mu nkiko bakanga imyanzuro y’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze cyangwa iy’ubutabera bwunga. Hari n’abakomeza kuburana na nyuma yo gutsindwa, bashaka kwemeza abo baburana, bigatuma bakomeza gutakaza amafaranga n’umutungo, nk’uko byagarutsweho n’Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane, Hon. Yankurije Odette.
Yagize ati: “Hari abaturage bakomeza gusiragira mu nkiko kandi baratsinzwe, bakanga no kwakira imyanzuro yatanzwe. Ibi bituma batakaza umutungo wabo bikabashyira mu bukene. Politiki ya Leta y’u Rwanda ni uguteza imbere ubutabera bwunga. Turashishikariza abaturage kwitabira ubutabera bwunga birinda gusiragira mu nkiko.”
Bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Kansi, Ndora, Save na Kibilizi bavuga ko imanza zabamazeho imitungo yabo. Hari abemeza ko amafaranga batanze mu manza, yaba ay’abunganizi mu mategeko cyangwa ayo kwishyura ibihano n’amagarama y’urukiko, yabasize mu bukene, ku buryo bicuza kuba barahisemo inzira y’inkiko aho kwemera gukemurirwa ikibazo binyuze mu bwumvikane.
Umuvunyi Wungirije yasabye abaturage kwirinda kwishora mu manza zidafite ishingiro cyangwa gukomeza kuburana nyuma yo gutsindwa, abasaba kwegera inzego zibegereye zirimo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ubutabera bwunga, kugira ngo bakemure amakimbirane mu buryo bwumvikanyweho, birinde igihombo n’amakimbirane ashobora kubakururira ubukene.
Yashimangiye ko ubutabera bwunga bufasha kubungabunga ubumwe n’ubwiyunge mu baturage, bukarinda ko amakimbirane ahinduka inzigo cyangwa intandaro y’ubukene mu miryango.
Urwego rw’Umuvunyi rukomeza gusaba abaturage gushishoza mbere yo kujya mu nkiko no guha agaciro inzira z’ubwumvikane, kuko akenshi ari zo zitanga ibisubizo birambye kandi bidahenze.




Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10









