Saturday, February 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

radiotv10by radiotv10
28/02/2026
in MU RWANDA
0
Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Umuvunyi rugaragaza ko bimwe mu bibazo abaturage bakunze guhura na byo bikomeje kudakemuka, ahanini bitewe n’uko bamwe bahitamo inzira y’inkiko, rimwe na rimwe bakanga imyanzuro itangwa n’inzego z’ibanze cyangwa ubutabera bwunga, bikarangira batakaje umutungo n’ubushobozi.

Ibi byagarutsweho mu ruzinduko rw’icyumweru Umuvunyi yagiriye mu Ntara y’Amajyepfo, aho yasuye imirenge igize Akarere ka Gisagara.

Yagaragaje ko ibyinshi mu bibazo yakiriye byari byarananiwe gukemuka kuko bamwe mu baburanyi bahisemo kujya mu nkiko bakanga imyanzuro y’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze cyangwa iy’ubutabera bwunga. Hari n’abakomeza kuburana na nyuma yo gutsindwa, bashaka kwemeza abo baburana, bigatuma bakomeza gutakaza amafaranga n’umutungo, nk’uko byagarutsweho n’Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane, Hon. Yankurije Odette.

Yagize ati: “Hari abaturage bakomeza gusiragira mu nkiko kandi baratsinzwe, bakanga no kwakira imyanzuro yatanzwe. Ibi bituma batakaza umutungo wabo bikabashyira mu bukene. Politiki ya Leta y’u Rwanda ni uguteza imbere ubutabera bwunga. Turashishikariza abaturage kwitabira ubutabera bwunga birinda gusiragira mu nkiko.”

Bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Kansi, Ndora, Save na Kibilizi bavuga ko imanza zabamazeho imitungo yabo. Hari abemeza ko amafaranga batanze mu manza, yaba ay’abunganizi mu mategeko cyangwa ayo kwishyura ibihano n’amagarama y’urukiko, yabasize mu bukene, ku buryo bicuza kuba barahisemo inzira y’inkiko aho kwemera gukemurirwa ikibazo binyuze mu bwumvikane.

Umuvunyi Wungirije yasabye abaturage kwirinda kwishora mu manza zidafite ishingiro cyangwa gukomeza kuburana nyuma yo gutsindwa, abasaba kwegera inzego zibegereye zirimo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ubutabera bwunga, kugira ngo bakemure amakimbirane mu buryo bwumvikanyweho, birinde igihombo n’amakimbirane ashobora kubakururira ubukene.

Yashimangiye ko ubutabera bwunga bufasha kubungabunga ubumwe n’ubwiyunge mu baturage, bukarinda ko amakimbirane ahinduka inzigo cyangwa intandaro y’ubukene mu miryango.

Urwego rw’Umuvunyi rukomeza gusaba abaturage gushishoza mbere yo kujya mu nkiko no guha agaciro inzira z’ubwumvikane, kuko akenshi ari zo zitanga ibisubizo birambye kandi bidahenze.

Umuvunyi Wungirije yasabye abaturage kwitabira ubutabera bwunga

Abaturage batanze ibibazo byabo

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 13 =

Previous Post

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

Related Posts

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

by radiotv10
28/02/2026
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yasuye serivisi nshya zatangijwe mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), zirimo imashini zigezweho mu...

How to shower properly and how often to bathe

How to shower properly and how often to bathe

by radiotv10
28/02/2026
0

Showering is something most of us do every day without thinking much about it. It feels simple water, soap, rinse,...

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

by radiotv10
27/02/2026
0

Hagiye hanze amakuru avuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zateganyaga gufatira u Rwanda, byahagaritswe burundu kubera dipolomasi yo...

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

by radiotv10
27/02/2026
0

Umugabo uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitirwa n’umugore we mu ruhame, avuga ko na we yabigizemo uruhare kuko yari yakoze...

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

by radiotv10
27/02/2026
0

Education has always been seen as a pathway to employment. A student walks into university today hoping to prepare for...

IZIHERUKA

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga
MU RWANDA

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

by radiotv10
28/02/2026
0

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

28/02/2026
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

28/02/2026
How to shower properly and how often to bathe

How to shower properly and how often to bathe

28/02/2026
Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

27/02/2026
Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru Djihad yahamijwe ibyaha byo gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

27/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.