Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

radiotv10by radiotv10
28/02/2026
in MU RWANDA
0
Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Umuvunyi rugaragaza ko bimwe mu bibazo abaturage bakunze guhura na byo bikomeje kudakemuka, ahanini bitewe n’uko bamwe bahitamo inzira y’inkiko, rimwe na rimwe bakanga imyanzuro itangwa n’inzego z’ibanze cyangwa ubutabera bwunga, bikarangira batakaje umutungo n’ubushobozi.

Ibi byagarutsweho mu ruzinduko rw’icyumweru Umuvunyi yagiriye mu Ntara y’Amajyepfo, aho yasuye imirenge igize Akarere ka Gisagara.

Yagaragaje ko ibyinshi mu bibazo yakiriye byari byarananiwe gukemuka kuko bamwe mu baburanyi bahisemo kujya mu nkiko bakanga imyanzuro y’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze cyangwa iy’ubutabera bwunga. Hari n’abakomeza kuburana na nyuma yo gutsindwa, bashaka kwemeza abo baburana, bigatuma bakomeza gutakaza amafaranga n’umutungo, nk’uko byagarutsweho n’Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane, Hon. Yankurije Odette.

Yagize ati: “Hari abaturage bakomeza gusiragira mu nkiko kandi baratsinzwe, bakanga no kwakira imyanzuro yatanzwe. Ibi bituma batakaza umutungo wabo bikabashyira mu bukene. Politiki ya Leta y’u Rwanda ni uguteza imbere ubutabera bwunga. Turashishikariza abaturage kwitabira ubutabera bwunga birinda gusiragira mu nkiko.”

Bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Kansi, Ndora, Save na Kibilizi bavuga ko imanza zabamazeho imitungo yabo. Hari abemeza ko amafaranga batanze mu manza, yaba ay’abunganizi mu mategeko cyangwa ayo kwishyura ibihano n’amagarama y’urukiko, yabasize mu bukene, ku buryo bicuza kuba barahisemo inzira y’inkiko aho kwemera gukemurirwa ikibazo binyuze mu bwumvikane.

Umuvunyi Wungirije yasabye abaturage kwirinda kwishora mu manza zidafite ishingiro cyangwa gukomeza kuburana nyuma yo gutsindwa, abasaba kwegera inzego zibegereye zirimo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ubutabera bwunga, kugira ngo bakemure amakimbirane mu buryo bwumvikanyweho, birinde igihombo n’amakimbirane ashobora kubakururira ubukene.

Yashimangiye ko ubutabera bwunga bufasha kubungabunga ubumwe n’ubwiyunge mu baturage, bukarinda ko amakimbirane ahinduka inzigo cyangwa intandaro y’ubukene mu miryango.

Urwego rw’Umuvunyi rukomeza gusaba abaturage gushishoza mbere yo kujya mu nkiko no guha agaciro inzira z’ubwumvikane, kuko akenshi ari zo zitanga ibisubizo birambye kandi bidahenze.

Umuvunyi Wungirije yasabye abaturage kwitabira ubutabera bwunga

Abaturage batanze ibibazo byabo

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

How to shower properly and how often to bathe

Next Post

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.