Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ribabajwe no kubona umuryango mpuzamahanga ukomeje kuruca ukarumira ku bwicanyi buri gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa bukorerwa abatuye mu bice birimo Minembwe, Mikenge, na Karingi muri Kivu y’Epfo.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 19 Gashyantare 2026.
Iri tangazo ryasohowe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangiye avuga ko “hakurikiwe ubwicanyi buri gukorwa buri munsi, kandi bukoranwa ubugome ku baturage bo muri Minembwe, Mikenge, Karingi, no mu misozi miremire ya Kivu y’Epfo, bukozwe n’itsinda ry’ingabo z’iterabwoba zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa, AFC/M23 ibabajwe cyane no gukomeza guceceka k’umuryango mpuzamahanga.”
Kanyuka yakomeje avuga ko ibi bikorwa by’ubugome ndengakamere bikomeje gukorerwa “abaturage b’inzirakarengane kandi badafite kirengera, bukozwe n’ingabo za FARDC, FNDB, Wazalendo, FDLR n’abacancuro b’abanyamahanga, burimo kwangiza icyizere n’ibyifuzo by’abaturage ba Congo byo gukemura ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.”
AFC/M23 ivuga ko ibi bikorwa bidashobora kwihanganirwa birimo gukorwa ku buryo bubabaje, kandi ko ari “ibyaha bikorerwa abagore, abana n’abageze mu zabukuru, ni ukurenga ku mategeko mpuzamahanga y’ubutabazi mu buryo bweruye.”
Iri Huriro rivuga ko ryifuza kumenyesha Abanyekongo, amahanga ndetse n’abayobozi bo mu karere, ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa congo rukomeje ibi bikorwa bihunganya Igihugu ndetse n’akarere k’ibiyaga bigari.
Bati “Uku guceceka, kutagira igikorwa, no kutagira uruhare mu guhagarika ibi byaha bikomeye bigaragaza kwirengagiza inshingano zikomeye za politiki n’amahame yo kurengera ikiremwamuntu, bizagira icyo bibaza amateka.”
Iri huriro kandi rivuga ko ibi byose biri gukorwa bibangamiye amasezerano y’amahoro ya Doha n’ay’i Washington, rikavuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko bwamaramaje mu guhitamo inzira y’intambara.
RADIOTV10










