Friday, February 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

radiotv10by radiotv10
20/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ribabajwe no kubona umuryango mpuzamahanga ukomeje kuruca ukarumira ku bwicanyi buri gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa bukorerwa abatuye mu bice birimo Minembwe, Mikenge, na Karingi muri Kivu y’Epfo.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 19 Gashyantare 2026.

Iri tangazo ryasohowe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangiye avuga ko “hakurikiwe ubwicanyi buri gukorwa buri munsi, kandi bukoranwa ubugome ku baturage bo muri Minembwe, Mikenge, Karingi, no mu misozi miremire ya Kivu y’Epfo, bukozwe n’itsinda ry’ingabo z’iterabwoba zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa, AFC/M23 ibabajwe cyane no gukomeza guceceka k’umuryango mpuzamahanga.”

Kanyuka yakomeje avuga ko ibi bikorwa by’ubugome ndengakamere bikomeje gukorerwa “abaturage b’inzirakarengane kandi badafite kirengera, bukozwe n’ingabo za FARDC, FNDB, Wazalendo, FDLR n’abacancuro b’abanyamahanga, burimo kwangiza icyizere n’ibyifuzo by’abaturage ba Congo byo gukemura ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.”

AFC/M23 ivuga ko ibi bikorwa bidashobora kwihanganirwa birimo gukorwa ku buryo bubabaje, kandi ko ari “ibyaha bikorerwa abagore, abana n’abageze mu zabukuru, ni ukurenga ku mategeko mpuzamahanga y’ubutabazi mu buryo bweruye.”

Iri Huriro rivuga ko ryifuza kumenyesha Abanyekongo, amahanga ndetse n’abayobozi bo mu karere, ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa congo rukomeje ibi bikorwa bihunganya Igihugu ndetse n’akarere k’ibiyaga bigari.

Bati “Uku guceceka, kutagira igikorwa, no kutagira uruhare mu guhagarika ibi byaha bikomeye bigaragaza kwirengagiza inshingano zikomeye za politiki n’amahame yo kurengera ikiremwamuntu, bizagira icyo bibaza amateka.”

Iri huriro kandi rivuga ko ibi byose biri gukorwa bibangamiye amasezerano y’amahoro ya Doha n’ay’i Washington, rikavuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko bwamaramaje mu guhitamo inzira y’intambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 2 =

Previous Post

Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo

Next Post

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Related Posts

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/02/2026
0

Urukiko rwo muri Tunisia rwakatiye umudepite igifungo cy’amezi umunani kubera ubutumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga asebya Perezida Kais Saied, nyuma...

Agezweho: Murumuna w’Umwami w’u Bwongereza wari watawe muri yombi yarekuwe

Agezweho: Murumuna w’Umwami w’u Bwongereza wari watawe muri yombi yarekuwe

by radiotv10
20/02/2026
0

Uwahoze ari igikomangoma cy’u Bwongereza, Andrew Mountbatten-Windsor, murumuna w’Umwami Charles III, yarekuwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gutabwa muri yombi akekwaho...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 condemns International Community’s silence over massacres in Minembwe and other areas

by radiotv10
20/02/2026
0

The AFC/M23 coalition expressed its deep concern over the persistent, deliberate and sustained silence of the international community regarding the...

3 Simple Ways to Live With a Health Condition That Doesn’t Go Away

3 Simple Ways to Live With a Health Condition That Doesn’t Go Away

by radiotv10
20/02/2026
0

Living with a health condition that doesn’t go away can be exhausting. Some days you feel strong. Other days, even...

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

by radiotv10
19/02/2026
0

Abanyamakuru batatu b'i Burundi batawe muri yombi ubwo bari bagiye gutara inkuru kuri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y'iki Gihugu babanza kuhafungirwa...

IZIHERUKA

Attention Deficit Hyperactivity Disorder: What it really is and why it matters
IMIBEREHO MYIZA

Attention Deficit Hyperactivity Disorder: What it really is and why it matters

by radiotv10
20/02/2026
0

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

20/02/2026
Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

20/02/2026
AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

20/02/2026
Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo

Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo

20/02/2026
Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

20/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Attention Deficit Hyperactivity Disorder: What it really is and why it matters

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.