Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo

radiotv10by radiotv10
20/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko kuba Perezida w’u Burundi aherutse kuba Umuyobozi w’Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bishobora kubangamira inzira zo gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo, kuko kiriya Gihugu cyafashe uruhande.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 19 Gashyantare ubwo yari amaze kwakira Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi ushinzwe Imyiteguro y’Ibihe Bidasanzwe, Hadja Lahbib.

Nduhungirehe yavuze ko u Burundi “bushobora kugorana” mu bikorwa by’ubuhuza mu gushaka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma yuko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ahawe inshingano zo kuyobora Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigiza Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, inshingano yatangiye tariki 14 Gashyantare.

Minisitiri Nduhungirehe, agaragaza zimwe mu mpamvu zigaragaza ko u Burundi bushobora kugorana, yavuze ko iki Gihugu gifite ingabo zikorana n’iza Guverinoma ya Congo FARDC mu rugamba zihanganyemo n’abarwanyi ba AFC/M23.

Muri iki kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Nduhungirehe yavuze ko “biteye impungenge” kuba u Burundi bufite uruhare mu ntambara iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “mu isura mbi.”

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ingabo z’u Burundi zagose Umuryango w’umuryango w’Abanyamulenge mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bigatuma imibereho ndetse n’ibikorwa by’ubutabazi by’aba Banyekongo bigorana.

Ati “Muri urwo rwego, biragoye ko u Burundi, nubwo bwafashe umwanya wa Perezida wa AU, bugira uruhare mu buhuza.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rwizeye ko abahuza bamaze igihe barashyizweho, nka Togo yahawe inshingano na AU, ndetse n’abandi batanu bafasha iki Gihugu, bazakomeza inshingano.

Ati “Twizera ko abo bafasha n’umuhuza bagomba gukomeza akazi kabo ko gushyigikira impande no gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington nta ruhare rw’u Burundi, ari nabwo bugize muri iyi ntambara.”

U Rwanda rwakunze kugaragaza uruhare rw’u Burundi muri iyi ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC, aho byumwihariko ingabo za kiriya Gihugu zinakorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, usanzwe unahangayikishije u Rwanda.

U Rwanda kandi rwamaganye imikoranire y’u Burundi na DRC, mu mugambi wari uhari wo gushoza intambara kuri iki Gihugu cy’ibituranyi by’ibi byombi.

Ingabo z’u Burundi zimaze imyaka ibiri zigira uruhare muri iyi ntambara, aho binavugwa ko iki Gihugu gifiteyo ingabo zirenga ibihumbi 20 ziba zinayoboye ibitero bikomeje kugabwa mu bice binyuranye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Hadja Lahbib yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga
Ikiganiro cyabo cyakurikiwe n’icyo bagiranye n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Attention Deficit Hyperactivity Disorder: What it really is and why it matters

Next Post

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.