• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

radiotv10by radiotv10
19/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru batatu b’i Burundi batawe muri yombi ubwo bari bagiye gutara inkuru kuri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki Gihugu babanza kuhafungirwa baza koherezwa mu rwego rushinzwe ubutasi, nyuma baza kurekurwa, aho bivugwa ko bazize gufata amashusho batabifitiye uburenganzira.

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gashyantare 2026 i Bujumbura, ubwo bari bagiye gutara amakuru yerecyeye uruzinduko rwa Hadja Lahbib, Komiseri w’u Burayi ushinzwe uburinganire, kwitegura no gukemura ibibazo.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, kivuga ko aba banyamakuru babanje gufungirwa muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi, nyuma baza kujyanywe mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubutasi (SNR), ubundi baza kurekurwa ku mugoroba.

Aba banyamakuru batawe muri yombi ni Papy Jamaica, izina rye nyakuri ni Amani Papy Ndikumana, umuyobozi mukuru wa Papy Jamaica Video Productions i Bujumbura, ikigo gikoresha urubyiruko rwo muri ako gace; Tchandrou Nitanga, umufotozi ukorera Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (Agence France-Presse/AFP); akaba anakorana na Papy Jamaica.

SOS Médias Burundi ivuga ko ibyo guta muri yombi aba banyamakuru byatangiye ubwo Papy Jamaica yafunguraga umurongo wa interineti ya Starlink. Abo banyamwuga batatu bari bategereje ikiganiro n’abanyamakuru bari gukoresha Komiseri w’Uburayi, nyuma y’ibiganiro yariho agirana na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Édouard Bizimana.

Amakuru avuga ko uyu muminisitiri ari we wategetse ko aba banyamakuru batabwa muri yombi. Andi makuru avuga ko “gufata amashusho mu buryo butemewe n’amategeko” ari yo mpamvu yatanzwe n’abayobozi.

Aba bagabo batatu kandi bahise bahabwa amabwiriza akarishye arimo kubabuza kugirana imikoranire n’itangazamakuru ryo mu mahanga no kwakira amafaranga ribaga. Telefone zabo zasatswe kandi zafatiriwe n’inzego z’ubutasi.

Abatangabuhamya n’umuntu uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Burundi bavuze ko aba banyamakuru “Barekuwe ahagana saa cyenda n’iminota cumi n’itanu z’umugoroba.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 12 =

Previous Post

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

Next Post

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.