• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

radiotv10by radiotv10
03/06/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro rya AFC/M23 riravugwaho gukaza imbaraga mu bice byinshi bisanzwe birimo ibirindiro by’abarwanyi baryo birimo ibyo muri Masisi na Walikale, bivugwa ko bigamije kujya gufata umujyi wa Pinga.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko abagihaye amakuru benshi bemeza ko uku gukaza ibirindiro bya AFC/M23 byatangiye mu mpera z’icyumweru gihshize aho ku wa Gatanu tariki 30 Gicurasi hagaragaye imodoka zitwaye abasirikare n’ibikoresho mu bice bya Masisi-Nyabiondo-Kasopo ndetse na za Nyabiondo-Kinyumba muri Teritwari ya Masisi.

Amakuru ava mu gace ka Nyabiondo, avuga ko amakamyo arindwi yo mu bwoko bwa Kamaz yageze muri uyu mujyi mu ijoro ryo ku wa Gatanu, bucyeye bwaho ku wa Gatandatu haza andi ane.

Nanone kandi abasirikare ndetse n’ibikoresho byinshi, byoherejwe mu gace ka Kinyumba ku ruzitiro rwa Nyabiondo-Mutongo, ndetse no mu gace ka Kasopo ku ruzitiro rwa Kaandja-Buhimba, muri Teritwari ya Masisi kimwe no mu gace ka Kashebere n’aka Kibati, muri Teritwari ya Walikale.

Iki kinyamakuru kivuga ko aya makuru cyayahamirijwe na bamwe mu bayobozi mu nzego bwite za Leta n’iz’umutekano muri ibi bice bikomeje kongerwamo imbaraga n’ihuriro rya AFC/M23.

Nanone kandi ku bice bishyira Kalembe-Kalonge-Pinga, kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, hagaragaye n’ubundi urujya n’uruza rw’abasirikare n’ibikoresho bigamije kongerera imbaraga ibirindiro by’abarwanyi b’iri Huriro.

Uwo muri Gurupoma ya Kisimba wahaye amakuru iki kinyamakuru, avuga ko AFC/M23 yakoresheje inama abaturage ba Kalembe, ndetse ko muri iyo nama iri Huriro ryemeje ko rigiye kurwana rishaka kubohoza umujyi wa Pinga. Nanone kandi undi watanze amakuru avuga ko mu gace ka Mpety hoherekwe intwaro za rutura zigamije gutangiza ibi bitero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe

Next Post

Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Asia yasuye Algeria yo mu Majyaruguru ya Afurika

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Asia yasuye Algeria yo mu Majyaruguru ya Afurika

Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Asia yasuye Algeria yo mu Majyaruguru ya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.