Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
19/07/2022
in MU RWANDA
0
Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru wa M23 akaba na Visi Perezida w’uyu mutwe, Gen Sultan Makenga yatangaje ko igihe cyose ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwakubahiriza icyo barwanira, yahita yishyikiriza Ubutabera Mpuzamahanga bamukangisha ko buri kumushakisha.

Yabitangaje mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu musirikare mukuru muri M23, aba ari kuganiriza abarwanyi b’uyu mutwe, akagaruka ku mpamvu ziharanirwa n’uyu mutwe uharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Gen Makenga avuga ko icyatumye bahaguruka bakegura imbunda ari uguharanira uburenganzira bwabo nk’abandi benegihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko iyi mpamvu igihari.

Nkunda umugabo ntacyo ampaye ✌🏿✌🏿✌🏿✌🏿 pic.twitter.com/ppAv0xLQqK

— damien (@damiennkaka) July 18, 2022

Yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko ari gushakishwa n’ubutabera mpuzamahanga ku bw’ibyaha by’intambara bumukekaho.

Makenga uvuga ko adateze kongera guhunga ngo ave mu Gihugu  cyabo, yavuze ko igihe cyose icyo arwanira kizaba cyarubahirijwe, we ubwe azishyikiriza ubwo butabera bamukangisha.

Yagize ati“Hari n’abankangisha ko ndimo gushakishwa. Ko aho ndi bahazibaje bakamfata.”

Agaruka ku cyatumye ashoza urugamba, Gen Makenga yavuze ko atari kurwanira impamvu ye bwite nka Makenga, ahubwo ko “ndwanira abaturage bose muri rusange. Abavuga ko turwanira impamvu zacu bwite baribeshya.”

Gen Makenga yahaye ubutumwa abavuga ko ari gushakishwa

Mu mpera z’ukwezi gushize, umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yahinyuje amakuru yari yaravuzwe ko Gen Makenga yapfuye, agaragaza ifoto bari kumwe, avuga ko uyu muyobozi wabo ku rugamba, akiriho kandi ko ari we uzabohora Congo.

Mu bundi butumwa bw’amashusho bwagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize, Gen Sultan Makena yongeye kugaragara ari kuganiriza abanyeshuri biteguraga ikizamini cya Leta.

Muri aya mashusho, Gen Makenga agira ati “Bavuze ko napfuye, ariko mu by’ukuri ni ibinyoma. Ndiho kandi naje kubacungira umutekano.”

Umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukomeje gutangaza ko udateze guhagarika imirwano mu gihe ubutegetsi bwa Congo butaremera gushyira mu bikorwa amasezerano bagiranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fifteen =

Previous Post

Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo

Next Post

DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.