• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
19/07/2022
in MU RWANDA
0
Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru wa M23 akaba na Visi Perezida w’uyu mutwe, Gen Sultan Makenga yatangaje ko igihe cyose ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwakubahiriza icyo barwanira, yahita yishyikiriza Ubutabera Mpuzamahanga bamukangisha ko buri kumushakisha.

Yabitangaje mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu musirikare mukuru muri M23, aba ari kuganiriza abarwanyi b’uyu mutwe, akagaruka ku mpamvu ziharanirwa n’uyu mutwe uharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Gen Makenga avuga ko icyatumye bahaguruka bakegura imbunda ari uguharanira uburenganzira bwabo nk’abandi benegihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko iyi mpamvu igihari.

Nkunda umugabo ntacyo ampaye ✌🏿✌🏿✌🏿✌🏿 pic.twitter.com/ppAv0xLQqK

— damien (@damiennkaka) July 18, 2022

Yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko ari gushakishwa n’ubutabera mpuzamahanga ku bw’ibyaha by’intambara bumukekaho.

Makenga uvuga ko adateze kongera guhunga ngo ave mu Gihugu  cyabo, yavuze ko igihe cyose icyo arwanira kizaba cyarubahirijwe, we ubwe azishyikiriza ubwo butabera bamukangisha.

Yagize ati“Hari n’abankangisha ko ndimo gushakishwa. Ko aho ndi bahazibaje bakamfata.”

Agaruka ku cyatumye ashoza urugamba, Gen Makenga yavuze ko atari kurwanira impamvu ye bwite nka Makenga, ahubwo ko “ndwanira abaturage bose muri rusange. Abavuga ko turwanira impamvu zacu bwite baribeshya.”

Gen Makenga yahaye ubutumwa abavuga ko ari gushakishwa

Mu mpera z’ukwezi gushize, umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yahinyuje amakuru yari yaravuzwe ko Gen Makenga yapfuye, agaragaza ifoto bari kumwe, avuga ko uyu muyobozi wabo ku rugamba, akiriho kandi ko ari we uzabohora Congo.

Mu bundi butumwa bw’amashusho bwagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize, Gen Sultan Makena yongeye kugaragara ari kuganiriza abanyeshuri biteguraga ikizamini cya Leta.

Muri aya mashusho, Gen Makenga agira ati “Bavuze ko napfuye, ariko mu by’ukuri ni ibinyoma. Ndiho kandi naje kubacungira umutekano.”

Umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukomeje gutangaza ko udateze guhagarika imirwano mu gihe ubutegetsi bwa Congo butaremera gushyira mu bikorwa amasezerano bagiranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − ten =

Previous Post

Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo

Next Post

DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.