Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akanyamuneza ni kose kuri Perezida wa kane ugendereye u Rwanda mu cyumweru kimwe

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Akanyamuneza ni kose kuri Perezida wa kane ugendereye u Rwanda mu cyumweru kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), Denis Sassou Nguesso, yageze mu Rwanda, aba uwa kane ugendereye iki Gihugu mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.

Perezida Denis Sassou Nguesso yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, rugamije gutsimbataza umubano w’u Rwanda n’Igihugu cye cya Congo-Brazzaville.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe, Perezida Denis Sassou Nguesso yakiriwe na Perezida Paul Kagame wanamutumiye muri uru ruzinduko.

Ku isaaha ya saa sita zirengaho iminota micye, indege yazanye Perezida Denis Sassou Nguesso, yari igeze ku Kibuga cy’Indege, yururukamo yakirwa na Perezida Paul Kagame baramukanya, bigaragara ko bari bakumburanye.

Yahise anakirwa kandi n’akarasisi, kanaririmbye Indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi; u Rwanda na Congo-Brazzaville.

Nguesso yahise ajya guha icyubahiro aka karasisi k’igisirikare cy’u Rwanda, ubundi Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame ajya kumwereka abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda ndetse no mu nzego za Gisirikare, agenda abaramutsa, ari na ko Perezida Nguesso na we yahise ajya kwereka umukuru w’u Rwanda, abayobozi bazanye, na we agenda abaramutsa.

Hahise hakurikiraho gususurutswa n’Itorero ry’Igihugu cy’u Rwanda Urukerereza, mu mbyino gakondo zinogeye ijisho nka “uzaze urebe u Rwanda rw’Abanyarwanda.”

Perezida Denis Sassou Nguesso aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye iki Gihugu cy’imisozi igihumbi kigenderewe n’abandi bayobozi bakomeye barimo abakuru b’Ibihugu batatu, nka Perezida wa Hungary Madamu Katalin Novák, Umukuru w’Igihugu wa Senegal, Macky Sall, ndetse na Perezida wa Ethiopia, Madamu Sahle-Work Zewde.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we
Haririmbwe indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 15 =

Previous Post

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kuba igitaramo cyihariye kizabamo kurya ibiryo nyarwanda

Next Post

Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.