• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

AMAFOTO: Urukundo ruragurumana hagati ya Judith wahoze ari Muka-Safi n’umusore w’amatuza

radiotv10by radiotv10
19/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
AMAFOTO: Urukundo ruragurumana hagati ya Judith wahoze ari Muka-Safi n’umusore w’amatuza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka ibiri bivugwa ko Niyonizera Judith yatandukanye n’umugabo we Niyibikora Safi Madiba, uyu mugore akomeje kugaragaza ko ari mu munyenga w’urukundo rushya n’umusore akomeje kugaragaza bari mu bihe by’umunezero.

Niyonizera Judith ubwe ni we ukomeje kugaragaza amafoto ari mu bihe byiza n’uwo musore bigaragara ko yatamiye kubera umubiri we ushyitse.

Mu mafoto bari kumwe mu modoka, bishimye bidasanzwe, Judith n’uyu musore wishushanyijeho ku mubiri, baragaragaza ko banezerewe.

Amakuru avuga ko uyu mugore wahoze ari uwa Safi, ari kumwe n’uyu mukunzi we mushya muri Canada aho asanzwe atuye ndetse yanajyanyeyo uwahoze ari umugabo we Safi Madiba.

Muri aya mafoto, bigaragara ko Judith ari gutemberana n’uyu mukunzi we, mu bice binyuranye by’umujyi ndetse buri wese agaragaza akanyamuneza ku maso.

Muri Kanama 2020, Safi Madiba ni we watangaje bwa mbere ko yatandukanye n’umugore we Niyonizera Judith, gusa uyu mugore we yakunze kutabyerura mu gihe yabaga abibajijweho n’itangazamakuru.

Judith wigeze no kumara igihe mu Rwanda ari mu mishinga ya Film yari yatangije ndetse na we yakinagamo, yakunze kuvuga ko we icyo azi agifite isezerano yagiranye n’umugabo we.

Ubwo yamurikaga ku mugaragaro iyi film ye, yabwiye Itangazamakuru ati “ntimubona ko n’impeta nkiyambaye.”

Tariki 14 Gashyantare 2022 ubwo abakundana bizihizaga umunsi wabahariwe, Judith Niyonizera yatunguranye ubwo yagaragazaga yahaye imbwa ye ururabo, ibintu byavuzweho cyane.

Ari kugaragaza bari mu bihe byiza
Urukundo rurigaragaza ku maso

Baratemberana bigatinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 19 =

Previous Post

Mukansanga yongeye kwandika amateka aba mu bagore ba mbere bazasifura icy’Isi cy’Abagabo

Next Post

Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse

Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.