Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

AMAG The Black utaremeye indirimbo nshya ya Mico The Best, yahamije ko bafitanye indirimbo igiye gusohoka

radiotv10by radiotv10
29/06/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
AMAG The Black utaremeye indirimbo nshya ya Mico The Best, yahamije ko bafitanye indirimbo igiye gusohoka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi mu njyana na Hip-Hop, Hakizimana Amani wamamaye mu muziki nka AMAG- THE BLACK umaze iminsi atavuga rumwe na Mico The Best, avuga ko nta rwango bafitanye kuko ngo mu minsi ya vuba bazashyira hanze indirimbo baririmbanyemo kandi ibyo yavuze ku ndirimbo “Amabiya” ya Mico atari ugushwana by’urwango.

Aganira na RadioTV10 mu kiganiro Zinduka, AMAG The Black yavuze ko ibitecyerezo yatanze ku ndirimbo za Mico The Best (Igare, Amabiya, Ikinamba) atari ukumwanga ahubwo ko biba ari ibitekerezo bye bwite nk’uko n’undi muntu yatanga igitecyerezo mu buryo busanzwe.

AMAG avuga ko muri iyi minsi hari indirimbo abahanzi bagenzi be bari gukora ariko ugasanga bararirimba ubutumwa bworeka urubyiruko babakangrira ubusambanyi n’ibindi bikorwa binyuranya n’umuco Nyarwanda.

“Ntabwo indirimbo ya Mico The Best nayikunze kandi ni uburenganzira bwanjye gutanga igitekerezo cy’uko mbona ibintu. Mico ni inshuti yanjye nta kibazo dufitanye. Ahubwo dufitanye indirimbo iri hafi gusohoka” AMAG

Image

Umuhanzi AMAG The Black muri studio za RadioTV10

AMAG The Black avuga ko muri iyi minsi abakunzi b’umuziki bibeshya ko ayanga Bruce Melodie na Mico The Best ariko ngo siko biri ahubwo ko aba atabikunda ahubwo we ashaka ko abahanzi bahinduka bakajya baririmba indirimbo zidateza urujijo muri sosiyete Nyarwanda.

Muri iki kiganiro, AMAG The Black yavuze ko muri muzika y’iyi minsi harimo ruswa iteye ubwoba kugira ngo igihangano cyamamazwe n’abanyamakuru. Ibi ngo nibyo byatumye aririmba indirimbo yise “Inkebebe” kugira ngo afatanye na leta kurwanya iyi ruswa mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Ubwo umunyamakuru yari amubajije niba hari aho yaba yaratswe ruswa kugira ngo indirimbo ze zitezwe imbere, AMAG yavuze ko byabayeho yatswe ruswa n’umunyamakuru.

“Byabarabaye. Ruswa nayatswe n’umunyamakuru akaba n’umuhanzi. Ndumva abamuzi bamumenye.” AMAG.

Image

AMAG The Black ahamya ko ruswa muri muzika yashinze imizi

AMAG The Black ashimangira ko indirimbo zirimo amagambo y’urukozasoni abibona ko ari inzira y’amaco y’inda abahanzi bafashe kugira ngo bashake inyungu nyamara birengagije ko ubutumwa bwazo bworeka sosiyete.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Nyuma yo gusoza GMT 2021, FRVB bateguye irindi rushanwa rizatangira kuri uyu wa Gatanu

Next Post

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko  ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.