Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

AMAG The Black utaremeye indirimbo nshya ya Mico The Best, yahamije ko bafitanye indirimbo igiye gusohoka

radiotv10by radiotv10
29/06/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
AMAG The Black utaremeye indirimbo nshya ya Mico The Best, yahamije ko bafitanye indirimbo igiye gusohoka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi mu njyana na Hip-Hop, Hakizimana Amani wamamaye mu muziki nka AMAG- THE BLACK umaze iminsi atavuga rumwe na Mico The Best, avuga ko nta rwango bafitanye kuko ngo mu minsi ya vuba bazashyira hanze indirimbo baririmbanyemo kandi ibyo yavuze ku ndirimbo “Amabiya” ya Mico atari ugushwana by’urwango.

Aganira na RadioTV10 mu kiganiro Zinduka, AMAG The Black yavuze ko ibitecyerezo yatanze ku ndirimbo za Mico The Best (Igare, Amabiya, Ikinamba) atari ukumwanga ahubwo ko biba ari ibitekerezo bye bwite nk’uko n’undi muntu yatanga igitecyerezo mu buryo busanzwe.

AMAG avuga ko muri iyi minsi hari indirimbo abahanzi bagenzi be bari gukora ariko ugasanga bararirimba ubutumwa bworeka urubyiruko babakangrira ubusambanyi n’ibindi bikorwa binyuranya n’umuco Nyarwanda.

“Ntabwo indirimbo ya Mico The Best nayikunze kandi ni uburenganzira bwanjye gutanga igitekerezo cy’uko mbona ibintu. Mico ni inshuti yanjye nta kibazo dufitanye. Ahubwo dufitanye indirimbo iri hafi gusohoka” AMAG

Image

Umuhanzi AMAG The Black muri studio za RadioTV10

AMAG The Black avuga ko muri iyi minsi abakunzi b’umuziki bibeshya ko ayanga Bruce Melodie na Mico The Best ariko ngo siko biri ahubwo ko aba atabikunda ahubwo we ashaka ko abahanzi bahinduka bakajya baririmba indirimbo zidateza urujijo muri sosiyete Nyarwanda.

Muri iki kiganiro, AMAG The Black yavuze ko muri muzika y’iyi minsi harimo ruswa iteye ubwoba kugira ngo igihangano cyamamazwe n’abanyamakuru. Ibi ngo nibyo byatumye aririmba indirimbo yise “Inkebebe” kugira ngo afatanye na leta kurwanya iyi ruswa mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Ubwo umunyamakuru yari amubajije niba hari aho yaba yaratswe ruswa kugira ngo indirimbo ze zitezwe imbere, AMAG yavuze ko byabayeho yatswe ruswa n’umunyamakuru.

“Byabarabaye. Ruswa nayatswe n’umunyamakuru akaba n’umuhanzi. Ndumva abamuzi bamumenye.” AMAG.

Image

AMAG The Black ahamya ko ruswa muri muzika yashinze imizi

AMAG The Black ashimangira ko indirimbo zirimo amagambo y’urukozasoni abibona ko ari inzira y’amaco y’inda abahanzi bafashe kugira ngo bashake inyungu nyamara birengagije ko ubutumwa bwazo bworeka sosiyete.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + ten =

Previous Post

Nyuma yo gusoza GMT 2021, FRVB bateguye irindi rushanwa rizatangira kuri uyu wa Gatanu

Next Post

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko  ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.