Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

AMAG The Black utaremeye indirimbo nshya ya Mico The Best, yahamije ko bafitanye indirimbo igiye gusohoka

radiotv10by radiotv10
29/06/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
AMAG The Black utaremeye indirimbo nshya ya Mico The Best, yahamije ko bafitanye indirimbo igiye gusohoka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi mu njyana na Hip-Hop, Hakizimana Amani wamamaye mu muziki nka AMAG- THE BLACK umaze iminsi atavuga rumwe na Mico The Best, avuga ko nta rwango bafitanye kuko ngo mu minsi ya vuba bazashyira hanze indirimbo baririmbanyemo kandi ibyo yavuze ku ndirimbo “Amabiya” ya Mico atari ugushwana by’urwango.

Aganira na RadioTV10 mu kiganiro Zinduka, AMAG The Black yavuze ko ibitecyerezo yatanze ku ndirimbo za Mico The Best (Igare, Amabiya, Ikinamba) atari ukumwanga ahubwo ko biba ari ibitekerezo bye bwite nk’uko n’undi muntu yatanga igitecyerezo mu buryo busanzwe.

AMAG avuga ko muri iyi minsi hari indirimbo abahanzi bagenzi be bari gukora ariko ugasanga bararirimba ubutumwa bworeka urubyiruko babakangrira ubusambanyi n’ibindi bikorwa binyuranya n’umuco Nyarwanda.

“Ntabwo indirimbo ya Mico The Best nayikunze kandi ni uburenganzira bwanjye gutanga igitekerezo cy’uko mbona ibintu. Mico ni inshuti yanjye nta kibazo dufitanye. Ahubwo dufitanye indirimbo iri hafi gusohoka” AMAG

Image

Umuhanzi AMAG The Black muri studio za RadioTV10

AMAG The Black avuga ko muri iyi minsi abakunzi b’umuziki bibeshya ko ayanga Bruce Melodie na Mico The Best ariko ngo siko biri ahubwo ko aba atabikunda ahubwo we ashaka ko abahanzi bahinduka bakajya baririmba indirimbo zidateza urujijo muri sosiyete Nyarwanda.

Muri iki kiganiro, AMAG The Black yavuze ko muri muzika y’iyi minsi harimo ruswa iteye ubwoba kugira ngo igihangano cyamamazwe n’abanyamakuru. Ibi ngo nibyo byatumye aririmba indirimbo yise “Inkebebe” kugira ngo afatanye na leta kurwanya iyi ruswa mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Ubwo umunyamakuru yari amubajije niba hari aho yaba yaratswe ruswa kugira ngo indirimbo ze zitezwe imbere, AMAG yavuze ko byabayeho yatswe ruswa n’umunyamakuru.

“Byabarabaye. Ruswa nayatswe n’umunyamakuru akaba n’umuhanzi. Ndumva abamuzi bamumenye.” AMAG.

Image

AMAG The Black ahamya ko ruswa muri muzika yashinze imizi

AMAG The Black ashimangira ko indirimbo zirimo amagambo y’urukozasoni abibona ko ari inzira y’amaco y’inda abahanzi bafashe kugira ngo bashake inyungu nyamara birengagije ko ubutumwa bwazo bworeka sosiyete.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eight =

Previous Post

Nyuma yo gusoza GMT 2021, FRVB bateguye irindi rushanwa rizatangira kuri uyu wa Gatanu

Next Post

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Related Posts

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

by radiotv10
30/05/2025
0

Annet Murava, umugore wa Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, yongeye kumugenera ubutumwa, amusezeranya...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko  ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.