• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

radiotv10by radiotv10
30/05/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bari kugenzura uduce twinshi twa Gurupoma ya Ikobo muri Teritwari ya Walikare, nyuma y’iminsi itatu y’imirwano yari ibahanganishije n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo.

Ni na ko bimeze ku bindi bice byinshi bya Gurupoma ya Kisimba kimwe na Gurupoma ya Ikobo na yo iri mu bice bigenzurwa n’iri Huriro rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

AFC/M23 yigaruriye ibice byinshi bya Gurupoma ya Ikobo, nyuma yuko igabye ibitero ku wa Mbere w’iki cyumweru mu birindiro by’umutwe wa Wazalendo urwanira Leta ukomeje kurangwa n’ibikorwa bibangamira abaturage.

Abayobozi mu nzego z’ibanze muri iyi Gurupoma ya Ikobo, batangarije ikinyamakuru ACTUALITE.CD ko Lokarite esheshatu zo muri iyi Gurupoma ubu ziri mu biganza bya AFC/M23, ari zo Iremya, Mirungi, Kanune, Banamuronga, Kalehe ndetse na Kitanda.

Amakuru aturuka muri aka gace, avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bashinze ibirindiro mu bice byitegeye ahashobora guturuka umwanzi, birimo Irimba, Kanune, Rusamambu, Bukumbirwa, Kilambo na Busunzu.

Ni mu gihe kuri Gurupoma ya Kisimba yegeranye n’iyi ya Ikobo, bashinze ibirindiro mu gace ka Kalonge nyuma y’imirwano yabayeho ku wa Gatatu no ku wa Kane.

Muri iyi Gurupoma ya Kisimba, ho uduce twamaze kugera mu maboko ya AFC/M23, ni Musambo, Kyanjikiro, Katobo, Ihula, Mbukuru, Mukohwa, Ngambi na Buhimba, twose twafashwe n’abarwanyi b’iri huriro muri iki cyumweru.

Iki kinyamakuru kiravuga ko abarwanyi ba Wazalendo bo, nyuma yo gukubitwa incuro bahungiye mu bice bya Kashukano, Kisone na Busaka, byo muri aka gace.

Iyi mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo irwanira uruhande rwa Leta ya Kinshasa, yongeye gukara mu gihe iri Huriro rirwanya ubutegetsi riri mu biganiro na Leta bya Qatar byatangiye kuva muri Werurwe uyu mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Next Post

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.