Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in SIPORO
0
Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yageze muri Djibouti mu burasirazuba bwa Afurika aho izahurira na Mogadishu City Club yo muri Somalia mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere ry’imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane wa Afurika (TOTAL CAF Champions League).

Umukino uzahuza aya makipe yombi uzakinwa ku Cyumweru tariki 12 Nzeri 2021 guhera saa cyenda zuzuye ku masaha ya Kigali (15h00’) bizaba ari saa kumi za Djibouti (16h00’).

Urutonde rw’abakinnyi 27 ikipe yahagurukanye, Ruboneka Jean Bosco ntabwo azakina uyu mukino bitewe n’uko yagize ikibazo cy’imvune bituma kuri ubu yambaye inkweti ituma imitsi n’amagufwa asubirana.

APR FC OFFICIAL (@aprfcofficial3) | Twitter

Ruboneka Jean Bosco ukina hagati mu kibuga ntabwo azakoreshwa mu mukino

Andi makuru ava muri iyi kipe icumbitse muri Sheraton Hotel, ni hoteli y’inyenyeri enye (4 Stars) iri muri kilometero ebyiri (2 Km) uva ku musigiti wa Hamoudi uri mu mujyi rwa gati ni iminota irindwi ( 7’) uva kuri Ambasade ya Amerika muri Djibouti.

APR FC kandi yahagurutse i Kigali itari kumwe na visi Perezida wayo Brig.Gen.BAYINGANA FIRMIN wagombaga kugenda ayoboye itsinda (Head of delegation) ahubwo kuri ubu MICHEL MASABO akaba ariwe ufite izi nshingano, asanzwe ari Umunyamabanga mukuru.

Sheraton Djibouti 4*, Djibouti (excursion), Djibouti. Prices and Reservation

Sheraton Hotel aho APR FC icumbitse

Kugeza ubu biteganyijwe ko ikipe ya APR FC na Mogadishu City Club zizakina ku masaha ya saa cyenda z’i Kigali bizaba ari saa kumu ku masaha ya saa kumi ku masaha yo mu mujyi wa Djibouti (16h00’) nk’uko impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika  (CAF) ibigaragaza. Gusa aya masaha ashobora guhinduka nk’uko amakuru ava mu banyamakuru bari kumwe n’ikipe abihamya.

Djibouti ni igihugu kigira ubushyuhe buri hejuru ugereranyije n’u Rwanda kuko hari igihe bagira Celecius Degree zigera hejuru ya 40.

Adil Mohammed Erradi, umutoza mukuru wa APR FC  ntabwo yemerewe kuzatoza uyu mukino kuko adafite lisanse “A” ya CAF bityo umukino ukaba uzatozwa na NEFFATI JAMEL EDDINE usanzwe ari umutoza wongera ingufu (Physical Coach).

L'entraîneur belgo-marocain, Mohammed Adil Erradi raconte son parcours et ses projets

Mohammed Adil Erradi ntabwo azatoza umukino APR FC ifitanye na Mogadishu City Club

Nyuma y’uyu mukino, ikipe ya APR FC izatangira gutegura umukino wo kwishyura uzakinwa ku Cyumweru tariki 19 Nzeri 2021.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − one =

Previous Post

WASAC yahaswe uruhuri rw’ibibazo imbere ya PAC rubura gica

Next Post

Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.