Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in SIPORO
0
Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yageze muri Djibouti mu burasirazuba bwa Afurika aho izahurira na Mogadishu City Club yo muri Somalia mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere ry’imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane wa Afurika (TOTAL CAF Champions League).

Umukino uzahuza aya makipe yombi uzakinwa ku Cyumweru tariki 12 Nzeri 2021 guhera saa cyenda zuzuye ku masaha ya Kigali (15h00’) bizaba ari saa kumi za Djibouti (16h00’).

Urutonde rw’abakinnyi 27 ikipe yahagurukanye, Ruboneka Jean Bosco ntabwo azakina uyu mukino bitewe n’uko yagize ikibazo cy’imvune bituma kuri ubu yambaye inkweti ituma imitsi n’amagufwa asubirana.

APR FC OFFICIAL (@aprfcofficial3) | Twitter

Ruboneka Jean Bosco ukina hagati mu kibuga ntabwo azakoreshwa mu mukino

Andi makuru ava muri iyi kipe icumbitse muri Sheraton Hotel, ni hoteli y’inyenyeri enye (4 Stars) iri muri kilometero ebyiri (2 Km) uva ku musigiti wa Hamoudi uri mu mujyi rwa gati ni iminota irindwi ( 7’) uva kuri Ambasade ya Amerika muri Djibouti.

APR FC kandi yahagurutse i Kigali itari kumwe na visi Perezida wayo Brig.Gen.BAYINGANA FIRMIN wagombaga kugenda ayoboye itsinda (Head of delegation) ahubwo kuri ubu MICHEL MASABO akaba ariwe ufite izi nshingano, asanzwe ari Umunyamabanga mukuru.

Sheraton Djibouti 4*, Djibouti (excursion), Djibouti. Prices and Reservation

Sheraton Hotel aho APR FC icumbitse

Kugeza ubu biteganyijwe ko ikipe ya APR FC na Mogadishu City Club zizakina ku masaha ya saa cyenda z’i Kigali bizaba ari saa kumu ku masaha ya saa kumi ku masaha yo mu mujyi wa Djibouti (16h00’) nk’uko impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika  (CAF) ibigaragaza. Gusa aya masaha ashobora guhinduka nk’uko amakuru ava mu banyamakuru bari kumwe n’ikipe abihamya.

Djibouti ni igihugu kigira ubushyuhe buri hejuru ugereranyije n’u Rwanda kuko hari igihe bagira Celecius Degree zigera hejuru ya 40.

Adil Mohammed Erradi, umutoza mukuru wa APR FC  ntabwo yemerewe kuzatoza uyu mukino kuko adafite lisanse “A” ya CAF bityo umukino ukaba uzatozwa na NEFFATI JAMEL EDDINE usanzwe ari umutoza wongera ingufu (Physical Coach).

L'entraîneur belgo-marocain, Mohammed Adil Erradi raconte son parcours et ses projets

Mohammed Adil Erradi ntabwo azatoza umukino APR FC ifitanye na Mogadishu City Club

Nyuma y’uyu mukino, ikipe ya APR FC izatangira gutegura umukino wo kwishyura uzakinwa ku Cyumweru tariki 19 Nzeri 2021.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eight =

Previous Post

WASAC yahaswe uruhuri rw’ibibazo imbere ya PAC rubura gica

Next Post

Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.