Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in SIPORO
0
Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yageze muri Djibouti mu burasirazuba bwa Afurika aho izahurira na Mogadishu City Club yo muri Somalia mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere ry’imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane wa Afurika (TOTAL CAF Champions League).

Umukino uzahuza aya makipe yombi uzakinwa ku Cyumweru tariki 12 Nzeri 2021 guhera saa cyenda zuzuye ku masaha ya Kigali (15h00’) bizaba ari saa kumi za Djibouti (16h00’).

Urutonde rw’abakinnyi 27 ikipe yahagurukanye, Ruboneka Jean Bosco ntabwo azakina uyu mukino bitewe n’uko yagize ikibazo cy’imvune bituma kuri ubu yambaye inkweti ituma imitsi n’amagufwa asubirana.

APR FC OFFICIAL (@aprfcofficial3) | Twitter

Ruboneka Jean Bosco ukina hagati mu kibuga ntabwo azakoreshwa mu mukino

Andi makuru ava muri iyi kipe icumbitse muri Sheraton Hotel, ni hoteli y’inyenyeri enye (4 Stars) iri muri kilometero ebyiri (2 Km) uva ku musigiti wa Hamoudi uri mu mujyi rwa gati ni iminota irindwi ( 7’) uva kuri Ambasade ya Amerika muri Djibouti.

APR FC kandi yahagurutse i Kigali itari kumwe na visi Perezida wayo Brig.Gen.BAYINGANA FIRMIN wagombaga kugenda ayoboye itsinda (Head of delegation) ahubwo kuri ubu MICHEL MASABO akaba ariwe ufite izi nshingano, asanzwe ari Umunyamabanga mukuru.

Sheraton Djibouti 4*, Djibouti (excursion), Djibouti. Prices and Reservation

Sheraton Hotel aho APR FC icumbitse

Kugeza ubu biteganyijwe ko ikipe ya APR FC na Mogadishu City Club zizakina ku masaha ya saa cyenda z’i Kigali bizaba ari saa kumu ku masaha ya saa kumi ku masaha yo mu mujyi wa Djibouti (16h00’) nk’uko impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika  (CAF) ibigaragaza. Gusa aya masaha ashobora guhinduka nk’uko amakuru ava mu banyamakuru bari kumwe n’ikipe abihamya.

Djibouti ni igihugu kigira ubushyuhe buri hejuru ugereranyije n’u Rwanda kuko hari igihe bagira Celecius Degree zigera hejuru ya 40.

Adil Mohammed Erradi, umutoza mukuru wa APR FC  ntabwo yemerewe kuzatoza uyu mukino kuko adafite lisanse “A” ya CAF bityo umukino ukaba uzatozwa na NEFFATI JAMEL EDDINE usanzwe ari umutoza wongera ingufu (Physical Coach).

L'entraîneur belgo-marocain, Mohammed Adil Erradi raconte son parcours et ses projets

Mohammed Adil Erradi ntabwo azatoza umukino APR FC ifitanye na Mogadishu City Club

Nyuma y’uyu mukino, ikipe ya APR FC izatangira gutegura umukino wo kwishyura uzakinwa ku Cyumweru tariki 19 Nzeri 2021.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − four =

Previous Post

WASAC yahaswe uruhuri rw’ibibazo imbere ya PAC rubura gica

Next Post

Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks
AMAHANGA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Nkinzingabo Fiston yasinye muri Kiyovu SC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.