Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Byemejwe ko ubu COVID-19 itagihangayikishije Isi

radiotv10by radiotv10
05/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Byemejwe ko ubu COVID-19 itagihangayikishije Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO (World Health Organisation) ryatangaje ko Covid-19 itakiri icyorezo giteye impungenge ku buzima bw’Isi.

Byatangajwe n’Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Gicurasi 2023.

Mu ijambo ryatanzwe n’Umuyobozi w’iri shami rishinzwe Ubuzima, Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko iki cyorezo kimaze iminsi 1 221 gitangajwe n’iri shami, aho cyahereye mu mujyi wa Wuhan mu Bushinwa, ku mpamvu itaramenyekana.

Yagize ati “Tariki 30 Mutarama 2020, ngendeye ku nama zatanzwe na komisiyo ishinzwe ibiza, hagendewe ku mabwiriza y’ubuzima mpuzamahanga, natangarije Isi ko hari icyorezo cya COVID-19 cyugarije Isi, dutanga umuburo udasanzwe.”

Yakomeje avuga ko icyo gihe mu Bushimwa hari hamaze kuboneka abarwayi barenga 100 ariko ntawarri wagapfa, gusa uko iminsi yagiye ishira hagiye hapfa abantu benshi.

Yavuze ko iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ryamenyeshejwe imibare y’abantu babarirwa muri miliyoni 7 bishwe n’iki cyorezo, gusa ngo imibare iri hejuru kurusha iyi, kuko ishobora kuba igera muri miliyoni 20.

Covid-19 yatwaye ubuzima bwa benshi

Yakomeje avuga ko icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka zikomeye ku nzego zose zigize imibereho y’abatuye Isi, zirimo ubukungu, ubucuruzi, kigateza ubukene benshi, kigatuma imipaka ifungwa, amashuri agahagara, ndetse kikanatera ibibazo byibasiye imiterereze ya muntu

Icyakora nyuma y’umwaka iki cyorezo cyadutse, cyagenjeje amaguru macye, haboneka n’inkingo zagize umumaro mu kongerera abantu ubudahangarwa bw’umubiri kuri cyo, “none ubu Ibihugu byinshyi byasubiye mu buzima busanzwe nkuko bwahoze mbere ya COVID-19.”

Yavuze ko mu mwaka ushize, iyi komisiyo ishinzwe ibyorezo ndetse na WHO basesenguye imibare y’iki cyorezo cya COVID-19, igasanga cyacitse intege cyane.

Yavuze ko ejo hashize, iyi komite yahuye ku nshuro ya 15, “bakangira inama ko natangariza Isi ku bijyanye n’iki kibazo cy’ubuzima. Rero numviye inama yabo. Ni yo mpamvu nishimiye gutangaza ko COVID-19 itakiri ikibazo gihangayikishije ubuzima ku rwego rw’Isi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + four =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Next Post

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.