Friday, June 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA
0
Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!
Share on FacebookShare on Twitter
  • Umuyobozi muri MINEDUC ati “Ikarita y’umunyeshuri koko ikwiye kurenza 500Frw?”

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bazarenga ku mabwiriza aherutse gushyirwaho, bagatumbagiza amafangara acibwa ababyeyi, bibukijwe ko hari ibihano bibategereje dore ko hari amakuru yatanzwe ko hari aho ikarita y’umunyeshuri n’iyi myitwarire zageze ku bihumbi 20 Frw.

Ibi byagarutsweho mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Minisiteri y’Uburezi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbyuye ya Leta ndetse n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yagarukaga ku myiteguro y’itangira ry’umwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Iyi nama ibaye nyuma y’iminsi micye Guverinoma y’u Rwanda itangaje amabwiriza mashya ajyanye n’uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yashyizwe hanze tariki 14 Nzeri 2022.

Aya mabwiriza agaragaza ko umunyeshuri utaha azajya yishyirirwa 19 500 Frw naho uwiga aba mu kigo akazajya yishyurirwa 85 000 Frw.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette yavuze ko hari amakuru yatanzwe ko hari abayobozi b’ibigo by’amashuri batangiye kurenga kuri aya mabwiriza.

Yagize ati “Hari abayobozi [b’ibigo by’amashuri] barimo kuzamura ibiciro by’ibikoresho bigurishirizwa ku ishuri. Hari urugero twabonye uwavuze ngo ikarita y’ishuri n’iyimyitwarire yayishyize ku bihumbi 20…’muraseka ariko twabibonye’.”

Nirere Claudette avuga ko impamvu y’ariya mabwiriza, harimo no guca izi ngeso zo guca amafaranga y’umurengera yajyaga ashyirwaho na bamwe mu bayobozi b’Ibigo by’amashuri. Ati “Iyi karita yagombye kurenza maganatanu (500 Frw)?”

Muri ibi biganiro MINEDUC yagiranye n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri, hari abagaragaje ko bari bagifite imishinga myiza nko kubaka inzitiro.

Ati “Hari n’abubaka amasale mberabyombi bagakoreramo ibindi bintu, ibyo na byo twasabye cyane cyane abayobozi b’Uturere tw’Umujyi wa Kigali kwegera ayo mashuri noneho bigasabwa bigashyirwa mu ngengo y’imari kuko nubundi aba ari amashuri ya Leta. Umuyobozi uzabirengaho azahanwa, ibi ntabwo ari ubwa mbere tubivuze kandi tuzakomeza kubisubiramo.”

Bamwe mu bayobizi b’Ibigo by’amashuri bagaragaza ko aya mabwiriza mashya ashobora kuzabagonga kuko hari n’abari bafite imishinga bari baratangiye kandi bumva ko hari uruhare ruzava mu babyeyi bayarereramo.

Mwizerwa Appolinaire uyobora Urwunge rw’Amashuri rwa Urumuri mu Karere ka Nyagatare, avuga ko bari batangiye kubaka no kuvugurura ibyumba by’amashuri kugira ngo bakureho uburyo abana bigaga igitondo n’ikigoroba.

Ati “Ndetse ubu ibikorwa bimwe biriho birakorwa, twumvaga kuzabyishyura, amafaranga tuzayakura mu yo twagombaga gusaba ababyeyi dusanzwe tuyasaba.”

Uyu muyobozi wa GS Urumuri uvuga ko hari n’indi mishinga bateganyaga yose igamije kuzamura imyigire myiza y’abanyeshuri, yavuze ko ababyeyi barerera muri iri shuri bari basanzwe bishyura ibihumbi bitanu (5 000 Frw) agenerwa ibikorwa nk’ibi ariko ko aya mabwiriza mashya atabyemera.

MINEDUC yaganiriye n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

Robert Nyamvumba warezwe mu rubanza rwa Miliyari 7Frw ntakiri muri Gereza

Next Post

Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi

Related Posts

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
26/06/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko inyandiko izashyirwaho umukono kuri uyu wa Gatanu, ari amasezerano y’amahoro hagati...

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

by radiotv10
26/06/2025
0

Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, uri mu bahuza mu biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC,...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

by radiotv10
26/06/2025
0

Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, haravugwa urupfu rw’umugabo wakubiswe ifuni na mugenzi we yashinjaga kumuca inyuma akamusambanyiriza...

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

by radiotv10
26/06/2025
0

Ububiko bwa Kompanyi ikusanya ibishingwe bigarwamo ibindi bikoresho, buherereye mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bwibasiwe n’inkongi y’umuriro...

Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere

Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere

by radiotv10
25/06/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Dr. Akinwumi Adesina wabaye Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), uri mu...

IZIHERUKA

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana
FOOTBALL

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

26/06/2025
Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

26/06/2025
Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

26/06/2025
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

26/06/2025
Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

26/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi

Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.