Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamwe bari basanzweho: Dore Abayobozi b’Uturere 27 bagiye kuyobora manda y’imyaka 5

radiotv10by radiotv10
19/11/2021
in MU RWANDA
0
Bamwe bari basanzweho: Dore Abayobozi b’Uturere 27 bagiye kuyobora manda y’imyaka 5
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu mu Turere 27 tw’Intara enye z’u Rwanda hakozwe igikorwa cy’amatora y’abagize Komite Nyobozi z’utu Turere aho utu Turere twose turaye tumenye abayobozi batwo barimo abari basanzwe ari Abayobozi b’Uturere biganjemo abo mu Ntara y’Amajyepfo.

Ni amatora yabimburiwe n’irahira ry’abagize Njyanama z’Uturere batowe ari na bo bagombaga kwitoramo Komite Nyobozi z’Uturere barimo Umuyobozi w’Akarere ndetse n’abamwungirije.

Aya matora yabaye kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, hamwe bageze saa sita bamaze kumenya abayobozi b’Uturere nko mu Karere ka Bugesera, Mutabazi Richard yongeye gutorerwa kuyobora kariya Karere.

Mu Karere ka Gicumbi na bo bageze saa Sita bamaze kumenya Mayor wa kariya Karere kagiye kuyoborwa na Nzabonimpa Emmanuel wari usanzwe ari umuyobozi w’ishami rishinzwe imirimo rusange mu Karere ka Gatsibo.

Mu Karere ka Nyagatare na bo bamaze kumenya Umuyobozi wabo, aho hatowe Gasana Stephen, naho mu Karere ka Nyaruguru bakaba batoye Murwanashyaka Emmanuel.

Sebutege Ange na we yongeye gutorerwa kuyobora Akarere ka Huye ku majwi 304 mu gihe Bakundukize Redempta bari bahanganye, yagize amajwi 13, ndetse no mu Karere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yongera gutororerwa kuyobora kariya Karere.

Naho mu Karere ka Gatsibo, Gasana Richard na we akaba yongeye kugirirwa icyizere atorerwa kongera kuyobora aka Karere.

Mu Karere ka Nyamagabe, hatowe Niyomwungeri Hildebrand naho mu Karere ka Gisagara hatorwa Rutaburingoga Jerome.

Mu Karere ka Ngoma hatowe Niyonagira Nathalie, naho mu Karere ka Rulindo hatorwa Judith Mukanyirigira.

ABAYOBOZI B’UTURERE BATOWE

Amajyepfo:

1.Huye: Ange Sebutege
2.Nyanza: Ntazinda Erasme
3.Gisagara: Rutaburingoga Jerome
4.Nyamagabe: Niyomwungeri Hildebrand
5.Nyaruguru: Murwanashyaka Emmanuel
6.Kamonyi: Dr Sylvere Nahayo
7.Muhanga: Jacqueline Kayitare
8.Ruhango: Valens Habarurema

Amajyaruguru

9.Rulindo: Judith Mukanyirigira
10.Gicumbi: Nzabonimpa Emmanuel
11.Gakenke: Nizeyimana Jean Marie Vianney
12.Musanze: Ramuri Janvier
13.Burera: Uwanyirigira Marie Chantal
14.Nyabihu: Mukandayisenga Antoinette

Iburasirazuba

15.Bugesera: Richard Mutabazi
16.Nyagatare: Gasana Stephen
17.Gatsibo: Gasana Richard
18.Ngoma: Niyonagira Nathalie
19.Rwamagana: Mbonyumuvunyi Radjab
20.Kayonza: Nyemazi Jean Bosco
21.Kirehe: Bruno Rangira

Iburengerazuba:

22.Rusizi: Dr Kabiriga Anicet
23.Nyamasheke: Mukamasabo Appolonie
24.Rutsiro: Murekatete Triphose
25.Rubavu: Kambogo Ildephonse
26: Ngororero: Nkusi Christophe
27.Karongi: Vestine Mukarutesi

Nzabonimpa Emmanuel we yatorewe kuyobora Akarere ka Gicumbi
Murwanashyaka Emmanuel watorewe kuyobora Akarere ka Nyaruguru
Gasana Stephen watorewe kuyobora Akarere ka Nyagatare

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Next Post

Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw’abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw’abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw'abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.