Tuesday, April 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamwe bari basanzweho: Dore Abayobozi b’Uturere 27 bagiye kuyobora manda y’imyaka 5

radiotv10by radiotv10
19/11/2021
in MU RWANDA
0
Bamwe bari basanzweho: Dore Abayobozi b’Uturere 27 bagiye kuyobora manda y’imyaka 5
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu mu Turere 27 tw’Intara enye z’u Rwanda hakozwe igikorwa cy’amatora y’abagize Komite Nyobozi z’utu Turere aho utu Turere twose turaye tumenye abayobozi batwo barimo abari basanzwe ari Abayobozi b’Uturere biganjemo abo mu Ntara y’Amajyepfo.

Ni amatora yabimburiwe n’irahira ry’abagize Njyanama z’Uturere batowe ari na bo bagombaga kwitoramo Komite Nyobozi z’Uturere barimo Umuyobozi w’Akarere ndetse n’abamwungirije.

Aya matora yabaye kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, hamwe bageze saa sita bamaze kumenya abayobozi b’Uturere nko mu Karere ka Bugesera, Mutabazi Richard yongeye gutorerwa kuyobora kariya Karere.

Mu Karere ka Gicumbi na bo bageze saa Sita bamaze kumenya Mayor wa kariya Karere kagiye kuyoborwa na Nzabonimpa Emmanuel wari usanzwe ari umuyobozi w’ishami rishinzwe imirimo rusange mu Karere ka Gatsibo.

Mu Karere ka Nyagatare na bo bamaze kumenya Umuyobozi wabo, aho hatowe Gasana Stephen, naho mu Karere ka Nyaruguru bakaba batoye Murwanashyaka Emmanuel.

Sebutege Ange na we yongeye gutorerwa kuyobora Akarere ka Huye ku majwi 304 mu gihe Bakundukize Redempta bari bahanganye, yagize amajwi 13, ndetse no mu Karere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yongera gutororerwa kuyobora kariya Karere.

Naho mu Karere ka Gatsibo, Gasana Richard na we akaba yongeye kugirirwa icyizere atorerwa kongera kuyobora aka Karere.

Mu Karere ka Nyamagabe, hatowe Niyomwungeri Hildebrand naho mu Karere ka Gisagara hatorwa Rutaburingoga Jerome.

Mu Karere ka Ngoma hatowe Niyonagira Nathalie, naho mu Karere ka Rulindo hatorwa Judith Mukanyirigira.

ABAYOBOZI B’UTURERE BATOWE

Amajyepfo:

1.Huye: Ange Sebutege
2.Nyanza: Ntazinda Erasme
3.Gisagara: Rutaburingoga Jerome
4.Nyamagabe: Niyomwungeri Hildebrand
5.Nyaruguru: Murwanashyaka Emmanuel
6.Kamonyi: Dr Sylvere Nahayo
7.Muhanga: Jacqueline Kayitare
8.Ruhango: Valens Habarurema

Amajyaruguru

9.Rulindo: Judith Mukanyirigira
10.Gicumbi: Nzabonimpa Emmanuel
11.Gakenke: Nizeyimana Jean Marie Vianney
12.Musanze: Ramuri Janvier
13.Burera: Uwanyirigira Marie Chantal
14.Nyabihu: Mukandayisenga Antoinette

Iburasirazuba

15.Bugesera: Richard Mutabazi
16.Nyagatare: Gasana Stephen
17.Gatsibo: Gasana Richard
18.Ngoma: Niyonagira Nathalie
19.Rwamagana: Mbonyumuvunyi Radjab
20.Kayonza: Nyemazi Jean Bosco
21.Kirehe: Bruno Rangira

Iburengerazuba:

22.Rusizi: Dr Kabiriga Anicet
23.Nyamasheke: Mukamasabo Appolonie
24.Rutsiro: Murekatete Triphose
25.Rubavu: Kambogo Ildephonse
26: Ngororero: Nkusi Christophe
27.Karongi: Vestine Mukarutesi

Nzabonimpa Emmanuel we yatorewe kuyobora Akarere ka Gicumbi
Murwanashyaka Emmanuel watorewe kuyobora Akarere ka Nyaruguru
Gasana Stephen watorewe kuyobora Akarere ka Nyagatare

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 10 =

Previous Post

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Next Post

Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw’abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

by radiotv10
28/04/2026
0

Raporo ya 2025 y’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, igaragaza ko umwaka ushize mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 2.62...

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

by radiotv10
28/04/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje amazina 10 ya mbere yiswe abana bavutse umwaka ushize wa 2025, aho mu bakobwa, iriza...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

by radiotv10
28/04/2026
0

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko hari amafaranga yatawe n’umuntu mu muhanda wa Remera-Giporoso mu Karere ka Gasabo kandi ko yatoraguwe,...

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

by radiotv10
28/04/2026
0

The 2025 report by the Rwanda Development Board (RDB) shows that last year, Rwanda registered investments worth 2.62 billion USD...

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

by radiotv10
28/04/2026
0

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwafunze uwitwa Jean d’Amour ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi, nyuma yuko babaga...

IZIHERUKA

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse
AMAHANGA

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

by radiotv10
28/04/2026
0

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

28/04/2026
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

28/04/2026
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

28/04/2026
Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

28/04/2026
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

28/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw’abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw'abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.