Friday, May 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamwe bari basanzweho: Dore Abayobozi b’Uturere 27 bagiye kuyobora manda y’imyaka 5

radiotv10by radiotv10
19/11/2021
in MU RWANDA
0
Bamwe bari basanzweho: Dore Abayobozi b’Uturere 27 bagiye kuyobora manda y’imyaka 5
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu mu Turere 27 tw’Intara enye z’u Rwanda hakozwe igikorwa cy’amatora y’abagize Komite Nyobozi z’utu Turere aho utu Turere twose turaye tumenye abayobozi batwo barimo abari basanzwe ari Abayobozi b’Uturere biganjemo abo mu Ntara y’Amajyepfo.

Ni amatora yabimburiwe n’irahira ry’abagize Njyanama z’Uturere batowe ari na bo bagombaga kwitoramo Komite Nyobozi z’Uturere barimo Umuyobozi w’Akarere ndetse n’abamwungirije.

Aya matora yabaye kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, hamwe bageze saa sita bamaze kumenya abayobozi b’Uturere nko mu Karere ka Bugesera, Mutabazi Richard yongeye gutorerwa kuyobora kariya Karere.

Mu Karere ka Gicumbi na bo bageze saa Sita bamaze kumenya Mayor wa kariya Karere kagiye kuyoborwa na Nzabonimpa Emmanuel wari usanzwe ari umuyobozi w’ishami rishinzwe imirimo rusange mu Karere ka Gatsibo.

Mu Karere ka Nyagatare na bo bamaze kumenya Umuyobozi wabo, aho hatowe Gasana Stephen, naho mu Karere ka Nyaruguru bakaba batoye Murwanashyaka Emmanuel.

Sebutege Ange na we yongeye gutorerwa kuyobora Akarere ka Huye ku majwi 304 mu gihe Bakundukize Redempta bari bahanganye, yagize amajwi 13, ndetse no mu Karere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yongera gutororerwa kuyobora kariya Karere.

Naho mu Karere ka Gatsibo, Gasana Richard na we akaba yongeye kugirirwa icyizere atorerwa kongera kuyobora aka Karere.

Mu Karere ka Nyamagabe, hatowe Niyomwungeri Hildebrand naho mu Karere ka Gisagara hatorwa Rutaburingoga Jerome.

Mu Karere ka Ngoma hatowe Niyonagira Nathalie, naho mu Karere ka Rulindo hatorwa Judith Mukanyirigira.

ABAYOBOZI B’UTURERE BATOWE

Amajyepfo:

1.Huye: Ange Sebutege
2.Nyanza: Ntazinda Erasme
3.Gisagara: Rutaburingoga Jerome
4.Nyamagabe: Niyomwungeri Hildebrand
5.Nyaruguru: Murwanashyaka Emmanuel
6.Kamonyi: Dr Sylvere Nahayo
7.Muhanga: Jacqueline Kayitare
8.Ruhango: Valens Habarurema

Amajyaruguru

9.Rulindo: Judith Mukanyirigira
10.Gicumbi: Nzabonimpa Emmanuel
11.Gakenke: Nizeyimana Jean Marie Vianney
12.Musanze: Ramuri Janvier
13.Burera: Uwanyirigira Marie Chantal
14.Nyabihu: Mukandayisenga Antoinette

Iburasirazuba

15.Bugesera: Richard Mutabazi
16.Nyagatare: Gasana Stephen
17.Gatsibo: Gasana Richard
18.Ngoma: Niyonagira Nathalie
19.Rwamagana: Mbonyumuvunyi Radjab
20.Kayonza: Nyemazi Jean Bosco
21.Kirehe: Bruno Rangira

Iburengerazuba:

22.Rusizi: Dr Kabiriga Anicet
23.Nyamasheke: Mukamasabo Appolonie
24.Rutsiro: Murekatete Triphose
25.Rubavu: Kambogo Ildephonse
26: Ngororero: Nkusi Christophe
27.Karongi: Vestine Mukarutesi

Nzabonimpa Emmanuel we yatorewe kuyobora Akarere ka Gicumbi
Murwanashyaka Emmanuel watorewe kuyobora Akarere ka Nyaruguru
Gasana Stephen watorewe kuyobora Akarere ka Nyagatare

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 7 =

Previous Post

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Next Post

Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw’abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Related Posts

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

by radiotv10
15/05/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk, uherutse gufatirwa ibihano bitarimo igifungo ariko Ubushinjacyaha bukakijuririra, bwamusabiye gufungwa imyaka...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

by radiotv10
15/05/2026
0

Sosiyete y’ibikorwa by’amahoteli The Lux Collective ifite icyicaro mu Birwa bya Maurice, yaguze amahoteli abiri yo mu Rwanda; Akagera Game...

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

by radiotv10
15/05/2026
0

Mu rubanza ruregwamo abaganga batatu b’Ibitaro bya Nyanza, baregwa icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake kubera umubyeyi wari ku nda bakekwaho...

Ibyitezwe mu myitozo ihuriramo ingabo zirimo iz’u Rwanda, u Burundi na Uganda

Ibyitezwe mu myitozo ihuriramo ingabo zirimo iz’u Rwanda, u Burundi na Uganda

by radiotv10
15/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bwatangije ku mugaragaro imyitozo izwi nka USHIRIKIANO IMARA, yitabiriwe n’Ingabo z’u Rwanda, iz’u Burundi,...

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

by radiotv10
14/05/2026
0

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy uzwi mu gutara no gutangaza amakuru, yasabiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw mu...

IZIHERUKA

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona
FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

by radiotv10
15/05/2026
0

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

15/05/2026
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

15/05/2026
Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

15/05/2026
Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

15/05/2026
Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

15/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw’abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw'abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.