• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru wa Televiziyo y’Abarusiya RT n’umufatira amashusho, barokotse igitero cya misile yari irashwe n’igisirikare cya Israel ikabagwa iruhande ubwo bariho batangaza amakuru y’intambara imbonankubone (live) muri Lebanon.

Amashusho yashyizwe hanze, agaragaza uyu munyamakuru witwa Steve Sweeney na mugenzi we Ali Rida umufatira amashusho kuri televiziyo ya Russia Today, bari gutangaza inkuru mu buryo bwa Live.

Ubwo uyu munyamakuru Steve Sweeney yariho avuga yimvise ikintu gihorera, akabanza guceceka, ubundi igisasu cya rutura kikagwa inyuma ye muri metero nke.

Ni igisasu cyarashwe n’indege y’igisirikare cya Israel ubwo uyu munyamakuru n’itsinda bakorana bariho bafata amashusho hafi y’ikiraro cya Al-Qasmiya, hafi y’ikigo cya gisirikare cyo muri ako gace ko mu majyepfo ya Lebanon.

Rida ufata amashusho (cameraman) yavuze ko igisirikare cya za Israel “cyabarashe kibigambiriye” nubwo bari bambaye imyenda igaragaza ko ari abanyamakuru bari mu kazi kabo kandi bibujijwe.

Camera y’uyu munyamakuru yafashe n’amashusho y’uburyo icyo gisasu cyaguye inyuma ya mugenzi we muri metero zitageze mu icumi, mu gihe undi na we yahise akizwa n’amaguru.

Uyu munyamakuru kimwe n’uwamufashaga gufata amashusho, bakomerekejwe n’ibimanyu by’iki gisacu, aho bari hamwe n’abandi bari kwitabwaho n’abaganga na bo bagizweho ingaruka n’ibitero biri kugabwa muri aka gace.

Nyuma y’iki gitero, uyu ufata amashusho witwa Rida yanasangije abantu amashusho y’abaganga bakura ibisigazwa by’ibyo bisasu mu kuboko kwa mugenzi we Steve Sweeney.

Mu yandi mashusho ya Rida, yavuze ko we na mugenzi Sweeney bameze neza, aseka agira ati “biragaragara ko iyo misile irashwe kuri wowe, urashobora kuyumva.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seventeen =

Previous Post

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Next Post

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Emelyne wamenyekanye nka 'Ishanga' yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.