Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru wa Televiziyo y’Abarusiya RT n’umufatira amashusho, barokotse igitero cya misile yari irashwe n’igisirikare cya Israel ikabagwa iruhande ubwo bariho batangaza amakuru y’intambara imbonankubone (live) muri Lebanon.

Amashusho yashyizwe hanze, agaragaza uyu munyamakuru witwa Steve Sweeney na mugenzi we Ali Rida umufatira amashusho kuri televiziyo ya Russia Today, bari gutangaza inkuru mu buryo bwa Live.

Ubwo uyu munyamakuru Steve Sweeney yariho avuga yimvise ikintu gihorera, akabanza guceceka, ubundi igisasu cya rutura kikagwa inyuma ye muri metero nke.

Ni igisasu cyarashwe n’indege y’igisirikare cya Israel ubwo uyu munyamakuru n’itsinda bakorana bariho bafata amashusho hafi y’ikiraro cya Al-Qasmiya, hafi y’ikigo cya gisirikare cyo muri ako gace ko mu majyepfo ya Lebanon.

Rida ufata amashusho (cameraman) yavuze ko igisirikare cya za Israel “cyabarashe kibigambiriye” nubwo bari bambaye imyenda igaragaza ko ari abanyamakuru bari mu kazi kabo kandi bibujijwe.

Camera y’uyu munyamakuru yafashe n’amashusho y’uburyo icyo gisasu cyaguye inyuma ya mugenzi we muri metero zitageze mu icumi, mu gihe undi na we yahise akizwa n’amaguru.

Uyu munyamakuru kimwe n’uwamufashaga gufata amashusho, bakomerekejwe n’ibimanyu by’iki gisacu, aho bari hamwe n’abandi bari kwitabwaho n’abaganga na bo bagizweho ingaruka n’ibitero biri kugabwa muri aka gace.

Nyuma y’iki gitero, uyu ufata amashusho witwa Rida yanasangije abantu amashusho y’abaganga bakura ibisigazwa by’ibyo bisasu mu kuboko kwa mugenzi we Steve Sweeney.

Mu yandi mashusho ya Rida, yavuze ko we na mugenzi Sweeney bameze neza, aseka agira ati “biragaragara ko iyo misile irashwe kuri wowe, urashobora kuyumva.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + two =

Previous Post

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Next Post

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Emelyne wamenyekanye nka 'Ishanga' yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.