• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

radiotv10by radiotv10
30/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no gukuraho inzitizi zari zashyizwe ku bwikorezi bwo mu nyanja bunyura mu nzira ya Hormuz.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters biravuga ko byagezweho kuri uyu wa 28 Gicurasi 2026, icyakora Perezida Donald Trump ntabwo aratanga uburenganzira bwemeza ubwo bwumvikane.

Ayo masezerano ngo ateganya kongera agahenge ho indi minsi 60 ndetse no gufungura inzira y’amato anyura muri uwo muhora w’ingenzi ku rwego rw’isi.

Ibyo biravugwa mu gihe abahuza impande zombi bagikomeje ibiganiro ku bibazo bikomeye birimo gahunda ya Iran yo gucura intwaro za kirimbuzi n’ibindi bibazo by’umutekano biri hagati ya Tehran na Washington.

Ayo masezerano yo kongera agahenge aramutse yemejwe na Washington na Tehran, yaba ari intambwe ikomeye cyane iganisha ku mahoro kuva intambara yatangira ku wa 28 Gashyantare 2026.

Aya makuru y’uko hashobora kubaho ubwumvikane hagati y’izi mpande zombi aje nyuma y’uruhererekane rw’ibitero impande zombi zakomeje kugabanaho, mu gihe hari hasanzwe agahenge katangiye mu ntangiriro za Mata.

Iran na yo nta cyo iratangaza ku mugaragaro ku by’ayo masezerano yatangajwe, ndetse ikinyamakuru cya Tasnim cyo muri Iran cyatangaje ko amakuru cyahawe n’umwe mu bantu begereye itsinda ry’abari mu biganiro ari ay’uko inyandiko y’ayo masezerano itararangizwa cyangwa ngo yemezwe burundu.

Gusa mu kiganiro yahaye abanyamakuru i Washington, Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, yavuze ko hari amahirwe menshi y’uko ayo masezerano yagerwaho vuba.

Yagize ati: “Ntituragerayo neza, ariko turi hafi cyane kandi tuzakomeza kubikoraho… Muri iki gihe numva ibintu biri kugenda neza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Kwibuka: Hagaragajwe ingero z’abaganga barimo abari bafite amazina akomeye batandukiriye amahame y’umwuga bakambura ubuzima Abatutsi

Next Post

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Kenya: Abanyeshuri umunani bafunzwe bakekwaho uruhare mu nkongi yibasiye inyubako y’ishuri igahitana bagenzi babo 16

Kenya: Abanyeshuri umunani bafunzwe bakekwaho uruhare mu nkongi yibasiye inyubako y’ishuri igahitana bagenzi babo 16

by radiotv10
29/05/2026
0

Polisi ya Kenya yatangaje ko yataye muri yombi abanyeshuri umunani bakekwaho kugira uruhare mu guteza inkongi y’umuriro yibasiye icumbi ry’abanyeshuri...

Next Post
Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.