Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri 906, mu gihe abamaze guhitanwa n’iki cyorezo bageze kuri 223.
Ni imibare yatangajwe kuri uyu wa Gatanu, yerekana ishusho y’iyi Virus ya Ebola yahawe izina rya Bundibugyo gikomeje kugaragaza ubukana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho n’abanduye bavugwa muri Uganda.
Iyi mibare yageze kuri 906 nyuma y’indi mishya yagaragajwe ko hari abantu bashya banduye 125 barimo 17 bemejwe ko bapfuye mu Ntara za Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.
Hari kandi abantu barindwi bemejwe ko banduye Ebola muri Uganda, barimo batatu baturutse muri Congo, ndetse n’undi umwe wapfuye.
Icyorezo cya Ebola mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikekwa ko gishobora kuba cyaradutse mu mezi abiri ashize, nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ryabitangajewa.
Icyorezo cya Ebola kidasanzwe kiswe Bundibugyo, kidafite urukingo kugeza ubu, cyatangajwe na OMS nk’ikibazo gikeneye ingamba rusange zihutirwa cy’ubuzima kandi gishyirwa mu bihangayikishije Isi muri iki gihe.
RADIOTV10





