Sunday, February 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahawe robine babyinira ku rukoma ariko ntibyateye kabiri basubira mu bituma bijujuta

radiotv10by radiotv10
01/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bahawe robine babyinira ku rukoma ariko ntibyateye kabiri basubira mu bituma bijujuta
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko mu myaka ibiri ishize begerejwe amazi meza ariko bayabona mu mezi atarenze abiri kuko robine yahise ipfa bahita bayifunga, none kubona amazi meza bibasaba gutegereza amasaha atari munsi y’ane.

Aba baturage bo mu Midugudu itandukanye y’Akagari ka Kabere, Umurenge wa Kivumu, bagaragaza ko mu myaka ibiri ishize bubakiwe ivomo rusange mu Mudugudu wa Cyato ariko ntiryamaze kabiri kuko ryahise rifungwa.

Bavuga ko ibi byatumye abaturage bo mu Midugudu itandukane irimo n’iyo mu Karere ka Rubavu yose ngo igaruka kuvoma kuri robine iherereye mu Mudugudu wa Kabitare, ibituma bahahurira ari benshi, bigatuma hari n’abahamara amasaha agera kuri ane bategereje kubona amazi nyamara nayo atujuje ubuziranenge.

Nyirabitaro Christine ati “Robine bari bazanye rero yaje gupfa, ubwo twese duhurira hano, ni yo mpamvu amazi ataboneka neza kuko hari nubwo uza ukava hano nka saa yine z’ijoro.”

Nyiramana ati “Bavomaho ari benshi maze ugasanga bari kurwana ku buryo hari n’igihe uyabura ukaburara.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umuganwa Marie Chantal, avuga ko ubuyobozi bugiye kohereza abashinzwe amazi kureba uko iki kibazo gihari kugira ngo gishakirwe umuti.

Yagize ati “Turasaba abashinzwe amazi kujyayo barebe ikibazo gihari babafashe kugicyemura.”

Imibare yatangajwe n’aka Karere ka Rutsiro mu mwaka wa 2024 yagaragazaga ko kageze ku gipimo cya 50% ku baturage bafite amazi meza.

Gahunda ya Guverinoma y’Imyaka 5 yo Kwihutisha Iterambere (NST2) iteganya ko bitarenze mu mwaka wa 2029, ingo zose zo mu Rwanda zizaba zegerejwe amazi meza ku kigero cya 100% aho nibura muri metero 200 mu mijyi na metero 500 mu byaro, abaturage bazaba bafite ivomo rusange.

Robine bari bahawe ntiyamaze kabiri kuko yahise ipfa
Bavuga ko batunva impamvu robine bari bahawe yahise ipfa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    10 months ago

    robinet igafunga igatuma amazi afungwa se? nonejo amazi meza abonetse imicungira ikaba ikibazo?

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 15 =

Previous Post

Mu gutabara abagwiriwe n’inyubako mu Gihugu cyabayemo umutingito hagaragaye ibyumvikana nk’igitangaza

Next Post

Umwe mu bo muri Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo avuga kuri album y’umuhanzi Nyarwanda

Related Posts

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new digital identification registration has officially begun in Kigali, marking a major step in the nationwide rollout of the...

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

by radiotv10
08/02/2026
0

Abasirikare n'Abapolisi b'u Rwanda bongeye kwitabira amarushanwa rya UAE SWAT Challenge riri kubera i Dubai, muri Leta Zunze Ubumwe z'Abaruabu,...

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bakunze kwita Pasiteri, akurikiranyweho kwica umugore...

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamayika (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yasuye abasirikare b'u Rwanda bari mu gace kitwa Trelawny, zagiye...

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

by radiotv10
07/02/2026
0

Walk into any home, bus, or school yard today and you will see it: children holding phones, scrolling, laughing, watching...

IZIHERUKA

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR
FOOTBALL

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

08/02/2026
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

08/02/2026
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

08/02/2026
Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

07/02/2026
Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

07/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bo muri Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo avuga kuri album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bo muri Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo avuga kuri album y’umuhanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.