Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamwe mu babariwe ko bazimurwa ahazubakwa Sitade ya Nyanza bamaze umwaka mu gihirahiro

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bamwe mu babariwe ko bazimurwa ahazubakwa Sitade ya Nyanza bamaze umwaka mu gihirahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Mushirarungu mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, bavuga ko bari babariwe ngo bazimurwe aho batuye kuko hari mu hazubakwa Sitade ya Nyanza, bavuga ko bamaze umwaka, batarishyurwa kandi batemerewe kugira icyo bakorera ku butaka bwabo, mu gihe bagenzi babo bishyuwe ndetse banimutse.

Aba baturage bavuga ko uretse ubukene bari guhura na bwo, banahura n’ikibazo cy’ubujura bukabije bitewe nuko  batuye bonyine kuko bagenzi babo bari baturanye baramaze kwimuka.

Umwe ati “Baratubariye dutegereza ko batwishyura turaheba no guhinga ntitubyemerewe. Ubukene butumereye nabi ndetse n’umutekano wa hano ntiwizewe kuko dutuye twenyine. Ubu ntiwagura n’agatungo kuko abajura bahita bakakwiba bitewe nuko dutuye twenyine.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko ababariwe, bazishyura mu gihe cya vuba, gusa ntagaraza igihe runaka bazaba baboneye amafaranga.

Ati “Ababariwe bazishyurwa vuba ahangaha. Abatarabarirwa ubutaka buracyari ubwabo turi kugenda twishyura bitewe n’ubushobozi buhari, gusa ababariwe amafaranga yabo mu minsi micye turayabaha.”

Iyi sitade ya Nyanza, ni iyo Perezida Kagame yemereye abaturage ubwo yabasuraga. Biteganyijwe ko izubakwa mu Kagari ka Mushirarungu mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza. Izaba itwikiriye yose ndetse ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 20 bicaye neza.

Biteganyijwe ko mu kubaka, igice cy’ikibuga cy’umupira kizatwara miliyari 60 Frw nihiyongeraho ibindi biyigaragiye birimo gymnase, ikibuga cy’imikino gakondo, imihanda, parking n’ibindi, bigere kuri miliyari 146 Frw.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + four =

Previous Post

M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

Next Post

Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero

Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.