Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

radiotv10by radiotv10
25/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rubakurikiranyweho kunyereza miliyoni 88 Frw.

Uretse icyaha cyo kunyeeza umutungo wa SACCO, aba bakorera SACCO Kigeyo, banaregwa gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano muri ubu buriganya bakoze.

Abatawe muri yombi, barimo uwitwa James wayobora iki Kigo cy’Imari cya SACCO Kigeyo, uwitwa Espeance wari ushinzwe kubika amafaranga yo murri iki kigo.

Bairmo kandi uwari ushinzwe ibaruramarri witwa Andre, ndetse n’uwitwa Evariste wari uhagararriye agashami k’iyi SACCO murir Nkora.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rutangaza ko aba bantu uko ari bane bakurikiranywe muri dosiye yo kunyereza 88 356 530 Frw, ndetse n’icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano.

Uru rwego ruvuga ko ibi byaha bifite uruhurirane, kuko mu kunyereza ariya mafarana, bariya bantu bakoresheje inyandiko mpimbano na yo iri mu byaha baregwa.

Iperereza ry’ibanze ryarakozwe, ndetse dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo aba bantu bane, ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha ngo buzabaregere Urukiko rubifitiye ububasha.

RIB kandi yaboneyeho kongera kwibutsa abantu bakora ibyaha nk’ibi byo kunyereza umutungo, ko ibyaha nk’ibi bidashobora kwihanganirwa na gato, kandi ku bufatanye n’izindi nzego, uru rwego ruzakomeza gukurikirana no gufata abazajya bagaragarwaho imigirire nk’iyi.

Ibi byaha uko ari bibiri, bihanishwa ibihano bitandukanye biri hagati y’igifungo cy’imyaka intanu n’icumi, aho nk’icyaha cyo kunyereza umutungo, umuntu ugihamijwe ashobora guhanishwa ikiri hagati y’imyaka irindwi (7) n’icumi (10) ndetse n’ihazabu yikubye inshuro ziri hagati y’eshatu n’eshanu z’agaciro k’umutungo wanyerejwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 7 =

Previous Post

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Related Posts

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

by radiotv10
24/05/2026
0

Mu gihe tukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku rwego rw’akarere...

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
23/05/2026
0

Inama ya Komisiyo ihuriweho ishinzwe ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’u Rwanda n’u Burusiya, yasoje impande zombi zisuzumiye hamwe uko...

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

by radiotv10
23/05/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yamuye mu ntera Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS 742 barimo Abofisiye bakuru 46...

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

by radiotv10
22/05/2026
0

Leta y’u Rwanda yashyizeho abagize itsinda rya komisiyo yo ku rwego rwo hejuru ishinzwe kwiga no gusesengura gahunda yo kwegurira...

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

by radiotv10
22/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko mu gihe cyo gushaka ibyangombwa byo kubaka, nta faranga na rimwe umuntu yakwa, ahubwo...

IZIHERUKA

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?
MU RWANDA

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

24/05/2026
U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

23/05/2026
DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

23/05/2026
Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

23/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.