Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA
0
Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rukozo mu Karere ka Rulindo, abaturage basanze imirambo y’umugore w’imyaka 27 n’abana be babiri ndetse n’ishoka ibari iruhande bikekwa ko bishwe n’umugabo wari warinjiye uyu mugore amuziza kumufuhira.

Abaturanyi ba banyakwigendera witwa Musengimana Gaudelive wari utuye mu Mudugudu wa Gakobo mu Kagari ka Mberuka mu Murenge wa Rukozo mu Karere ka Rulindo, babwiye Radio 1 ko uyu mubyeyi n’abana be babaherukaga kubabona ku wa Gatanu w’icyunweru gishize.

Umwe mu baturanyi, ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 27 Kamena yumvise ingurube yo muri aba baturanyi itaka isa nk’iyishwe n’inzara, ayishyira ubwatsi asanga urugi rw’inzu ikinguye arebyemo imbere ahita abona imirambo y’uyu mugore n’abana be babiri ndetse hagati yabo harimo ishoka.

Uyu muturage yagize ati “Nasanze hakinguye mpamagaye mbura unyikiriza ni ko guhagarara mu mbuga ndebye mu nzu mbona hagaramyemo umuntu ni ko gusubira inyuma nagiye ndi kurira.”

Yahise ajya kumenyesha abandi baturage, na bo bahita bitabaza inzego z’ubuyobozi zihutira kuhagera zisanga ni uyu mubyeyi n’abana be bapfuye.

Aba baturage bavuga ko bashenguwe n’ubu bugizi bwa nabi bwakorewe abaturanyi babo byumwihariko aba bana bari bakiri bato.

Bavuga ko uyu nyakwigendera yari asanzwe afite umugabo babanaga mbere akaza kujya gushakishiriza imibereho mu Mujyi wa Kigali, akaza kwinjirwa n’undi mugabo wamufuhiraga cyane.

Nanone kandi umugabo w’isezerano w’uyu mugore witabye Imana, na we ngo yari aherutse kumusaba kumusinyira ngo agurishe umurima ariko amubera ibamba.

Aba baturage bavuga ko ubugizi bwa nabi muri aka gace buri gufata intera, basaba ko abishe uyu mugore n’abana be bakwiye guhanwa by’intangarugero.

Undi muturage yagize ati “Kandi umuntu nakora n’icyaha, bamuhane tubibone, ubundi aba bantu impamvu bahorana ibi bintu ni uko n’ubu abantu bamaze iminsi bapfa bose, n’abo bajyanye barabagarura.”

Aba baturage bavuga ko hari umuturage wo muri aka gace wari uherutse kwicwa ariko abaketswe kubigiramo uruhare bafunzwe bagahita bafungurwa.

Undi muturage ati “Mu minsi micye barabafunguye baragaruka none ubu bari kurya we yaraboze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judithe waganirije abaturage bo muri aka gace, yavuze ko bibabaje, aboneraho kubasaba kujya batanga amakuru ku ngo zirimo amakimbirane kuko ibibazo nk’ibi akenshi ari yo biba bishingiyeho.

Ati “Ibyo kwinjirwa na byo hakaziramo abandi bagabo bajyaga bakimbirana, mubibona namwe mubizi, mwakoze iki? None ubu turimo turarizwa n’ibyabaye, imirambo itatu koko mu rugo rumwe irimo uruhinja nk’uru.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 16 =

Previous Post

DRC: Vital Kamerhe uherutse gufungurwa yagaragaje umuti w’ibibazo by’umutekano mucye byazanywemo u Rwanda

Next Post

Karongi: Umwarimu wari ugiye kuruhuka saa sita yishwe n’umukobwa amuteye icyuma mu mutima

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Umwarimu wari ugiye kuruhuka saa sita yishwe n’umukobwa amuteye icyuma mu mutima

Karongi: Umwarimu wari ugiye kuruhuka saa sita yishwe n’umukobwa amuteye icyuma mu mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.