• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
06/01/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaza gufatirwa mu Karere ka Nyanza, yakatiwe gufungwa imyaka 15.

Ntarindwa Emmanuel yafashwe muri Gicurasi 2024 nyuma y’imyaka 23 yihisha mu mwobo wari ucukuye mu nzu yabanagamo n’umugore nk’abashakanye.

Icyo gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwavugaga ko Ntarindwa amaze gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994, yahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaza kugaruka mu Rwanda muri 2001 ari na bwo yajyaga kwihisha kwa Mukamana Eugenie ari na ho yafatiwe.

Yahise ashyikirizwa inzego z’ubutabera kugira ngo aburanishwe ku byaha bya Jenoside yakekwagaho, akaba yaraburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana, rwabanje gufata icyemezo ko akurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Uru Rukiko kandi rwaburanishije mu mizi Emmanuel Ntarindwa, aho Ubushinjacyaha bwarugaragarije imikorere y’ibyaha yari akurikiranyweho.

Emmanuel yaregwaga gukora ibyaha bya Jenoside, yakoreye mu zahoze ari Komini za Kigoma na Nyabisindu, aho Ubushinjacyaha bwavuze ko yajyaga kuri za Bariyeri ziciweho Abatutsi mu gihe cya Jenoside, ndetse akaba yari no mu bitero byagiye bihitana inzirakarengane.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana guhamya ibyaha uregwa, rukamukatira gufungwa burundu.

Kuri uyu Mbere Urukiko rwasomye icyemezo cyarwo, ruhamya ibyaha uregwa, ariko ku bwo kwemera ibyaha yakoze no kubisabira imbabazi, rumugabanyiriza igihano, rumukatira igifungo cy’imyaka 15.

Nyuma yo gukatirwa iki gifungo, itangazamakuru ryabajije uyu mugabo niba azajururira iki cyemezo, avuga ko atabifite muri gahunda, ahubwo ko yiteguye kurangiza igihano yakatiwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Next Post

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.