Ikipe ya APR Basketball Club yisanze mu itsinda rya Kalahari Conference mu mikino ya shampiyona ya Afurika ya Basketball, Basketball Africa League (BAL) y’uyu mwaka wa 2026, aho izahura n’amakipe akomeye arimo Al Ahly Ly yo muri Libya.
APR BBC kandi izaba iri mu itsinda rimwe na Petro de Luanda yo muri Angola, Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo, Dar City yo muri Tanzania na Nairobi City Thunder yo muri Kenya.
Imikino yo mu itsinda rya Kalahari izabera kuri SunBet Arena muri Afurika y’Epfo kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 5 Mata 2026. APR izatangira irushanwa ihura na Al Ahly Ly tariki ya 27 Werurwe saa kumi z’umugoroba (16:00 CAT), naho ku munsi nk’uwo, Johannesburg Giants izakina na Dar City saa moya z’ijoro (19:00 CAT).
Mu mikino ya BAL yabaye mu 2025, APR yasoje iri ku mwanya wa gatatu, igaragaza urwego rwiza. Ku rundi ruhande, Petro de Luanda yo yageze ku mukino wa nyuma, ariko itsindwa na Al Ahli Tripoli yo muri Libya yegukana igikombe.
Irushanwa rya BAL 2026 rizitabirwa n’amakipe 12 aturutse mu bihugu 12 bya Afurika, akazahatana mu matsinda abiri ari yo Kalahari na Sahara. Buri tsinda rizakina imikino 15, aho buri kipe izahura n’izindi zose bari mu itsinda rimwe inshuro imwe.
Ikipe ya APR ifite intego yo kongera kwitwara neza no kurenga umusaruro wa 2025, ishaka kugera ku mukino wa nyuma cyangwa no kwegukana igikombe cya BAL ku nshuro ya mbere mu mateka yayo.
Aimee Augustin
RADIOTV10











