Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
27/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe gusa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekadi agiriye uruzinduko mu Bufaransa, Guverinoma y’Igihugu cye yatangaje Juliana Amato Lumumba umukobwa wa Patrice Lumumba, nk’umukandida uzahatana mu Matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Itangazwa ry’uyu mukandida, rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru muri DRC, rivuga ko uyu Juliana Amato Lumumba ari we Mukandida w’iki Gihugu mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa.

Iri tangazo rivuga ko “Guverinoma ya DRC ku mugaragaro kandidatire ya Madame Juliana AMATO LUMUMBA ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie (Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa).

Intumwa ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri DRC, Crispin MBADU PHANZU, yagize ati “mu gutangaza Kandidatire ya Juliana Amato Lumumba, RDC yifuza gutanga umusanzu mu muri Francophonie igezweho, itagira uwo iheza kandi kandi yegereye abaturage. Mu rugendo rwe rwihariye, mu guteza imbere abagore n’urubyiruko, n’icyerekezo cya Francophonie ishyize hamwe, bituma aba Umukandida w’ibikorwa.”

Guverinoma ya DRC ivuga ko Juliana Amato Lumumba afite ubunararibonye mu miyoborere mu nzego za Leta, muri Dipolomasi y’umuco, mu mibanire n’imikoranire mpuzamahanga y’Ibihugu ndetse no mu miyoborere mu by’ubukungu.

Leta ya Congo Kinshasa itangaje Kandidatire y’uyu uzahatana mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, nyuma y’umunsi umwe Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Paris mu Bufaransa, aho yagiranye ibiganiro na Perezida Emmanuel Macron, byanagarutse ku itangwa rya kandidatire y’uzahatana muri aya matora.

Juliana Amato Lumumba w’imyaka 71, ni umukobwa wa Patrice Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa Mbere wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu Mugore yagize imyanya inyuranye ku rwego rwa Minisiteri ku butegetsi bwa Laurent-Désiré Kabila, aho nko mu 1997 yari Minisitiri Wungirije w’Itumanaho n’Itangazamakuru, ndetse akaba yarabaye na Minisitiri w’Uburezi, ndetse akaba yaranabaye Minisitiri w’Ubuco n’Ubugeni.

Kandidatire ya Juliana Amato Lumumba iramutse yemejwe, yazahatana n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo wamaze kwemezwa na Guverinoma y’u Rwanda ko azahatanira manda ya gatatu.

Louise Mushikiwabo wabaye watorewe izi nshingano arimo mu kwezi k’Ukwakira 2018, azwiho kuba yarateje imbere uyu Muryango wa OIF, byumwihariko ukaba wararushijeho kwegera abantu, ndetse no guha ijambo abari n’abategarugori, yanagize urahare mu iterambere ryabo.

Uyu Munyarwandakazi ufite izina rikomeye muri politiki mu Rwanda no mu karere, yabaye Umunyamabanga Mukuru wa OIF, abanje kugira imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, aho yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuva mu 2009 kugeza 2018 ubwo yatorerwaga izi nshingano.

Mushikiwabo wanabaye Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yanabaye Minisitiri w’itangazamakuru muri Guverinoma y’u Rwanda.

Mu kiganiro Louise Mushikiwabo aherutse kugirana na Jeune Afrique yagarutse ku kuba DRC yari yaramaze gutangaza ko izatanga umukandida bazahatana, aho yagize ati “Leta ya Kinshasa, iri gutegura umukandida wayo izatanga ngo duhangane, ibyo ntakibazo ni byiza.  Ibihugu bizihitiramo, reka bazitorere! Mu by’ukuri, ndatekereza ko aya matora ari agamije guha ubuzima OIF.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + eighteen =

Previous Post

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Next Post

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.