Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise
Share on FacebookShare on Twitter

Dushime Burabyo Yvan, ni amazina yose ya nyakwigendera Yvan Buravan wabibye urukundo mu bantu abinyujije mu ndirimbo ze n’ubu zikomeje gufasha benshi nubwo we yamaze kwitaba Imana.

Ijoro ryo ku ya 17 Kanama 2022, ryarizwemo amarira atari macye kubera inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Yvan Buravan wari umaze iminsi arwaye.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022, habaye igitaramo cyo kwizihiza ubuzima bwa Yvan Buravan cyatangiwemo ubuhamya bw’ibyamuranze birimo ubugwaneza, ubupfura, kugira ikinyabupfura no gukunda abantu.

Umubyeyi wa Buravan wagarutse ku buzima bwa bucura bwe wavutse tariki 27 Mata 1995, yavuze ko yavutse bazi ko batazongera kubyara ariko ko byari umugisha.

Ati “Kuri twe wari umugisha kuko twari tugitaha mu Rwanda, abantu batangira kuvuga ngo twabonye intsinzi, ariko ntabwo twari twabipanze.”

Yakomeje agira ati “Twamwise Dushime kuko twashimiraga Imana ko tumubonye. Burya amazina ye ntaba yuzuye iyo udashyizeho Dushime Burabyo Yvan, buryo no mu irangamuntu ye ni ko handitse.”

Uyu mubyeyi wa Buravan avuga ko uyu mwana yari afite umuhamagaro udasanzwe, ati “Ndibuka Data umbyara yigeze kumureba aria kana, arambwira ati ‘kariya kana kazaba akagabo’ nyoberwa aho abikuye, ariko ibyo byose ni byo umuntu agenda abona.”

Yavuze ko bucura bwe Buravan yakuranye umuhate mu byo yakoraga byose aho agereye mu muziki na bwo akabikora atiganda, ndetse na we ubwe akomeza kumushyigikira.

Avuga ko ubwo yatangiraga kugerageza amahirwe yo kubona inzira mu by’umuziki, ubwo yitabiraga irushanwa ryari ryateguwe na Rwandatel, yamuherekezaga kuko we atari azi ahantu henshi kuko atakundaga kuva mu rugo.

 

Yansabye ko dukorana indirimbo ndikanga

Umubyeyi [Se] wa Buravan yanagaragaye mu ndirimbo y’umuhungu we yitwa Garagaza, aho ari na we utangira agaragara mu mashusho yayo avuza umwirongi wa kizungu.

Yavuze ko yatunguwe no kumva umuhungu we amusaba ko bakorana indirimbo.

Ati “Nagiye kumva numva arambwiye ati ‘Papa ndashaka ko dukorana indirimbo’. Ndikanga nti ‘ese bite?’ ati ‘nigeze kubona uvuza rumoneka nagira ngo tuzakorane indirimbo’ nti ‘ese ko rumoneka nayivuzaga nkiri muto nkaba narayibitse, urabona hari ikintu kizavamo?’ byatumye rero nyifata ntangira gukora imyitozo.”

Avuga ko icyamushimishije ari uko iyi ndirimbo yanakunzwe, ati “Ni ukubereka ko no mu rugendo rwe rwa muzika twaramushyigikiraga.”

Uretse umubyeyi wa Buravan, n’abavandimwe be bagarutse ku myitwarire myiza yarangaga nyakwigendera uri buherekezwe bwa nyuma uyu munsi ku wa Gatatu tariki 24 Kanama 2022.

Buravan akiri umwana
Yari amaze kuba umuhanzi w’ikirangirire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 14 =

Previous Post

Rubavu: Amakuru mashya ku mukobwa ‘wabeshyeye’ Gitifu ko yamukuye iryinyo kuko yanze ko baryamana

Next Post

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.