• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

radiotv10by radiotv10
11/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri
Share on FacebookShare on Twitter

Abacamanza babarirwa hejuru y’ijana bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigabije imihanda bajya kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri ishinzwe Imari n’Ingengo y’Imari, bamagana kuba bamaze igihe badahabwa imishahara.

Aba banyamategeko, bavuga ko bamaze amezi ane badahembwa nyamara barashyizweho n’Iteka rya Perezida wa Repubulika ryo ku ya 28 Werurwe 2025.

Mu banyamategeko 2 500 bashyizwe mu nshingano, abo mu Mujyi wa Kinshasa bavuga ko ari bo bamenyeshejwe mu buryo bunyuze mu mucyo ariko kuva icyo gihe batarahembwa.

Kuri uyu wa Kane tariki 10 Nyakanga 2025 ubwo bari mu myigaragambyo, aba bacamanza bagaragaje agahinda kabo barindiwe umutekano na Polisi, aho bari bitwaje ibyapa, amafirimbi na za Vuvuzela basaba kwishyurwa.

Umujyanama wa Minisitiri w’Ingengo y’Imari, yagiye ahaberaga iyi myigaragambyo, asaba abari bayitabiriye ko kuri uyu wa Gatanu hazagira bamwe muri bo bajyayo bakaganira kuri iki kibazo.

Bamwe muri abo banyamategeko bamugaragarije agahinda, aho bamubwiraga ko batumva ukuntu iteka ryashyizweho na Perezida wa Repubulika ritubahirizwa.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umunyamabanga Uhoraho w’Inama Nkuru y’Abacamanza, yasabye aba banyamategeko, kugaragaza ikibazo cyabo banyuze mu nzego ziteganywa n’amategeko z’ubutabera kugira ngo barenganurwe.

Yavuze kandi ko aba banyamategeko bagiye muri iyi myigaragambyo bagomba kuzabibazwa hakurikijwe amabwiriza ngengamyitwarire asanzwe abagenga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + three =

Previous Post

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Next Post

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.