Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

radiotv10by radiotv10
08/04/2026
in MU RWANDA
0
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo yemejwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Tariki 26 Mutarama 2018, Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yatangaje ku mugaragaro inyito yemewe ya Jenoside yakorwe yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Kuva icyo gihe hari bimwe mu Bihugu byakomeje kwinangira ku gukoresha iyi nyito, birimo nka Leta Zunze Ubumwe za America, zakoreshaga izindi mvugo nka ‘Jenoside yo mu Rwanda’.

Ubwo u Rwanda n’Isi yose bibukaga ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubutumwa bwashyizwe hanze na Nick Checker, Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bishinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za America, yakoresheje iyi nyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu muyobozi yavuze ko “yishimiye kugira uruhare kwifatanya n’u Rwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32” aho yavuze ko America “yifatanyije n’Abanyarwanda kuzirikana amahano yabagwiririye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yavuze ko kuri uyu munsi tariki 07 Mata, hazirikanwa inzirakarengane z’Abatutsi barenga miliyoni imwe bishwe muri iki gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’abandi bazize kwitandukanya n’ubutegetsi bubi bwakoze Jenoside.

Ati “Muri iki gihe gikomeye, nifatanyije namwe mwese kuzirikana ubuzima bw’inzirakarengane zishwe, imiryango yazimiye, n’imiryango yasenyutse. Nasuye u Rwanda ubwanjye kandi niboneye imbonankubone ahantu hagaragaza amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi, i Nyamata na Ntarama, hahoze ari insengero za Gatolika aho Abatutsi ibihumbi mirongo bahungiye bakicwa bunyamaswa n’abahezanguni.”

Yatangaje ko ubwe yihagarariye muri ziriya nzibutso, yiboneye amateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda, ndetse ko na we ubwe byamukoze ku mutima mu buryo bukomeye.

Ati “Ibizinga bikiri muri aha hahoze ari ahantu hatagatifu, ntabwo ari ibimenyetso gusa, ahubwo ni gihamya zifatika y’ubuzima bwambuwe abantu, n’ibikorwa bibi byazanywe ahari ahantu ho kumvira ijambo ry’Imana.”

Yavuze ko no ku ruhimbi, ahazwi nka Altar, hagombaga kuba ahantu hatagatifu, hakorewe amarorerwa, hakicirwa abantu hakamenerwa “amaraso y’inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Ati “Ku banyagaturika nanjye ubwanjye ndimo, Altar ntabwo ari ameza asanzwe, ahubwo ni kuri Calvary. Nk’uko kiliziya ibyigisha, buri misa iturwa nk’igitambo ya Yezu Kristu ku musaraba. Kubona altar iriho amaraso y’ikiremwamuntu ni amahano, mu buryo buteye ubwoba, n’aho igitambo cya Kristo n’ubushobozi bw’abantu bwo gukora icyaha bihurira.”

Yakomeje avuga ko kugeza n’uyu munsi Alitari ifatwa nk’ikimenyetso cy’amizero. Kandi ko ijambo rya nyuma rya Yezu, yavugiye ku musaraba, yavuze ko “urupfu rutazongera kubaho ukundi, ahubwo ko hazabaho umuzuko.”

Uyu muyobozi mu buyobozi bwa America, yavuze ko ibyabaye mu Rwanda atari impanuka, ahubwo ko byateguwe n’ubutegetsi bubi bwateguye Jenoside yakorewe Abatutsi bukanayishyira mu bikorwa.

Yatangaje kandi ko ubuyobozi buriho ubu burangajwe imbere n’abahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, bwimakaje ubumwe n’ubwiyunge, none ubu u Rwanda akaba ari Igihugu cy’intangarutero, ndetse ko Leta Zunze Ubumwe za America, zikomeje gufatanya n’Abanyawanda mu bumwe n’ubwiyunge no kwimakaza amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 8 =

Previous Post

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.