Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Byaba ari icyasha kwemerera Koffi gutaramira mu Rwanda- Barasaba ko igitaramo cya K.Olomide gihagarikwa

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in Uncategorized
0
Byaba ari icyasha kwemerera Koffi gutaramira mu Rwanda- Barasaba ko igitaramo cya K.Olomide gihagarikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baharanira uburenganzira bw’abari n’abategarugori mu Rwanda, barasaba ko Leta ihagarika igitaramo cy’umuhanzi w’Ikirangirire Koffi Olomide kubera ibyo avugwaho byo guhohotera ababyinnyikazi be, bakavuga ko kwemerera uyu muririmbyi gutaramira mu Rwanda byaba ari icyasha ku gihugu kizwiho kwimakaza uburenganzira bw’abari n’abategarugori.

Juliette Karitanyi uzwi cyane ku mbuga nkoranyamabaga aharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abagore, yashyize ubutumwa kuri Twitter, agaragaza zimwe mu nkuru zanditswe kuri Koffi Olomide ku byaha akurikiranyweho by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Karitanyi yagize ati “None muzanye Koffi Olomide turi mu minsi 16 y’ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina? Kuki Skol yatera inkunga igitaramo nk’iki mu gihe muzi neza ko uyu mugabo yahamijwe ibyaha byo guhohotera no gushimuta ababyinnyi be bane?”

Juliette Karitanyi, yaboneyeho kwibutsa ko Koffi Olomide ari “Umuntu uzwi mu guhonyora uburenganzira bw’abagore. Muri 2016 yarahagaritswe muri Kenya nyu yo guhohotera umwe mu babyinnyi ku kibuga cy’Indege i Nairobi. Nta mpamvu uyu muntu yaza gutaramira i Kigali, byaba ari igisebo.”

Ubutumwa bwa Juliette Karitanyi, busoza bugira buti “Kwemerera ko uyu muntu aza gutaramira i Kigali, twaba turi gutesha agaciro abo yahohoteye…muhagarike iki gitaramo.”

Tariki 25 z’ukwezi gushize k’Ukwakira, Ubushinjacyaha buburana na Koffi Olomide w’imyaka 65 rukiko rw’ubujurire rwa Versailles i Paris, bwamusabiye gufungwa imyaka umunani.

Koffi Olomide wakunze kuvugwaho ibikorwa byo guhohotera ababyinnyikazi be, akurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina no gufatira abantu aregwa n’abagore bane bahoze ari ababyinyi be ubwo bakoranaga na we mu bitaramo mu Bufaransa.

Igitaramo cya Koffi Olomide giteganyijwe kubera muri Kigali Arena tariki 04 Ukuboza 2021 cyateguwe na Intore Entertainment yatewemo inkunga n’uruganda rwa Skol.

Koffi Olomide avugwaho guhohotera bamwe mu babyinnyikazi be

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Bruce Melodie yateguje abantu indirimbo yatumye havugwa byinshi ko yaba yarakoze ubukwe

Next Post

Marine, Rutsiro na Etincelles FC zakomorewe kwakirira imikino kuri Stade Umuganda hakaza n’abafana

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Marine, Rutsiro na Etincelles FC zakomorewe kwakirira imikino kuri Stade Umuganda hakaza n’abafana

Marine, Rutsiro na Etincelles FC zakomorewe kwakirira imikino kuri Stade Umuganda hakaza n'abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.