Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu by’Ibihangange birimo Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bamenyesheje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko bababajwe n’imbaraga z’umurengera ziherutse gukoreshwa n’inzego z’umutekano z’iki Gihugu ubwo zahanganaga n’abigaragambya, zigakubita abarimo umwana muto zikamugira intere.

Ni nyuma yuko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 20 Gicurasi 2023, i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habaye imyigaragambyo yo kwamagana ibibazo byugarije abaturage birimo imibereho ikomeje guhenda ndetse n’intambara zabaye urudaca.

Muri iyi myigaragambyo, inzego z’umutekano z’iki Gihugu, ziraye mu baturage zishaka kubatatanya, zirabakubita ndetse zirasa n’amasasu, hakomerekeramo benshi.

Leta Zunze Ubumwe za America zasohoye itangazo zivuga ku zababajwe n’imbaraga z’umurengera zakoreshejwe n’izi nzego z’umutekano za Congo.

Itangazo ryashyizwe hanze na Ambasade ya USA muri DRC, ritangira rivuga ko “Leta Zunze Ubumwe za America itewe impungenge n’imbaraga z’umurengeza zakoreshejwe n’inzego z’umutekano mu guhangana n’imyigagarambyo yabereye i Kinshasa ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi, harimo no gukubita umwana muto.”

Nyuma y’iyi myigaragambyo, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho agaragaza abapolisi bari gukubita umwana muto bamukubita imigeri umubiri wose, ubu akaba arembeye mu Bitaro.

USA ikomeza ivuga ko iki Gihugu gisanzwe cyubaha ihame ry’ukwishyira ukizana kw’abantu, mu gukora imyigaragambyo yo mu mahoro, bakagira ubwisanzure bwo kuvuga, ikavuga ko ubu burenganzira ari ntayegayezwa kandi bukwiye kubahwa.

Iki Gihugu kandi cyaboneyeho gushimira Guverinoma ya Congo yihutiye gukurikirana abo mu nzego z’umutekano bagize uruhare muri biriya bikorwa, ubu bakaba bafashwe.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na wo wamaganye imbaraga z’umurengera zakoreshejwe n’inzego z’umutekano muri iriya myigaragambyo, zikabangamira uburenganzira bw’abaturage barimo n’abana.

Uyu Muryango wavuze ko wizeye ko hatangwa ubutabera kuri biriya bikorwa kandi Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu muri DRC agatanga umucyo kuri iki kibazo.

Abapolisi baherutse kugaragara bakubita umwana muto
Babanje kumukurubana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa

Next Post

Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.