Sunday, April 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CYCLING: Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch

radiotv10by radiotv10
05/08/2021
in SIPORO
0
CYCLING: Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda ukina umukino wo gusiganwa ku magare unaheruka mu mikino Olempike 2020 mu Buyapani, Mugisha Moïse yasinye mu ikipe ya ProTouch Continental Pro Cycling Team yo muri Afurika y’Epfo.

Mugisha Moïse wakinaga mu ikipe ya SKOL Adrien Cycling Academy (SACA Team), azakinira ProTouch amarushanwa asigaye muri iyi 2021.

Ikipe ya ProTouch Continental Pro Cycling Team yatangaje ko yamaze kwinjiza Mugisha Moïse mu ikipe yabo nyuma y’uko bashimye ubuhanga afite ku igare n’icyo imibare igaragaza ku musaruro we mu muhanda yaba mu Rwanda no mu marushanwa mpuzamahanga.

Mugisha w’imyaka 24, nyuma yo kuba uwa kabiri muri Tour du Rwanda 2020 no gutwara Grand Prix Chantal Biya 2021, yahise aba nimero ya mbere mu Rwanda mu manota akaba ari uwa 13 muri Afurika.

Mugisha yari mu ikipe y’abakinnyi binjiranye na SACA Team muri Tour du Rwanda 2020 ubwo ikipe kipe yakinaga isiganwa rya mbere rya 2.1, isiganwa yasoje ku mwanya wa kabiri.

Amagare: Mugisha yegukanye “Rwamagana Circuit” mbere yo kwerekeza mu Bufaransa – IMVAHONSHYA

Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch yo muri Afurika y’Epfo

Mu mwaka wa 2018 nibwo Mugisha Moïse yari mu ikipe ya Les Amis Sportifs de Rwamagana mbere yo kuhava ajya muri Fly Cycling Club agakinamo kugeza mu 2019 ubwo yahitaga ajya muri SKOL Adrien Cycling Academy (SACA Team), ikipe imaze imyaka ibiri iri ku rwego rw’amakipe ari mu cyiciro kiri Continental.

Mu 2018, Mugisha yabaye uwa kabiri mu gikombe cya Afurika mu gice cy’aho ikipe ihatana isiganwa n’ibihe (Team Time Trial) anaba uwa gatandatu mu gusiganwa n’ibihe umuntu ku giti cye (Individual Time Trial).

Mu 2019, Mugisha yabaye uwa mbere mu bana batarengeje imyaka 23 muri shampiyona ya Afurika mu gusiganwa umuntu ku giti cye. Aba uwa mbere mu muhanda havanze n’abakuru ahita anaba uwa kabiri mu gusiganwa umuntu ku giti cye muri rusange.

Muri uwo mwaka kandi, Mugisha yarushije abandi amanota mu kuzamuka imisozi muri Tour du Cameroun anaba uwa mbere mu gace ka gatanu ka Tour de l’Espoir 2019.

Moise Mugisha strikes gold at African Championships | SKOL BREWERY

Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch

Muri shampiyona ya Afurika 2019, yari mu ikipe y’u Rwanda yabaye iya kabiri mu gusiganwa n’ibihe (Team Time Trial) aba uwa munani mu gice cyo gusiganwa umuntu ku giti cye (ITT).

Mu 2020 nibwo Mugisha yatwaraga Grand Prix Chantal Biya ari kumwe na Team Rwanda, aba uwagize amanota menshi mu bakiri bato kuko yari yanatwayemo agace ka mbere n’aka kane. Icyo gihe kandi nibwo yabaga uwa kabiri muri Tour du Rwanda 2020.

Muri shampiyona ya Afurika 2021, yafashije Team Rwanda gusoza ku mwanya wa kabiri mu gusiganwa n’ibihe na mixed team relay, aba uwa gatatu mu gusiganwa n’ibihe ku giti cye. Muri uyu mwaka kandi n’ubwo atakinnye Tour du Rwanda 2021, niwe munyarwanda wakinnye imikino Olempike i Tokyo mu Buyapani. Gusa, ntabwo yasoje isiganwa kuko yahuye n’impanuka amaze kugenda ibilometero 140.

Tokyo 2020: Mugisha Moise ntiyasoje isiganwa ryegu - Inyarwanda.com

Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch nyuma yo kuva mu mikino Olempike i Tokyo mu Buyapani

Ubuyobozi bw’ikipe ya ProTouch Continental Cycling Team bwizeye ko Mugisha azitwara neza muri Tour de Bretagne na Circuit des Ardennes iyi kipe izitabira mu Bufaransa.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe bw’i Burayi watanze 588,000,000 FRW yo gufasha impunzi ziri mu nkambi ya Mahama

Next Post

PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

Related Posts

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

by radiotv10
17/04/2026
0

Nubwo Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bamaze imyaka myinshi bahanganiye mu kibuga nk’abakinnyi beza ku isi, ubu iryo hangana riri...

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

by radiotv10
17/04/2026
0

Mu gutangiza amarushanwa ya RDF Liberation Cup ategurwa mu rwego rwo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora, mu mikino yabereye mu Ntara...

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

by radiotv10
17/04/2026
0

Ibiganiro byahurije hamwe ubuyobozi bwa FERWAFA, Perezida wa Rayon Sports, Abdallah Murenzi n’uwa Kiyovu, David Nkurunziza byari bigamije gukemura ikibazo...

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira

by radiotv10
17/04/2026
0

U Rwanda rugiye kwakira irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagabo mu mukino wa Volleyball (CAVB Men's Club Championship)...

Amakipe yose yageze muri 1/2 mu irushanwa ry’i Burayi UEFA Champions Leauge akorana n’u Rwanda

Amakipe yose yageze muri 1/2 mu irushanwa ry’i Burayi UEFA Champions Leauge akorana n’u Rwanda

by radiotv10
16/04/2026
0

Amakipe ane yose yageze muri 1/2 cy’irangiza mu irushanwa rikomeye ku Mugabane w’u Burayi rinakurikirwa na benshi ku Isi rya...

IZIHERUKA

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse
MU RWANDA

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

18/04/2026
Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

18/04/2026
Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

17/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

17/04/2026
Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

17/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Important things to use a bank loan for and get good returns

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.