Wednesday, March 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CYCLING: Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch

radiotv10by radiotv10
05/08/2021
in SIPORO
0
CYCLING: Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda ukina umukino wo gusiganwa ku magare unaheruka mu mikino Olempike 2020 mu Buyapani, Mugisha Moïse yasinye mu ikipe ya ProTouch Continental Pro Cycling Team yo muri Afurika y’Epfo.

Mugisha Moïse wakinaga mu ikipe ya SKOL Adrien Cycling Academy (SACA Team), azakinira ProTouch amarushanwa asigaye muri iyi 2021.

Ikipe ya ProTouch Continental Pro Cycling Team yatangaje ko yamaze kwinjiza Mugisha Moïse mu ikipe yabo nyuma y’uko bashimye ubuhanga afite ku igare n’icyo imibare igaragaza ku musaruro we mu muhanda yaba mu Rwanda no mu marushanwa mpuzamahanga.

Mugisha w’imyaka 24, nyuma yo kuba uwa kabiri muri Tour du Rwanda 2020 no gutwara Grand Prix Chantal Biya 2021, yahise aba nimero ya mbere mu Rwanda mu manota akaba ari uwa 13 muri Afurika.

Mugisha yari mu ikipe y’abakinnyi binjiranye na SACA Team muri Tour du Rwanda 2020 ubwo ikipe kipe yakinaga isiganwa rya mbere rya 2.1, isiganwa yasoje ku mwanya wa kabiri.

Amagare: Mugisha yegukanye “Rwamagana Circuit” mbere yo kwerekeza mu Bufaransa – IMVAHONSHYA

Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch yo muri Afurika y’Epfo

Mu mwaka wa 2018 nibwo Mugisha Moïse yari mu ikipe ya Les Amis Sportifs de Rwamagana mbere yo kuhava ajya muri Fly Cycling Club agakinamo kugeza mu 2019 ubwo yahitaga ajya muri SKOL Adrien Cycling Academy (SACA Team), ikipe imaze imyaka ibiri iri ku rwego rw’amakipe ari mu cyiciro kiri Continental.

Mu 2018, Mugisha yabaye uwa kabiri mu gikombe cya Afurika mu gice cy’aho ikipe ihatana isiganwa n’ibihe (Team Time Trial) anaba uwa gatandatu mu gusiganwa n’ibihe umuntu ku giti cye (Individual Time Trial).

Mu 2019, Mugisha yabaye uwa mbere mu bana batarengeje imyaka 23 muri shampiyona ya Afurika mu gusiganwa umuntu ku giti cye. Aba uwa mbere mu muhanda havanze n’abakuru ahita anaba uwa kabiri mu gusiganwa umuntu ku giti cye muri rusange.

Muri uwo mwaka kandi, Mugisha yarushije abandi amanota mu kuzamuka imisozi muri Tour du Cameroun anaba uwa mbere mu gace ka gatanu ka Tour de l’Espoir 2019.

Moise Mugisha strikes gold at African Championships | SKOL BREWERY

Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch

Muri shampiyona ya Afurika 2019, yari mu ikipe y’u Rwanda yabaye iya kabiri mu gusiganwa n’ibihe (Team Time Trial) aba uwa munani mu gice cyo gusiganwa umuntu ku giti cye (ITT).

Mu 2020 nibwo Mugisha yatwaraga Grand Prix Chantal Biya ari kumwe na Team Rwanda, aba uwagize amanota menshi mu bakiri bato kuko yari yanatwayemo agace ka mbere n’aka kane. Icyo gihe kandi nibwo yabaga uwa kabiri muri Tour du Rwanda 2020.

Muri shampiyona ya Afurika 2021, yafashije Team Rwanda gusoza ku mwanya wa kabiri mu gusiganwa n’ibihe na mixed team relay, aba uwa gatatu mu gusiganwa n’ibihe ku giti cye. Muri uyu mwaka kandi n’ubwo atakinnye Tour du Rwanda 2021, niwe munyarwanda wakinnye imikino Olempike i Tokyo mu Buyapani. Gusa, ntabwo yasoje isiganwa kuko yahuye n’impanuka amaze kugenda ibilometero 140.

Tokyo 2020: Mugisha Moise ntiyasoje isiganwa ryegu - Inyarwanda.com

Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch nyuma yo kuva mu mikino Olempike i Tokyo mu Buyapani

Ubuyobozi bw’ikipe ya ProTouch Continental Cycling Team bwizeye ko Mugisha azitwara neza muri Tour de Bretagne na Circuit des Ardennes iyi kipe izitabira mu Bufaransa.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe bw’i Burayi watanze 588,000,000 FRW yo gufasha impunzi ziri mu nkambi ya Mahama

Next Post

PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

Related Posts

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

by radiotv10
18/03/2026
0

Nyuma y'amezi abiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025 cyabereye muri Morocco, ikipe y'Igihugu ya Senegal yacyambuwe gihabwa iya Morocco...

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

by radiotv10
17/03/2026
0

Ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), habereye ikiganiro n’itangazamakuru cyagarutse ku kwerekana umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda,...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

by radiotv10
16/03/2026
0

Umunyamakuru Leonidas Ndayisaba uzwi mu biganiro bya Siporo akaba umwe mu bafite uburambe mu mwuga w'itangazamakuru, yerecyeje kuri RADIOTV10 mu...

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

by radiotv10
15/03/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko abakinnyi bayo Mugisha Didier na Emery Bayisenge batazagaragara ku mukino wo kuri uyu wa...

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

by radiotv10
15/03/2026
0

Amakipe yabaye ane ya mbere nyuma y’imikino isanzwe ya shampiyona ya volleyball yatangiye guhangana mu mikino ya kimwe cya kabiri...

IZIHERUKA

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2
FOOTBALL

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

by radiotv10
18/03/2026
0

Nyanza: Uwo bivugwa ko ari Umunyekongo arakekwaho amahano adasanzwe

Umusore ukekwaho gusambanya ihene bamubona agakizwa n’amaguru aravugwaho indi myitwarire

17/03/2026
Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

17/03/2026
Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

17/03/2026
Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

17/03/2026
Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

17/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Umusore ukekwaho gusambanya ihene bamubona agakizwa n’amaguru aravugwaho indi myitwarire

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.