• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CYCLING: Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch

radiotv10by radiotv10
05/08/2021
in SIPORO
0
CYCLING: Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda ukina umukino wo gusiganwa ku magare unaheruka mu mikino Olempike 2020 mu Buyapani, Mugisha Moïse yasinye mu ikipe ya ProTouch Continental Pro Cycling Team yo muri Afurika y’Epfo.

Mugisha Moïse wakinaga mu ikipe ya SKOL Adrien Cycling Academy (SACA Team), azakinira ProTouch amarushanwa asigaye muri iyi 2021.

Ikipe ya ProTouch Continental Pro Cycling Team yatangaje ko yamaze kwinjiza Mugisha Moïse mu ikipe yabo nyuma y’uko bashimye ubuhanga afite ku igare n’icyo imibare igaragaza ku musaruro we mu muhanda yaba mu Rwanda no mu marushanwa mpuzamahanga.

Mugisha w’imyaka 24, nyuma yo kuba uwa kabiri muri Tour du Rwanda 2020 no gutwara Grand Prix Chantal Biya 2021, yahise aba nimero ya mbere mu Rwanda mu manota akaba ari uwa 13 muri Afurika.

Mugisha yari mu ikipe y’abakinnyi binjiranye na SACA Team muri Tour du Rwanda 2020 ubwo ikipe kipe yakinaga isiganwa rya mbere rya 2.1, isiganwa yasoje ku mwanya wa kabiri.

Amagare: Mugisha yegukanye “Rwamagana Circuit” mbere yo kwerekeza mu Bufaransa – IMVAHONSHYA

Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch yo muri Afurika y’Epfo

Mu mwaka wa 2018 nibwo Mugisha Moïse yari mu ikipe ya Les Amis Sportifs de Rwamagana mbere yo kuhava ajya muri Fly Cycling Club agakinamo kugeza mu 2019 ubwo yahitaga ajya muri SKOL Adrien Cycling Academy (SACA Team), ikipe imaze imyaka ibiri iri ku rwego rw’amakipe ari mu cyiciro kiri Continental.

Mu 2018, Mugisha yabaye uwa kabiri mu gikombe cya Afurika mu gice cy’aho ikipe ihatana isiganwa n’ibihe (Team Time Trial) anaba uwa gatandatu mu gusiganwa n’ibihe umuntu ku giti cye (Individual Time Trial).

Mu 2019, Mugisha yabaye uwa mbere mu bana batarengeje imyaka 23 muri shampiyona ya Afurika mu gusiganwa umuntu ku giti cye. Aba uwa mbere mu muhanda havanze n’abakuru ahita anaba uwa kabiri mu gusiganwa umuntu ku giti cye muri rusange.

Muri uwo mwaka kandi, Mugisha yarushije abandi amanota mu kuzamuka imisozi muri Tour du Cameroun anaba uwa mbere mu gace ka gatanu ka Tour de l’Espoir 2019.

Moise Mugisha strikes gold at African Championships | SKOL BREWERY

Nimero ya mbere mu Rwanda, Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch

Muri shampiyona ya Afurika 2019, yari mu ikipe y’u Rwanda yabaye iya kabiri mu gusiganwa n’ibihe (Team Time Trial) aba uwa munani mu gice cyo gusiganwa umuntu ku giti cye (ITT).

Mu 2020 nibwo Mugisha yatwaraga Grand Prix Chantal Biya ari kumwe na Team Rwanda, aba uwagize amanota menshi mu bakiri bato kuko yari yanatwayemo agace ka mbere n’aka kane. Icyo gihe kandi nibwo yabaga uwa kabiri muri Tour du Rwanda 2020.

Muri shampiyona ya Afurika 2021, yafashije Team Rwanda gusoza ku mwanya wa kabiri mu gusiganwa n’ibihe na mixed team relay, aba uwa gatatu mu gusiganwa n’ibihe ku giti cye. Muri uyu mwaka kandi n’ubwo atakinnye Tour du Rwanda 2021, niwe munyarwanda wakinnye imikino Olempike i Tokyo mu Buyapani. Gusa, ntabwo yasoje isiganwa kuko yahuye n’impanuka amaze kugenda ibilometero 140.

Tokyo 2020: Mugisha Moise ntiyasoje isiganwa ryegu - Inyarwanda.com

Mugisha Moïse yasinye muri ProTouch nyuma yo kuva mu mikino Olempike i Tokyo mu Buyapani

Ubuyobozi bw’ikipe ya ProTouch Continental Cycling Team bwizeye ko Mugisha azitwara neza muri Tour de Bretagne na Circuit des Ardennes iyi kipe izitabira mu Bufaransa.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe bw’i Burayi watanze 588,000,000 FRW yo gufasha impunzi ziri mu nkambi ya Mahama

Next Post

PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

Related Posts

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

by radiotv10
15/06/2026
0

Ikipe ya Police FC yafashe umwanzuro wo gutandukana n’uwari umutoza wayo Ben Moussa ukomoka muri Tunisia nyuma yo kutagera ku...

Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye

Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye

by radiotv10
14/06/2026
0

Ikipe ya Basketball RSSB Tigers iherutse kwegukana Igikombe mu irushanwa Nyafuruika BAL (Basketball Africa League) yagiranye ubusabane n’Abaturarwanda bayishyigikiye ubwo...

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

by radiotv10
12/06/2026
0

Ikipe y'Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yitabiriye Igikombe cy’Isi...

Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi

Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi

by radiotv10
11/06/2026
0

Imyiteguro yose yamaze kurangira muri Mexique mu gihe abakunzi b'umupira w'amaguru ku isi yose bategereje umukino wo gufungura Igikombe cy'Isi...

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

by radiotv10
10/06/2026
0

Amakipe yo mu Rwanda akomeje kugura abakinnyi ku isoko, aho APR FC yasinyishije Amani Kouadio Kan Michel na Madou Zon,...

Next Post
PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

PHOTOS: Perezida wa Republique Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Haravugwa urupfu rutunguranye rw’abantu batandatu bikekwa ko bishwe n’inzoga banyoye

Eng.-Rwanda and South Africa Foreign Ministers to Hold Bilateral Talks in Pretoria

Impamvu zatanzwe na Ingabire Victoire asaba gusubikirwa urubanza ubushinjacyaha buzibona nk’ubutesi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.