• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in SIPORO
0
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Leonidas Ndayisaba uzwi mu biganiro bya Siporo akaba umwe mu bafite uburambe mu mwuga w’itangazamakuru, yerecyeje kuri RADIOTV10 mu kiganiro Urukiko kiri mu biyoboye mu Rwanda.

Itangazo riha ikaze uyu munyamakuru, ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026.

Biteganyijwe kandi ko uyu munyamakuru ahita atangira akazi guhera kuri uyu wa Mbere, aho agomba kujya akora mu kiganiro 10 Sports [Urukiko] gitambuka ku bitangazamakuru binyuranye bya RADIOTV10 kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatandatu.

Ndayisaba Leonidas ni umwe mu banyamakuru bafite uburambe mu mwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda, dore ko awumazemo imyaka 18.

Yatangiriye umwuga w’itangazamakuru kuri Radio Salus, aho yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda, nyuma yuko iyi radio ishinzwe, akaba ari umwe mu bayigezemo itaramara igihe kinini.

Uyu munyamakuru wanyuze ku bitangazamakuru binyuranye, avuga ko yinjiye muri uyu mwuga w’itangazamakuru kuko yawukunze akiri muto, ndetse akaza kugira amahirwe yo kuryiga muri Kaminuza.

Ubwo yaganiraga na BBC gahuza, muri 2021, Ndayisaba Leonidas yagize ati “N’ubusanzwe nari umukunzi w’umupira w’amaguru kuva nkiri mutoya. Nkura numva radio, numva abogeza umupira nko kuri BBC uwitwa John Nene na Charles Hilary bogezaga ibintu by’imipira cyane, kugeza muri kaminuza mbumva, ndavuga nti ‘nanjye nkwiriye gukora umwuga w’itangazamakuru nkagira icyo mvuga’.”

Ndayisaba yinjiye muri RADIOTV10, agiye gusimbura Roben Ngabo [Ngaboyicondo] wasezeye iki gitangazamakuru mu cyumweru gishize, nyuma yo guhabwa inshingano mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − two =

Previous Post

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Next Post

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.