Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Edouard Ngirente wongeye kugirwa Minisitiri w’Intebe, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yongeye kumugirira, amusezeranya ko azakomeza gukorana umurava mu kuganisha u Rwanda aheza.

Dr Edouard Ngirente yongeye kugirwa Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024, mu itangazo ryatambutse ku Bitangazamakuru by’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Mu butumwa yatanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2024 nyuma y’amasaha macye agizwe Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirenye yashimiye Perezida wa Repubulika kuri iki cyizere yongeye kumugirira.

Yagize ati “Mbikuye ku mutima, ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuba mwongeye kungirira icyizere mukangira Minisitiri w’Intebe.”

Dr Ngirente yakomeje ubutumwa bwe, asezeranya Umukuru w’u Rwanda n’Abanyarwanda, ati “Ndabizeza gukomeza gukorana umurava no kudatezuka mu rugendo rwo guteza imbere u Rwanda.”

Dr Ngirente yinjiye muri Guverinoma bwa Mbere anayikuriye muri Manda ishize ya 2017, akaba yari amaze imyaka irindwi ayoboye Guverinoma y’u Rwanda.

Ni manda yari irimo ibibazo byinshi byugarije Ubukungu, birimo ibibazo rusange nk’icyorezo cya Covid-19, ndetse n’intambara zagiye zaduka mu bice binyuranye ku Isi, zagiye zigira ingaruka ku Bukungu bw’Ibihugu.

Gusa u Rwanda ni kimwe mu Bihugu byabashije guhangana n’ingaruka z’ibi bibazo, rubikesha imiyoborere ireba kure n’ibyemezo by’ubushishozi byagiye bifatwa na Guverinoma, birimo gushyiraho ikigenga nzahurabukungu, ndetse na gahunda yo kunganira ibikorwa bifatiye urunini ubuzima bw’Abanyagihugu birimo ubwikorezi n’ubuhinzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + eight =

Previous Post

Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo

Next Post

Uganda: Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki wari uwa hafi ya Perezida Museveni

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki wari uwa hafi ya Perezida Museveni

Uganda: Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki wari uwa hafi ya Perezida Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.