Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRC: Leta yatumijwe mu rubanza ku byasize imfungwa zirenga 120 zipfira muri Gereza

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in Uncategorized
0
DRC: Leta yatumijwe mu rubanza ku byasize imfungwa zirenga 120 zipfira muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ku kibazo cy’imfungwa zirenga 120 zasize ubuzima muri Gereza ya Makala i Kinshasa muri DRC, izindi nyinshi zigasambanywa, ubwo hari izashakaga gutoroka, rwahamagajwemo Leta y’iki Gihugu.

Uretse kuba Leta yatumijwe muri uru rubanza, Urukiko rwanasabye ko abagizweho ingaruka n’ibi bikorwa, banavurwa byihariye n’inzobere z’ibibazo byo mu mutwe, kandi bakishyurirwa ikiguzi cy’ubuvuzi.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa Gisirikare mu rubanza rwaburanishirijwe kuri Gereza ya Makala kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024.

Mu cyemezo cy’Urukiko, rwategetse ingingo eshatu mbonezamubano, rubona ko zagira umusaruro zitanga mu migendekere myiza y’uru rubanza, kandi rukaba mu mucyo.

Mu cyemezo cyasomwe na Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare rwa Ngaliema i Kinshasa, Capitaine Guy Kweshi, yavuze ko Ubushinjacyaha bugomba gukurikirana izi ngingo eshatu zirimo “kugaragaza amafaranga azishyurirwa abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye kugitsina bavurirwa mu Bitaro bya Gisirikare bya Camp Tshatshi, gutumiza umuyobozi mu nzego za gisirikare ubifite mu nshingano muri Leta ya Congo.”

Umucamanza kandi yategetse ko uru rubanza ruzasubukurwa mu cyumweru gitaha ku wa Mbere tariki 16 Nzeri 2024.

Ni icyemezo cyakiriwe neza n’abanyamategeko bahagarariye uruhande rwa gisivile, bavuze ko bitanga icyizere ku migendekere myiza y’uru rubanza mu nyungu z’abagizweho ingaruka n’ibikorwa byabereye kuri iriya Gereza

Umwe mu banyamategeko baburanira abagizweho ingaruka na biriya bikorwa, Maître Stanislas Mwamba yavuze ko iki cyemezo kiri mu nyungu z’imfungwa z’abagore basambanyijwe.

Yagize ati “Mbere na mbere iki cyemezo kiraha uburenganzira abagizweho ingaruka nk’uruhande rwa gisirivile, kandi biratanga icyizere ko bazahabwa uburenganzira bwabo bwahonyowe, kuko abantu barasambanyijwe.”

Abandi bagarukwaho muri uru rubanza mu ruhande rwa gisivile rw’abagizweho ingaruka n’ibyabaye, barimo abagize ibindi bibazo binyuranye bishinjwa Leta.

Abanyamategeko bunganira izi mpande, barega Inzego za Gisirikare gukoresha imbaraga z’umurengera zatumye bamwe bahasiga ubuzima, ndetse n’uburangare bw’inzego kuri iki kibazo, bikwiye kubazwa Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Next Post

Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we

Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.