Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

radiotv10by radiotv10
19/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahishuye ko mbere yuko Perezida Félix Tshisekedi yitabira ibiganiro by’i Luanda, yabanje guhamagarwa na Yoweri Museveni akamusaba kumwoherereza intumwa kugira ngo amugire inama.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba na Minisitiri w’Itangazamakuru n’itumanaho, Patrick Muyaya yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022 mu kiganiro n’itangazamakuru aho yari kumwe na Minisitiri w’Ubucuruzi, Jean-Lucien Bussa.

Patrick Muyaya wagarutse ku nama Congo iherutse kugirwa na Perezida Yoweri Kaguta Museveni ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bukwiye kuganira na M23, Patrick Muyaya yavuze ko Museveni yifuje gutanga izi nama na mbere y’ibiganiro by’i Luanda.

Yagize ati “Ubwo twitabiraga ibiganiro by’i Luanda hamwe na Perezida wa Repubulika, mu masaha 48 mbere yabyo, Perezida Museveni yavugishije Perezida Tshisekedi amusaba kumwoherereza intymwa kugira ngo baganire ku kibazo cy’umutekano mu barasirazuba anatange igitekerezo cy’umuti.”

Muyaya yakomeje agira ati “Perezida Museveni yatanze igiterekezo gihabanye n’umurongo wacu. Twebwe icya mbere ni ibyavugiwe i Nairobi. M23 igomba kubanza kuva muri Bunagana kuko twanumvikanye ko imirwano ihagara ubwo twari i Luanda.”

Ubwo Perezida Yoweri Kaguta Museveni yakiraga intumwa zoherejwe na Perezida Tshisekedi mu cyumweru gishize tariki 14 Nyakanga, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo n’ibikorwa rusange, Alexis Gisaro wari uziyoboye, yongeye guhamiriza Museveni ko M23 ifashwa n’Igihugu cy’igituranyi.

Alexis Gisaro ubwo yagezaga ijambo kuri Museveni, yamubwiye ko badashobora kurandura iki kibazo cya M23, atabigizemo uruhare bityo ko ari yo mpamvu bari baje kumva inama ze.

Perezida Museveni na we wabwiye izi ntumwa ko Uganda yanyuze mu bihe by’intambara igihe kirekire ndetse ko ari na ko bimeze mu Bihugu byinshi byo mu karere ariko ko nta kiza cy’intamabara, asaba ubuyobozi bwa DRC kuganira na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Next Post

Congo: Umunyapolitiki wise abategetsi amabandi, Umuvugizi wa Guverinoma ati “Birashimangira intambwe y’ubwisanzure”

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Umunyapolitiki wise abategetsi amabandi, Umuvugizi wa Guverinoma ati “Birashimangira intambwe y’ubwisanzure”

Congo: Umunyapolitiki wise abategetsi amabandi, Umuvugizi wa Guverinoma ati “Birashimangira intambwe y’ubwisanzure”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.