Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

radiotv10by radiotv10
27/04/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu, abarwanyi b’Umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bongeye gukozanyaho mu mirwano yabereye mu bice by’i Rutshuru.

Iyi mirwano yubuye mu gihe Guverinoma ya DRC ikomeza ibiganiro n’imitwe irwanya ubutegetsi biri kubera i Nairobi muri Kenya.

Yaba FARDC na M23 baritana bamwana ku watangije iyi mirwano yongeye kubura aho buri ruhande ruvuga ko bamwe bashotoye abandi.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko FRDC ari yo yateye ibirindiro by’uyu mutwe uherutse kubura intambara.

Iyi mirwano yabaye mu duce twa Bugusa na Tchengero muri Teritwari ya  Rutshuru, yatumye abatuye muri ibi bice bava mu byabo barahunga.

Amakuru atangazwa n’Ibinyamakuru byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, hacyumvikana urusaku rw’amasasu.

Umuvugizi wa FARDC muri Kivu ya Ruguru, Colonel Ndjike Guillaume Kaike na we yatangaje ko M23 ari yo yabagabyeho igitero mu birindiro byabo mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu ahana saa cyenda z’ijoro.

Iyi mirwano ikomeje kubera muri DRC mu gihe inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yateranye mu cyumweru gishize, yafashe ibyemezo bigamije kurandura imitwe yose iri muri iki Gihugu cyo mu burengerazuba bw’u Rwanda.

Imyanzuro yafatiwe muri iyi nama, yasabye imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri DRC gushyira hasi intwaro ikayoboka inzira y’ibiganiro n’ubuyobozi bw’iki Gihugu kugira ngo igaragaze icyo irwanira.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres na we aherutse gutegeka iyi mitwe iri muri DRC ikomoka muri iki Gihugu kwitabira ibiganiro by’imishyikirano nta mananiza.

António Guterres kandi yasabye imitwe ikomoka mu Bihigu byo hanze ya DRC gushyira hasi intwaro igahita isubira mu Bihugu yaturutsemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − sixteen =

Previous Post

Niba bazaduha umusifuzi nk’uw’uyu munsi tuzavamo- KNC yongeye kwikoma abasifuzi

Next Post

Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro

Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.