Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

radiotv10by radiotv10
27/04/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu, abarwanyi b’Umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bongeye gukozanyaho mu mirwano yabereye mu bice by’i Rutshuru.

Iyi mirwano yubuye mu gihe Guverinoma ya DRC ikomeza ibiganiro n’imitwe irwanya ubutegetsi biri kubera i Nairobi muri Kenya.

Yaba FARDC na M23 baritana bamwana ku watangije iyi mirwano yongeye kubura aho buri ruhande ruvuga ko bamwe bashotoye abandi.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko FRDC ari yo yateye ibirindiro by’uyu mutwe uherutse kubura intambara.

Iyi mirwano yabaye mu duce twa Bugusa na Tchengero muri Teritwari ya  Rutshuru, yatumye abatuye muri ibi bice bava mu byabo barahunga.

Amakuru atangazwa n’Ibinyamakuru byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, hacyumvikana urusaku rw’amasasu.

Umuvugizi wa FARDC muri Kivu ya Ruguru, Colonel Ndjike Guillaume Kaike na we yatangaje ko M23 ari yo yabagabyeho igitero mu birindiro byabo mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu ahana saa cyenda z’ijoro.

Iyi mirwano ikomeje kubera muri DRC mu gihe inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yateranye mu cyumweru gishize, yafashe ibyemezo bigamije kurandura imitwe yose iri muri iki Gihugu cyo mu burengerazuba bw’u Rwanda.

Imyanzuro yafatiwe muri iyi nama, yasabye imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri DRC gushyira hasi intwaro ikayoboka inzira y’ibiganiro n’ubuyobozi bw’iki Gihugu kugira ngo igaragaze icyo irwanira.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres na we aherutse gutegeka iyi mitwe iri muri DRC ikomoka muri iki Gihugu kwitabira ibiganiro by’imishyikirano nta mananiza.

António Guterres kandi yasabye imitwe ikomoka mu Bihigu byo hanze ya DRC gushyira hasi intwaro igahita isubira mu Bihugu yaturutsemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Niba bazaduha umusifuzi nk’uw’uyu munsi tuzavamo- KNC yongeye kwikoma abasifuzi

Next Post

Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro

Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.