Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FERWAFA yamaganiye kure amakuru yatangajwe n’Umunyamakuru wa Siporo

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
FERWAFA yamaganiye kure amakuru yatangajwe n’Umunyamakuru wa Siporo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaganye amakuru y’ihindurwa ry’inshingano za bamwe mu bakozi b’Ubunyamabanga Bukuru bw’iri shyirahamwe, yatangajwe n’umwe mu banyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda.

Amakuru yo guhindurira inshingano bamwe mu bakozi b’Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA, yatangajwe n’Umunyamakuru Sam Karenzi mu butumwa yatambukije kuri Twitter ye.

Ubu butumwa bwanditswe na Sam Karenzi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe 2022, bwagaragazaga urutonde rw’abakozi 12 b’Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA ndetse n’imyanya bagiye bimurirwamo na zimwe mu mpamvu.

Ubu butumwa burimo ubuvuga ko uwitwa “Umurerwa Ariane: arajya kiuba Secretaire w’Umunyamabanga Mukuru Muhire bafitanye umubano, akaza kuba asimbuye Muramira Nicole.”

Uyu munyamakuru washyizeho igitekerezo giherekeje uru rutonde, yagize ati “Ubwino: Niki kihishe inyuma yo guhindurirwa inshingano ikitaraganya mu bakozi ba FERWAFA.”

Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA bwamaganye aya makuru buvuga ko ari ibihuha.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter ya FERWAFA bwerekana ko aya makuru yatangajwe n’uyu munyamakuru ari ibinyoma, bugira buti “Ubunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA burabeshyuza amakuru ari gucaracara ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bitangazamakuru bimwe, yerekeye ihindurwa ry’inshingano mu bakozi b’ubunyamabanga Bukuru.”

FERWAFA ivuga ko aya makuru y’ibihuha agamije “gukururura umwuka mubi mu bakozi no mu bafatanyabikorwa ba FERWAFA ndetse no kubaca integer.

Ubu butumwa busoza buvuga ko muri iri shyirahamwe, imikorere n’imikoranire y’abakozi bigenda neza ndetse ko bizakomeza kugira ngo bagere ku ntego z’iri shyirahamwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 8 =

Previous Post

Umujyi wa Kigali wabonye Abajyanama basimbura abarimo Nadine wagizwe umuyobozi wa NCDA

Next Post

Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.