Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo n’umugore we batuye i Wasquehal mu majyaruguru y’u Bufaransa, bageze imbere y’urukiko kugira ngo bisobanure ku rupfu rw’imbwa yabo, yishwe n’ubushyuhe bukabije, ubwo bayifungiranaga mu gasanduku.

Uyu mugabo n’umugore we, bitabye Urukiko mpanabyaha rw’i Lille mu Bufaransa, bakekwaho icyaha cy’uburangare bwatumye imbwa ipfa, aho yanatoraguwe n’abapolisi tariki 12 Nyakanga umwaka ushize wa 2022.

Eric Marouani, Perezida w’Ishyirahamwe rishinzwe, ibyo gucirira imbwa rizwi nka Association Rottweiller Adoption, avuga ko uyu muryango ugomba kubazwa iby’urupfu rw’iyi mbwa.

Yagize ati “Kuki baciririye imbwa yo gufata nabi? Ntabwo mbyiyumvisha […] nta kindi gihe nigeze mbibona mu myaka 16 maze nkora izi nshingano, no mu nyamaswa ibihumbi namenye.”

Eric Marouani akomeza avuga ko “Iriya mbwa ntiyagiraga imyitwarie mibi” ku buryo atumva icyatumye uyu muryango ukorera igikorwa cy’ubugome iriya mbwa.

Akomeza avuga ko bagiye bakira ubuhamya ndetse n’amashusho agaragaza uburyo iyi mbwa yafatwaga nabi, arimo agaragaza ko hari igihe bajyaga bayijugunya ku ibaraza ry’inyubako babamo.

Yagize ati “Muri videwo imwe, twabonye umugore ayikubita umugeri ari kwinjira mu nzu. Mu yindi tubona imbwa ifungiranye mu gasanduku, yababaye, byongeyeho kandi yavuye amaraso. Ni ku munsi wa tariki 12 Nyakanga yanapfiriyeho.”

Me Alexandre Demeyere-Honoré wunganira uyu muryango, avuga ko nta kimenyetso na kimwe kigaragaza ko iriya mbwa bayifashe nabi.

Yagize ati “Yego rwose ntabwo uriya muryango waciririye imbwa kugira ngo bayifate nabi. Kandi nta gikomere yigeze isanganwa. Ubwo bayisigaga ku ibaraza nta bushake bari bafite bwo kuyibabaza.”

Uyu munyamategeko avuga ko kuba iriya mbwa yarapfuye, ari ibyago, kandi ko urupfu rwayo rwashenguye uyu muryango wari warayiciririye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 4 =

Previous Post

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Next Post

Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Related Posts

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambassador of The United States of America in the Democratic Republic of Congo has warned that there will be consequences...

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.