Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

GMO irasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye

radiotv10by radiotv10
01/10/2021
in MU RWANDA
0
GMO irasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gishinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (GMO) barasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mugihe batanga akazi ibi ngo babisaba bahereye ku kuba abagore mu bikorera usanga bakiri ku mubare wo hasi.

Ubushakashatsi ku bijyanye n’umurimo bwakozwe n’ikigo cy’iguhugu cy’ibarurishamibare mu 2019,  bugagaraza ko abagore bakiri bake mu guhabwa imirimo mu bigo by’abikorera.

Urugero batanga ni ukuba nko mu gutwara abantu n’ibintu abagore bakiri kuri 3% naho mu bucukuzi abagore bangana na 9% by’abakora aka kazi, icyuho giterwa no kuba mu bikorera  hari abagifite imyumvire y’uko abagore badashoboye ahanini bigaterwa n’umuco.

Agaruka kuri iyi ngingo, Mukandasira Caritas, umugenzuzi wungirije ushinzwe igenzura ry’ihame ry’ubwuzuzanye yagize ati “Iyo tuvuga uburinganire ni uburenganzira bugenda bukagera no kuri nyiri kompanyi kuko burya iyo umuntu akora yumva atekanye, uburenganzira bwe bwubahirijwe 100% na we ibyo akora abikora neza.

Uzi ko hari n’abakoresha bashobora kuvuga bati uyu n’umukobwa simuha akazi kubera ko ari umukobwa gusa…?  icyo rero ni cyo tubashishikariza kugira ngo nabo babahe amahirwe. Niba ari n’ipiganwa amwemerere apiganwe nka musaza we kuko na bo barashoboye kandi baba barize bimwe, baranize hamwe”.

Abagore kuba bimwa amahirwe angana n’ay’abagabo mu kazi bigira ingaruka ku muryango ndetse bigatuma batanatera imbere icyakora ngo hari n’abagore bitinya, abandi bakimwa umwanya n’abakoresha babo n’ubwo hari abagaragaza ko bahaye umugore umwanya kandi bigatanga umusaruro.

Umuhuzabikorwa wa Gifurwe Mining Company, Noel Minani avuga ko kuva cyera abagore batigeze biyumva mu mirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ahanini bakabiterwa n’imiterere y’ako kazi. Gusa ngo mu myaka isaga icumi (10) bamaze batangiye kwimakaza ihame ry’uburinganire hari aho bamaze kugera.

“Kugeza ubu dufite abagore 145 mu bakozi 945, bangana na 22.9%, gusa dufite intego yo kuzagera ku bagore 300, icyo turimo gukora n’ukubakangurira aho bari kugira ngo baze bifatanye natwe dukorane, ikindi ni uko tugerageza kubafasha tuborohereza muri iyo mirimo batamenyereye. Ikindi ni uko bimaze gutanga umusaruro kuko kuba yatwita, yanakonsa ntabwo ari imbogamizi kuri twebwe, wenda urugero nabaha, mu mwaka wa 2019 muri kompanyi yacu umukozi w’umwaka yabaye umugore, iyo rero ni gihamya y’uko bashoboye, ahubwo igisabwa ni uko batinyuka bakaza bagafatanya na basaza babo”. Minani

Pelagie Uwanyirigira, umukozi wa SORWATHE ushinzwe imibereho myiza y’abakozi, avuga ko mbere bari bazi ko mu nzego z’ubuyobozi bukuru nta mugore wajyamo.

Ati “Mu muco wa SORWATHE twari tuzi ko mu nzego z’ubuyobozi bukuru (Senior Management) nta mugore wageramo, ni ko twari tubizi, ariko uyu munsi mu bantu bagize management 9 harimo abagore 2, murumva ko hatewe intambwe kandi ikomeye”

“Ikindi gikomeye muri SORWATHE bashishikarije abagore kwitinyuka no gutinyuka imyanya imwe n’imwe twibwiraga ko ari iy’abagabo gusa, nyuma hazamutse abantu 57, ariko 24.6% muri bo ni abagore, ikindi n’uko hari bagenzi bacu baba batwite kandi bakaza mu kazi, murabizi gukora mu mashini, yagera hagati akazengererwa. Uyu munsi barakora byagera saa yine, bakajya gufata igikoma bagafata n’umugati, bagakomeza gukora nta kibazo” Uwanyirigira

Kugeza ubu mu bigo byinshi by’abikorera abashinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bagaragaza ko abagore hari aho badahabwa akazi bitewe n’imiterere yabo hari ikibazo cy’umuco nyarwanda wasabaga abagore kuguma mu rugo hikarangira abagiye kwiga babaye bake ndetse bigatuma batabasha no kujya mu kazi.

Kugeza ubu ubushakashatsi ku bijyanye n’umurimo bwakozwe 2019 n’ikigo cy’iguhugu cy’ibarurishamibare bugagaraza ko abagore bakiri bake aho bigera no mu guhembwa kuko bwagaragaje ko mu mafaranga ahembwa ku kwezi abagabo bihariye 87% ry’imishahara itangwa kukwezi naho abagore bagahembwa agera kuri 13%.

Inkuru ya Muragijemariya Juventine/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 16 =

Previous Post

CRICKET: U Rwanda rwatangiye rutsindwa na Tanzania mbere yo gucakirana na Nigeria

Next Post

10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.