Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

GMO irasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye

radiotv10by radiotv10
01/10/2021
in MU RWANDA
0
GMO irasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gishinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (GMO) barasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mugihe batanga akazi ibi ngo babisaba bahereye ku kuba abagore mu bikorera usanga bakiri ku mubare wo hasi.

Ubushakashatsi ku bijyanye n’umurimo bwakozwe n’ikigo cy’iguhugu cy’ibarurishamibare mu 2019,  bugagaraza ko abagore bakiri bake mu guhabwa imirimo mu bigo by’abikorera.

Urugero batanga ni ukuba nko mu gutwara abantu n’ibintu abagore bakiri kuri 3% naho mu bucukuzi abagore bangana na 9% by’abakora aka kazi, icyuho giterwa no kuba mu bikorera  hari abagifite imyumvire y’uko abagore badashoboye ahanini bigaterwa n’umuco.

Agaruka kuri iyi ngingo, Mukandasira Caritas, umugenzuzi wungirije ushinzwe igenzura ry’ihame ry’ubwuzuzanye yagize ati “Iyo tuvuga uburinganire ni uburenganzira bugenda bukagera no kuri nyiri kompanyi kuko burya iyo umuntu akora yumva atekanye, uburenganzira bwe bwubahirijwe 100% na we ibyo akora abikora neza.

Uzi ko hari n’abakoresha bashobora kuvuga bati uyu n’umukobwa simuha akazi kubera ko ari umukobwa gusa…?  icyo rero ni cyo tubashishikariza kugira ngo nabo babahe amahirwe. Niba ari n’ipiganwa amwemerere apiganwe nka musaza we kuko na bo barashoboye kandi baba barize bimwe, baranize hamwe”.

Abagore kuba bimwa amahirwe angana n’ay’abagabo mu kazi bigira ingaruka ku muryango ndetse bigatuma batanatera imbere icyakora ngo hari n’abagore bitinya, abandi bakimwa umwanya n’abakoresha babo n’ubwo hari abagaragaza ko bahaye umugore umwanya kandi bigatanga umusaruro.

Umuhuzabikorwa wa Gifurwe Mining Company, Noel Minani avuga ko kuva cyera abagore batigeze biyumva mu mirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ahanini bakabiterwa n’imiterere y’ako kazi. Gusa ngo mu myaka isaga icumi (10) bamaze batangiye kwimakaza ihame ry’uburinganire hari aho bamaze kugera.

“Kugeza ubu dufite abagore 145 mu bakozi 945, bangana na 22.9%, gusa dufite intego yo kuzagera ku bagore 300, icyo turimo gukora n’ukubakangurira aho bari kugira ngo baze bifatanye natwe dukorane, ikindi ni uko tugerageza kubafasha tuborohereza muri iyo mirimo batamenyereye. Ikindi ni uko bimaze gutanga umusaruro kuko kuba yatwita, yanakonsa ntabwo ari imbogamizi kuri twebwe, wenda urugero nabaha, mu mwaka wa 2019 muri kompanyi yacu umukozi w’umwaka yabaye umugore, iyo rero ni gihamya y’uko bashoboye, ahubwo igisabwa ni uko batinyuka bakaza bagafatanya na basaza babo”. Minani

Pelagie Uwanyirigira, umukozi wa SORWATHE ushinzwe imibereho myiza y’abakozi, avuga ko mbere bari bazi ko mu nzego z’ubuyobozi bukuru nta mugore wajyamo.

Ati “Mu muco wa SORWATHE twari tuzi ko mu nzego z’ubuyobozi bukuru (Senior Management) nta mugore wageramo, ni ko twari tubizi, ariko uyu munsi mu bantu bagize management 9 harimo abagore 2, murumva ko hatewe intambwe kandi ikomeye”

“Ikindi gikomeye muri SORWATHE bashishikarije abagore kwitinyuka no gutinyuka imyanya imwe n’imwe twibwiraga ko ari iy’abagabo gusa, nyuma hazamutse abantu 57, ariko 24.6% muri bo ni abagore, ikindi n’uko hari bagenzi bacu baba batwite kandi bakaza mu kazi, murabizi gukora mu mashini, yagera hagati akazengererwa. Uyu munsi barakora byagera saa yine, bakajya gufata igikoma bagafata n’umugati, bagakomeza gukora nta kibazo” Uwanyirigira

Kugeza ubu mu bigo byinshi by’abikorera abashinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bagaragaza ko abagore hari aho badahabwa akazi bitewe n’imiterere yabo hari ikibazo cy’umuco nyarwanda wasabaga abagore kuguma mu rugo hikarangira abagiye kwiga babaye bake ndetse bigatuma batabasha no kujya mu kazi.

Kugeza ubu ubushakashatsi ku bijyanye n’umurimo bwakozwe 2019 n’ikigo cy’iguhugu cy’ibarurishamibare bugagaraza ko abagore bakiri bake aho bigera no mu guhembwa kuko bwagaragaje ko mu mafaranga ahembwa ku kwezi abagabo bihariye 87% ry’imishahara itangwa kukwezi naho abagore bagahembwa agera kuri 13%.

Inkuru ya Muragijemariya Juventine/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eight =

Previous Post

CRICKET: U Rwanda rwatangiye rutsindwa na Tanzania mbere yo gucakirana na Nigeria

Next Post

10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.