Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

GMO irasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye

radiotv10by radiotv10
01/10/2021
in MU RWANDA
0
GMO irasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gishinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (GMO) barasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mugihe batanga akazi ibi ngo babisaba bahereye ku kuba abagore mu bikorera usanga bakiri ku mubare wo hasi.

Ubushakashatsi ku bijyanye n’umurimo bwakozwe n’ikigo cy’iguhugu cy’ibarurishamibare mu 2019,  bugagaraza ko abagore bakiri bake mu guhabwa imirimo mu bigo by’abikorera.

Urugero batanga ni ukuba nko mu gutwara abantu n’ibintu abagore bakiri kuri 3% naho mu bucukuzi abagore bangana na 9% by’abakora aka kazi, icyuho giterwa no kuba mu bikorera  hari abagifite imyumvire y’uko abagore badashoboye ahanini bigaterwa n’umuco.

Agaruka kuri iyi ngingo, Mukandasira Caritas, umugenzuzi wungirije ushinzwe igenzura ry’ihame ry’ubwuzuzanye yagize ati “Iyo tuvuga uburinganire ni uburenganzira bugenda bukagera no kuri nyiri kompanyi kuko burya iyo umuntu akora yumva atekanye, uburenganzira bwe bwubahirijwe 100% na we ibyo akora abikora neza.

Uzi ko hari n’abakoresha bashobora kuvuga bati uyu n’umukobwa simuha akazi kubera ko ari umukobwa gusa…?  icyo rero ni cyo tubashishikariza kugira ngo nabo babahe amahirwe. Niba ari n’ipiganwa amwemerere apiganwe nka musaza we kuko na bo barashoboye kandi baba barize bimwe, baranize hamwe”.

Abagore kuba bimwa amahirwe angana n’ay’abagabo mu kazi bigira ingaruka ku muryango ndetse bigatuma batanatera imbere icyakora ngo hari n’abagore bitinya, abandi bakimwa umwanya n’abakoresha babo n’ubwo hari abagaragaza ko bahaye umugore umwanya kandi bigatanga umusaruro.

Umuhuzabikorwa wa Gifurwe Mining Company, Noel Minani avuga ko kuva cyera abagore batigeze biyumva mu mirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ahanini bakabiterwa n’imiterere y’ako kazi. Gusa ngo mu myaka isaga icumi (10) bamaze batangiye kwimakaza ihame ry’uburinganire hari aho bamaze kugera.

“Kugeza ubu dufite abagore 145 mu bakozi 945, bangana na 22.9%, gusa dufite intego yo kuzagera ku bagore 300, icyo turimo gukora n’ukubakangurira aho bari kugira ngo baze bifatanye natwe dukorane, ikindi ni uko tugerageza kubafasha tuborohereza muri iyo mirimo batamenyereye. Ikindi ni uko bimaze gutanga umusaruro kuko kuba yatwita, yanakonsa ntabwo ari imbogamizi kuri twebwe, wenda urugero nabaha, mu mwaka wa 2019 muri kompanyi yacu umukozi w’umwaka yabaye umugore, iyo rero ni gihamya y’uko bashoboye, ahubwo igisabwa ni uko batinyuka bakaza bagafatanya na basaza babo”. Minani

Pelagie Uwanyirigira, umukozi wa SORWATHE ushinzwe imibereho myiza y’abakozi, avuga ko mbere bari bazi ko mu nzego z’ubuyobozi bukuru nta mugore wajyamo.

Ati “Mu muco wa SORWATHE twari tuzi ko mu nzego z’ubuyobozi bukuru (Senior Management) nta mugore wageramo, ni ko twari tubizi, ariko uyu munsi mu bantu bagize management 9 harimo abagore 2, murumva ko hatewe intambwe kandi ikomeye”

“Ikindi gikomeye muri SORWATHE bashishikarije abagore kwitinyuka no gutinyuka imyanya imwe n’imwe twibwiraga ko ari iy’abagabo gusa, nyuma hazamutse abantu 57, ariko 24.6% muri bo ni abagore, ikindi n’uko hari bagenzi bacu baba batwite kandi bakaza mu kazi, murabizi gukora mu mashini, yagera hagati akazengererwa. Uyu munsi barakora byagera saa yine, bakajya gufata igikoma bagafata n’umugati, bagakomeza gukora nta kibazo” Uwanyirigira

Kugeza ubu mu bigo byinshi by’abikorera abashinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bagaragaza ko abagore hari aho badahabwa akazi bitewe n’imiterere yabo hari ikibazo cy’umuco nyarwanda wasabaga abagore kuguma mu rugo hikarangira abagiye kwiga babaye bake ndetse bigatuma batabasha no kujya mu kazi.

Kugeza ubu ubushakashatsi ku bijyanye n’umurimo bwakozwe 2019 n’ikigo cy’iguhugu cy’ibarurishamibare bugagaraza ko abagore bakiri bake aho bigera no mu guhembwa kuko bwagaragaje ko mu mafaranga ahembwa ku kwezi abagabo bihariye 87% ry’imishahara itangwa kukwezi naho abagore bagahembwa agera kuri 13%.

Inkuru ya Muragijemariya Juventine/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eleven =

Previous Post

CRICKET: U Rwanda rwatangiye rutsindwa na Tanzania mbere yo gucakirana na Nigeria

Next Post

10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.