Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in MU RWANDA
0
Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba
Share on FacebookShare on Twitter

Atete Kagorora Arianah wiga mu mashuri yisumbuye uherutse kwegukana umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, anamushyikiriza igihembo.

Atete yegukanye umwanya wa mbere anahembwa nk’uwahize abandi mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ku Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026 ubwo hasozwaga Inteko Rusange ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango yaberaga muri Tanzania.

Nyuma y’iminsi itatu, kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr Usta Kaitesi yakiriye uyu mwana w’umukobwa, anamushimira uburyo yitwaye neza muri ariya marushanwa.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, yatangaje ko “ku gicamunsi” cyo kuri uyu wa Gatatu “Umunyamabanga wa Leta, Dr Usta Kaitesi yashimiye anahemba Atete Kagorora Arianah, Umunyarwandakazi wiga mu mashuri yisumbuye watsinze amarushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ya 2024 (EAC Essay Writing Competition).”

Ubutumwa bwa MINAFFET buherekejwe n’amafoto arimo igaragaza Dr Usta Kaitesi ashyikiriza uyu mwana mudasobwa, nk’igihembo yagenewe.

Aya marushanwa ngarukamwaka, ategurwa n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, agahuza abanyeshuri biga mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye mu Bihugu bigize uyu Muryango.

Aya marushanwa agamije guteza imbere no kumenyekanisha ibikorwa bya EAC n’akamaro kawo mu rubyiruko rwo mu Bihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba.

Atete Kagorora Arianah yegukanye umwanya wa mbere ahigitse bagenzi be, aho yakoze inyandiko ku gushyira hamwe kw’Ibihugu bigize EAC mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Nyuma yo kwegukana uyu mwanya wa mbere, uyu mwana, yavuze ko ubufatanye bw’Ibihugu bigize EAC ari ishingiro ryo gushaka ibisubizo by’ibibazo byose bishobora kugariza abaturage.

Yagize ati “Atari n’ihindagurika ry’ikirere gusa, ibibazo byose duhura na byo muri EAC, bishobora gukemurwa n’uko twese dufatanyije […] Igihe nandikana iyo essay yanjye nagerageje gusobanura uburyo ubumwe hagati y’Ibihugu byose biri muri EAC ari bwo bushobora gukemura iri hindagurika ry’ikirere.”

Atete ubwo yakirwaga n’Umunyamabanga wa Leta muri MINAFFET, yari aherekejwe n’umubyeyi we ndetse na bamwe mu bayobozi b’ishuri ryisumbuye yigaho.

Dr Usta Kaitesi yashyikirije Atete igihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 18 =

Previous Post

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Related Posts

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

by radiotv10
12/03/2026
0

Rwanda’s Minister of Defence, Juvenal Marizamunda, together with the Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Gen....

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa...

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
12/03/2026
0

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, byagarutse...

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

by radiotv10
11/03/2026
0

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yatangaje ko igitero cy’indege zitagira abapilote cyabereye i Goma muri DRC,...

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

by radiotv10
11/03/2026
0

Umuhanda Nyamasheke- Nyamagabe (hagati y’Intara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo) nturi nyabagendwa nyuma yuko imodoka y’ikamyi igiriye ikibazo ahaziwa nka Gisakura, ikabuza ibindi...

IZIHERUKA

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba
MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
12/03/2026
0

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

12/03/2026
Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

12/03/2026
Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

12/03/2026
U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

12/03/2026
Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

11/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.