• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yatangaje ko igitero cy’indege zitagira abapilote cyabereye i Goma muri DRC, cyongeye gushimangira impungenge z’u Rwanda ku mutekano warwo, nk’uko rwakunze kuzigaragaza.

Ni nyuma y’igitero cyagabwe mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyagabwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026.

Iki gitero cy’indege zitagira abapilote zizwi nka ‘drone’ cyahitanye abantu batatu barimo umukozi wa UNICEF, bikekwa ko cyagabwe n’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ruhanganye n’Ihuriro AFC/M23 rimaze umwaka rigenzura uyu mujyi wa Goma.

Abantu banyuranye barimo n’Imiryango Mpuzamahangange irimo n’Umuryango w’Abibumbye waburiye umuntu muri iki gitero, bakomeje kucyamagana bivuye inyuma.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice; mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, yagaragaje ko kiriya gitero gishimangira impungnge u Rwanda rutahwemye kugaragaza ku mutekano warwo.

Yagize ati “Igitero cya drone cyabereye i Goma muri DRC cyagaragaje ikibazo gikomeye cy’umutekano ku mupaka w’u Rwanda. Mu gihe u Rwanda rushyirwaho igitutu ngo rukureho ingamba zo kwirinda, Ingabo za DRC na FDLR, yagombaga gusenywa hakurikijwe Amasezerano ya Washington bakomeje intambara.”

Nyuma ya kiriya gitero kandi, abayobozi mu nzego zinyuranye mu Ihuroro AFC/M23 bacyamaganye bivuye inyuma, bavuga ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, uretse kuba buri kurenga ku gahenge, ruri no kurengera.

Guverineri Wungirine wa Kivu ya Ruguru mu buyobozi bwashyizweho na AFC/M23, Willy Manzi uri mu bamaganye iki gitero, yasabye umuryango mpuzamahanga ukwiye guhagarika uburyarya, ukareka guhora usaba iri Huriro kubahiriza agahenge, nyamara ukomeje kwibonera ibiriho bikorwa n’abarwanyi b’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje koreka imbaga, bica abasivile b’inzirakarengane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Next Post

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.