Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yatangaje ko igitero cy’indege zitagira abapilote cyabereye i Goma muri DRC, cyongeye gushimangira impungenge z’u Rwanda ku mutekano warwo, nk’uko rwakunze kuzigaragaza.

Ni nyuma y’igitero cyagabwe mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyagabwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026.

Iki gitero cy’indege zitagira abapilote zizwi nka ‘drone’ cyahitanye abantu batatu barimo umukozi wa UNICEF, bikekwa ko cyagabwe n’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ruhanganye n’Ihuriro AFC/M23 rimaze umwaka rigenzura uyu mujyi wa Goma.

Abantu banyuranye barimo n’Imiryango Mpuzamahangange irimo n’Umuryango w’Abibumbye waburiye umuntu muri iki gitero, bakomeje kucyamagana bivuye inyuma.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice; mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, yagaragaje ko kiriya gitero gishimangira impungnge u Rwanda rutahwemye kugaragaza ku mutekano warwo.

Yagize ati “Igitero cya drone cyabereye i Goma muri DRC cyagaragaje ikibazo gikomeye cy’umutekano ku mupaka w’u Rwanda. Mu gihe u Rwanda rushyirwaho igitutu ngo rukureho ingamba zo kwirinda, Ingabo za DRC na FDLR, yagombaga gusenywa hakurikijwe Amasezerano ya Washington bakomeje intambara.”

Nyuma ya kiriya gitero kandi, abayobozi mu nzego zinyuranye mu Ihuroro AFC/M23 bacyamaganye bivuye inyuma, bavuga ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, uretse kuba buri kurenga ku gahenge, ruri no kurengera.

Guverineri Wungirine wa Kivu ya Ruguru mu buyobozi bwashyizweho na AFC/M23, Willy Manzi uri mu bamaganye iki gitero, yasabye umuryango mpuzamahanga ukwiye guhagarika uburyarya, ukareka guhora usaba iri Huriro kubahiriza agahenge, nyamara ukomeje kwibonera ibiriho bikorwa n’abarwanyi b’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje koreka imbaga, bica abasivile b’inzirakarengane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + nine =

Previous Post

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Next Post

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.