Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Angel Mutoni yongewe mu bahanzi bazataramira abazitabira igitaramo ‘World Champs Night Life’ kizaherekeza Shampiyona y’Isi y’amagare, cyanatumiwemo abahanzi bakomeye mu karere Bensoul na Nvirii the storyteller.

Uyu muhanzikazi kandi yiyongereye ku bandi bahanzi Nyarwanda bazaririmba muri iki gitaramo ari bo Kid From Kigali na Shemi.

Iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo gususurutsa abazaba bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare igiye kumara icyumweru ibera mu Mujyi wa Kigali ndetse cyashyizwe ku munsi ubanziriza uwa nyuma wayo.

Uretse Angel Mutoni, Abanya- Kenya Bensoul na Nvirii the storyteller bamaze kwemezwa ko bazacyitabira, abarimo Shemi na Kid from Kigali batangajwe nk’abazafatanya na bo mu gitaramo ‘World Champs Night Life’ kizabera muri Kigali Universe ku wa 27 Nzeri 2025.

Bensoul utegerejwe i Kigali amaze gukorana n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda mu mishinga y’indirimbo, uyu akaba yarifashishije The Ben na Ariel Wayz kuri album ye yise ’The Party & The After Party’.

Bensoul Kandi aherutse gukorana na Alyn Sano indirimbo ‘Chop chop’ iri mu zigezweho muri iyi minsi.

Naho Nviiri the storyteller, si ubwa mbere agiye gutaramira i Kigali, kuko muri 2024 yitabiriye igitaramo cya Kivumbi King cyabereye muri Kigali Universe.

Nviiri the Storyteller ni umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo n’umucuranzi wa gitari wamenyekanye cyane muri 2019 ubwo yinjiraga muri Sol Generation Records, sosiyete y’umuziki yashinzwe n’itsinda rya Sauti Sol.

Yamenyekanye cyane mu ndirimbo ’Extravaganza’ yatumye amenyekana muri Afurika no hanze yayo. Ubu afite imyaka 34, akaba akunze kuririmba injyana za Afropop, Soul na R&B.

Bensoul ategerejwe i Kigali
Na Nviiri the Storyteller
Shemi na we azaririmba muri iki gitaramo
Na Kid From Kigali

Sandy
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

by radiotv10
10/11/2025
0

Nyuma yuko hagiye hanze amashusho y’umuhanzi Yampano, akomeje kuzamura impaka, amakuru aravuga ko kujya hanze kwayo bishobora kuba bifitwemo ukuboko...

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

by radiotv10
10/11/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi Micky n’umukunzi we AG Promoter, basanzwe bazwiho imikino imenyerewe nka ‘Prank’, bamaze impungenge abashobora gukeka ko kwambikana...

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wagarutse gutura mu Rwanda nyuma y’imyaka 12 atarutuyemo, yasezeranyije abakunze ibihangano bye, ko azakomeza umuziki kuko adateze...

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

As 2026 approaches, it’s time for every young woman in Kigali to think about growth, not just in career, but...

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
08/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.