Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

radiotv10by radiotv10
01/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw, yari yajuririye.

Urukiko Rukuru rwaburanishije ubujurire bwa Moses Turahirwa, ni rwo rwagumishijeho iki Gihano cyari cyarafashwe n’ Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

Muri 2024 ni bwo Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Moses Turahirwa ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, rumukatira kiriya gihano, ariko ntiyanyurwa, akijurira mu Rukiko Rukuru.

Uyu muhanga mu guhanga imideri, yaburanye atakambira Urukiko Rukuru guca inkoni izamba rukazamukatira igihano gisubitse, akaba yarekurwa akajya hanze, ndetse agakomeza kwitabwaho n’abaganga bo mu mutwe ku bibazo yasigiwe no gukoresha ibiyobyabwenge.

Moses Turahirwa waburanye yemera bimwe mu bigize ibyaha ashinjwa, mu bujurire yaburanye tariki 16 Werurwe, yemereye Urukiko ko yanyoye ikiyobyabwenge cy’urumogi, ariko ko inshuro zose yakinyoye yabaga ari mu mahanga mu Bihugu byemewe gukoresha ibyo biyobyabwenge.

Ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, Moses yashinjwaga ibishingiye ku ifoto yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaza ko yemerewe ko muri pasiporo ye handikwa ko ari igitsinagore.

Mu kuburana, uregwa yavuze ko icyo yakoze ari uguhindura iriya foto hakoreshejwe imbuga nkoranyambaga, ariko ko umwimerere w’iriya Pasiporo atigeze awuhindura.

Uregwa yavugaga ko ntahandi iyo foto yakoreshejwe ahubwo ko ari ku mbuga nkoranyambaga, bityo ko ntacyaha cyo guhindura inyandiko yakoze.

Moses Turahirwa kandi, uretse iki gihano cy’imyaka itatu cyagumishijweho n’Urukiko Rukuru, yanakatiwe igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe, mu rundi rubanza na rwo yahamijwemo ibyaha bifitanye isano no gukoresha ibiyobyabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda

Next Post

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

by radiotv10
30/03/2026
0

Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama wamenyekanye mu gufasha abahanzi, uherutse kwerura ko yamaze kuyoboka inzira yo gusebya u Rwanda...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.