Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ingingo nyamukuru iri gukorwa mu kugarurira agaciro ifaranga ry’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe ingingo nyamukuru iri gukorwa mu kugarurira agaciro ifaranga ry’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko mu rwego rwo guhangana no guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda imbere y’amadevize, yongereye ingano y’amafaranga yashyiraga mu ivunjisha, iyakuba kabiri.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko kugeza mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023, ifaranga ry’u Rwanda ryari rimaze gutaga agaciro ku rugero rwa 8.76%, mu gihe mu gihembwe cya mbere iri faranga ryari ryataye agaciro ku rugero rwa 3.07%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko hari icyo iyi Banki iri gukora mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo.

Yagize ati “Byabaye ngombwa ko mu kwezi kwa karindwi twongera amadovize dutanga mu mabanki. Ubundi twajyaga dutanga miliyoni eshanu z’amadorali buri cyumweru, ariko ubu twarayazamuye tuyashyira kuri miliyoni icumi. Ndetse ubundi twabikoraga rimwe mu cyumweru, ubu tubikora kabiri mu cyumweru. Iyo urebye gutakaza agaciro mu kwezi kwa karindwi byaragabanutse ugendeye uko byari bimeze mu mezi atandatu abanza.”

BNR igaragaza ko ibi biterwa n’ikibazo kiri mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga. Muri 2021 ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga byari bifite agaciro ka miliyari 2.USD, naho mu mwaka wakurikiyeho bigera kuri miliyari 2.9USD.

Naho ibyo batumije hanze muri 2021, byari bifite agaciro ka miliyari 3.9USD, bigera kuri miliyari 5USD muri 2022. Ukoze imibare yoroshye usanga muri iyo myaka yombi agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga kiyongereyeho miliyoni 800 USD, ariko agacirko k’ibyo u Rwanda rwatumije kiyongereyeho miliyari 1.1USD.

John Rwangombwa yagaragaje ko hari umuti urambye watuma ifaranga ry’u Rwanda rikomeza kugira agaciro imbere y’amadovize, by’umwihariko hakongerwa umusaruro w’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.

Ati “Nubwo Made In Rwanda igenda yongera ubushobozi bw’ibikorerwa hano, ariko umuvuguko w’ibikenerwa uracyari hejuru y’ubushobozi bwo kuba byahita bihinduka bigakorerwa hano. Ni yo mpamvu nyamukuru ituma habaho uguta agaciro. nk’ibi by’ibiribwa twavugaga by’ibiribwa. Iyo ibiribwa byabaye bicye ku isoko, ibiciro birazamuka cyane, ababikeneye baba benshi kurusha ibishobora kuboneka. N’amadovize rero akeneyerwa uyu munsi ni menshi kuruta ayaboneka, bigatuma igiciro cyayo kigenda kizamuka.”

Imibare kuri iyi ngingo igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga byiyongereye ku rugero rwa 5.3% bivuye ku izamuka rya 17.4% mu gihembwe cya mbere.

Ibyo u Rwanda rwatumije byageze ku izamuka rya 9.9% ryiyongera kuri 27.6% ryabayeho mu gihembwe cya mbere. Ibi byatumye ikinyuranyo mu bucuruzi kigera kuri 12.7%. Ibyo byiyongra ku izamuka rya 35% byariho mu gihembwe cya mbere.

John Rwangombwa avuga ko igisubizo kirambye bagitegereje ku mafaranga ava muri serivisi u Rwanda rugurisha abanyamahanga.

Ati “Ku buryo burambye ni ukongera amadovize aza mu Gihugu cyacu. Izi gahunda zo kongera ubukerarugendo bushingiye ku nama, ni ko tugenda twongera amadovize tubona. Kongera ibyo twohereza mu mahanga ni ku buryo burambye.”

Urwego rwitezweho kugira uruhare mu kunagura agaciro k’ifaranga ku isoko; bavuga ko rutanga icyizere.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) Clare Akamazi; ubwo yari mu nama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ubukungu bw’Umugabane wa Afurika, yagaragaje ko nk’urwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku nama, rukomeje gutera imbere.

Yagize ati “Mu myaka icumi ishize byari bigoye ko u Rwanda rwakwakira inama, ariko u Rwanda rwafashe umwanzuro wo gushora imari mu by’indege, ndetse n’ibindi byorohereza inama nka Convention Center, ku bw’ibyo kugeza ubu 15% by’amafaranga dukura mu bukerarugendo; urwego ruri muzitera imbere kurusha izindi mu gihugu; ava muri uru rwego rwo kwakira inama.”

RDB igaragaza ko u Rwanda rwinjije miliyoni 247$ [arenga miliyari 290 Frw mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 aturutse mu bukerarugendo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + seven =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zateye ibiti zinavura abaturage

Next Post

Aryoha asubiwemo: Umunsi wa mbere wa Shampiyona kuri Rayon mu mboni z’umusesezenguzi Kazungu

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubusesenguzi bwa Kazungu nyuma y'isezererwa rya Rayon na APR mu mikino ya Afurika

Aryoha asubiwemo: Umunsi wa mbere wa Shampiyona kuri Rayon mu mboni z’umusesezenguzi Kazungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.