Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ingingo nyamukuru iri gukorwa mu kugarurira agaciro ifaranga ry’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe ingingo nyamukuru iri gukorwa mu kugarurira agaciro ifaranga ry’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko mu rwego rwo guhangana no guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda imbere y’amadevize, yongereye ingano y’amafaranga yashyiraga mu ivunjisha, iyakuba kabiri.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko kugeza mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023, ifaranga ry’u Rwanda ryari rimaze gutaga agaciro ku rugero rwa 8.76%, mu gihe mu gihembwe cya mbere iri faranga ryari ryataye agaciro ku rugero rwa 3.07%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko hari icyo iyi Banki iri gukora mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo.

Yagize ati “Byabaye ngombwa ko mu kwezi kwa karindwi twongera amadovize dutanga mu mabanki. Ubundi twajyaga dutanga miliyoni eshanu z’amadorali buri cyumweru, ariko ubu twarayazamuye tuyashyira kuri miliyoni icumi. Ndetse ubundi twabikoraga rimwe mu cyumweru, ubu tubikora kabiri mu cyumweru. Iyo urebye gutakaza agaciro mu kwezi kwa karindwi byaragabanutse ugendeye uko byari bimeze mu mezi atandatu abanza.”

BNR igaragaza ko ibi biterwa n’ikibazo kiri mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga. Muri 2021 ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga byari bifite agaciro ka miliyari 2.USD, naho mu mwaka wakurikiyeho bigera kuri miliyari 2.9USD.

Naho ibyo batumije hanze muri 2021, byari bifite agaciro ka miliyari 3.9USD, bigera kuri miliyari 5USD muri 2022. Ukoze imibare yoroshye usanga muri iyo myaka yombi agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga kiyongereyeho miliyoni 800 USD, ariko agacirko k’ibyo u Rwanda rwatumije kiyongereyeho miliyari 1.1USD.

John Rwangombwa yagaragaje ko hari umuti urambye watuma ifaranga ry’u Rwanda rikomeza kugira agaciro imbere y’amadovize, by’umwihariko hakongerwa umusaruro w’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.

Ati “Nubwo Made In Rwanda igenda yongera ubushobozi bw’ibikorerwa hano, ariko umuvuguko w’ibikenerwa uracyari hejuru y’ubushobozi bwo kuba byahita bihinduka bigakorerwa hano. Ni yo mpamvu nyamukuru ituma habaho uguta agaciro. nk’ibi by’ibiribwa twavugaga by’ibiribwa. Iyo ibiribwa byabaye bicye ku isoko, ibiciro birazamuka cyane, ababikeneye baba benshi kurusha ibishobora kuboneka. N’amadovize rero akeneyerwa uyu munsi ni menshi kuruta ayaboneka, bigatuma igiciro cyayo kigenda kizamuka.”

Imibare kuri iyi ngingo igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga byiyongereye ku rugero rwa 5.3% bivuye ku izamuka rya 17.4% mu gihembwe cya mbere.

Ibyo u Rwanda rwatumije byageze ku izamuka rya 9.9% ryiyongera kuri 27.6% ryabayeho mu gihembwe cya mbere. Ibi byatumye ikinyuranyo mu bucuruzi kigera kuri 12.7%. Ibyo byiyongra ku izamuka rya 35% byariho mu gihembwe cya mbere.

John Rwangombwa avuga ko igisubizo kirambye bagitegereje ku mafaranga ava muri serivisi u Rwanda rugurisha abanyamahanga.

Ati “Ku buryo burambye ni ukongera amadovize aza mu Gihugu cyacu. Izi gahunda zo kongera ubukerarugendo bushingiye ku nama, ni ko tugenda twongera amadovize tubona. Kongera ibyo twohereza mu mahanga ni ku buryo burambye.”

Urwego rwitezweho kugira uruhare mu kunagura agaciro k’ifaranga ku isoko; bavuga ko rutanga icyizere.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) Clare Akamazi; ubwo yari mu nama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ubukungu bw’Umugabane wa Afurika, yagaragaje ko nk’urwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku nama, rukomeje gutera imbere.

Yagize ati “Mu myaka icumi ishize byari bigoye ko u Rwanda rwakwakira inama, ariko u Rwanda rwafashe umwanzuro wo gushora imari mu by’indege, ndetse n’ibindi byorohereza inama nka Convention Center, ku bw’ibyo kugeza ubu 15% by’amafaranga dukura mu bukerarugendo; urwego ruri muzitera imbere kurusha izindi mu gihugu; ava muri uru rwego rwo kwakira inama.”

RDB igaragaza ko u Rwanda rwinjije miliyoni 247$ [arenga miliyari 290 Frw mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 aturutse mu bukerarugendo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 16 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zateye ibiti zinavura abaturage

Next Post

Aryoha asubiwemo: Umunsi wa mbere wa Shampiyona kuri Rayon mu mboni z’umusesezenguzi Kazungu

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubusesenguzi bwa Kazungu nyuma y'isezererwa rya Rayon na APR mu mikino ya Afurika

Aryoha asubiwemo: Umunsi wa mbere wa Shampiyona kuri Rayon mu mboni z’umusesezenguzi Kazungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.